• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Kuri iki cyumweru tariki ya 2 Ukwakira, Polisi ikorera mu karere ka Ruhango, ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa bayo bashoje icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda. Iki cyumweru kikaba cyari cyatangijwe nyuma y’aho bigaragariye ko, mu mihanda yo muri aka karere ikomeje kurangwa n’ubwiyongere bw’impanuka n’ubwo nta bantu zahitanye.

Iki cyumweru rero akaba wari umwanya wo gutangirwamo ubutumwa ku batwara ibinyabiziga kugira ngo bubahirize amategeko y’umuhanda hagamijwe kwirinda impanuka; cyaranzwe kandi no kwigisha mu bigo by’amashuli bituriye umuhanda munini wa kaburimbo uburyo abana bakwiye gukoresha umuhanda badateje impanuka, kwibutsa abaturage ko atari byiza kubaka basatira umunda kuko byabakururira impanuka, ni ubutumwa kandi bwari bugenewe n’abanyamaguru bose bakoresha umuhanda n’abaturage muri rusange.

Aha, ibigo by’amashuri byahawe ibiganiro ni ibituriye umuhanda munini ari byo Ecole des Sciences Byimana, Ecole Technique de Mukingi, G.S Mukingi na G.S Munini.

Iki cyumweru kandi cyaranzwe n’ibikorwa byo kugenzura ibinyabiziga bitujuje ibyangombwa haba ku mihanda mito(y’igitaka) n’umunini(wa kaburimbo) cyane cyane babakangurira kwirnda umuvuduko ukabije no n’ubusinzi bugenda burangwa kuri benshi mu bakora uyu mwuga.

Mu muhango wo gusoza ku mugaragaro iki cyumweru, umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ruhango, Chief Inspector of Police(CIP) Jean Bosco Ndayisabye mu ijambo rye, yavuze ko iki cyumweru kibaye ingirakamaro kuko impanuka zo mu muhanda zagabanyutse ku buryo bugaragara ugereranyije n’izari zihari mu mezi atatu ashize, aho mu kwezi Nyakanga habaye impanuka 7, hakomereka 4, hapfa umuntu umwe; muri Kanama habaye impanuka 4 hakomereka umuntu umwe ariko hapfa 5; muri Nzeli habaye impanuka 2, hakomereka 3 maze hapfa abantu 7; mu gihe iki cyumweru cyose nta mpanuka n’imwe ibayemo.

CIP Ndayisabye akaba yarakomeje avuga ko no mu gihe kiri imbere, uku gushyira hamwe kuzakomeza kurushaho kugira ngo habeho kwirinda impanuka zo mu muhanda hagamijwe kurengera ubuzima bw’abaturarwanda.

Yagize ati:” Turasaba by’umwihariko abamotari bamwe na bamwe badahesha agaciro umwuga wabo, kwisubiraho bakubahiriza amategeko y’umuhanda kuko hari aho byagaragaye ko banga guhagarara mu gihe abapolisi babahagaritse bashaka kubagira inama, ibi ntibizongere.”

-4219.jpg

Yongeye agira ati:”Turihanangiriza abajya mu muhanda bagatwara banyoye ibisindisha ku buryo bukabije ko bazajya bashaka ababafasha gutwara ibinyabiziga byabo ndetse natwe nka Polisi tuzabafasha kugera mu ngo zabo amahoro; ariko babicikeho.”

Iki cyumweru kandi cyashojwe n’umukino w’umupira w’amaguru yabaye hagati y’ikipe y’abamotari bakorera mu karere ka uhango, n’ikipe y’abapolisi bakorera muri ako karere, ukaba wararangiye ku nsinzi y’abapolisi, aho batsinze abamotari ibitego 3 kuri 1.

RNP

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]

Ubwanditsi 12 Nov 2018
U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Ubwanditsi 22 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max
HIRYA NO HINO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize
Mu Mahanga

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru