• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Kuri iki cyumweru tariki ya 2 Ukwakira, Polisi ikorera mu karere ka Ruhango, ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa bayo bashoje icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda. Iki cyumweru kikaba cyari cyatangijwe nyuma y’aho bigaragariye ko, mu mihanda yo muri aka karere ikomeje kurangwa n’ubwiyongere bw’impanuka n’ubwo nta bantu zahitanye.

Iki cyumweru rero akaba wari umwanya wo gutangirwamo ubutumwa ku batwara ibinyabiziga kugira ngo bubahirize amategeko y’umuhanda hagamijwe kwirinda impanuka; cyaranzwe kandi no kwigisha mu bigo by’amashuli bituriye umuhanda munini wa kaburimbo uburyo abana bakwiye gukoresha umuhanda badateje impanuka, kwibutsa abaturage ko atari byiza kubaka basatira umunda kuko byabakururira impanuka, ni ubutumwa kandi bwari bugenewe n’abanyamaguru bose bakoresha umuhanda n’abaturage muri rusange.

Aha, ibigo by’amashuri byahawe ibiganiro ni ibituriye umuhanda munini ari byo Ecole des Sciences Byimana, Ecole Technique de Mukingi, G.S Mukingi na G.S Munini.

Iki cyumweru kandi cyaranzwe n’ibikorwa byo kugenzura ibinyabiziga bitujuje ibyangombwa haba ku mihanda mito(y’igitaka) n’umunini(wa kaburimbo) cyane cyane babakangurira kwirnda umuvuduko ukabije no n’ubusinzi bugenda burangwa kuri benshi mu bakora uyu mwuga.

Mu muhango wo gusoza ku mugaragaro iki cyumweru, umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ruhango, Chief Inspector of Police(CIP) Jean Bosco Ndayisabye mu ijambo rye, yavuze ko iki cyumweru kibaye ingirakamaro kuko impanuka zo mu muhanda zagabanyutse ku buryo bugaragara ugereranyije n’izari zihari mu mezi atatu ashize, aho mu kwezi Nyakanga habaye impanuka 7, hakomereka 4, hapfa umuntu umwe; muri Kanama habaye impanuka 4 hakomereka umuntu umwe ariko hapfa 5; muri Nzeli habaye impanuka 2, hakomereka 3 maze hapfa abantu 7; mu gihe iki cyumweru cyose nta mpanuka n’imwe ibayemo.

CIP Ndayisabye akaba yarakomeje avuga ko no mu gihe kiri imbere, uku gushyira hamwe kuzakomeza kurushaho kugira ngo habeho kwirinda impanuka zo mu muhanda hagamijwe kurengera ubuzima bw’abaturarwanda.

Yagize ati:” Turasaba by’umwihariko abamotari bamwe na bamwe badahesha agaciro umwuga wabo, kwisubiraho bakubahiriza amategeko y’umuhanda kuko hari aho byagaragaye ko banga guhagarara mu gihe abapolisi babahagaritse bashaka kubagira inama, ibi ntibizongere.”

-4219.jpg

Yongeye agira ati:”Turihanangiriza abajya mu muhanda bagatwara banyoye ibisindisha ku buryo bukabije ko bazajya bashaka ababafasha gutwara ibinyabiziga byabo ndetse natwe nka Polisi tuzabafasha kugera mu ngo zabo amahoro; ariko babicikeho.”

Iki cyumweru kandi cyashojwe n’umukino w’umupira w’amaguru yabaye hagati y’ikipe y’abamotari bakorera mu karere ka uhango, n’ikipe y’abapolisi bakorera muri ako karere, ukaba wararangiye ku nsinzi y’abapolisi, aho batsinze abamotari ibitego 3 kuri 1.

RNP

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC
Amakuru

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC

Ubwanditsi 02 Jan 2023
Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi
Amakuru

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru