• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangiye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mihigo yasinywe tariki ya 8 uku kwezi, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali n’uturere tuwugize aritwo Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro. Imihigo yard igamije gukomeza kwita ku isuku no kubungabunga umutekano mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo bari mu kiganiro kuri Radio Rwanda mu gitondo cyo kuwa kane tariki ya 11 Kanama, abari bahagarariye izi nzego uko ari ebyiri bagarutse kuri ubwo bukangurambaga ndetse n’ibikorwa bigamije ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo.

Imihigo yashyizweho umukono na Polisi y’u Rwanda,umujyi wa Kigali ndetse n’Uturere dutatu, ihuriza hamwe impande zose bashyira imbaraga hamwe mu bikorwa bitandukanye birimo imikorere myiza ya komite z’abaturage zo kwicungira umutekano no gukumira ibyaha (CPC’s), ikorwa neza ry’amarondo, kurwanya ibiyoyabwenge, kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’irishingiye ku gitsina, Kubahiriza amabwiriza ajyanye n’urusaku, kurwanya no gukumira ko abana batarageza imyaka y’ubukure bahabwa ibisindisha, kurwanya inkongi z’imiriro, kugenzura ko umutekano wubahirizwa no kubahiriza umutekano wo mu muhanda.

Avuga uko iyo mihigo izashyirwa mu bikorwa ubwo yari muri icyo kiganiro; Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha yavuze ko bizafasha mu kumenya no gushakira hamwe ibisubizo by’ahantu hose hirya no hino mu tugari hacururizwa ibiyobyabwenge, aho bituruka ndetse n’abantu bakora ibyaha by’ ubucuruzi bwabyo.

ACP Damas Gatare yakomeje avuga ko ubu bukangurambaga buzahabwa abaturage mu gihe cy’umuganda, buzanatangirwa kandi ku bigo by’amashuri, ku dusanteri tw’ubucuruzi, bikaba binateganyijwe ko hazanashyirwaho amatsinda menshi yo kurwanya ibiyobyabwenge mu tugari, mu mashuri, no mu mashyirahamwe atandukanye y’urubyiruko.

Yakomeje avuga ko mu tubari, mu tubyiniro n’ahandi abantu bidagadurira hazashyirwa ibyapa biriho ubutumwa bubuza abantu kugurisha no guha ibisindisha uwo ariwe wese utarageza ku myaka 18 y’ubukure. Yavuze kandi ko bazagirana inama n’amashyirahamwe y’urubyiruko, aho bazabigisha ububi bw’ibisindisha ku bakiri bato bityo bakabakangurira kutabinywa. Ku birebana no kwirinda urusaku rukabije, yavuze ko abafite inzu zirimo insengero n’izindi nk’utubyiniro, bazasabwa kuzishyiramo ibikoresho bituma urusaku rudasohoka ngo rukwirakwire hirya no hino hanze ngo ku buryo hazanashyirwaho itsinda rizagenzura iyubahirizwa ryo kugabanya urwo urusaku.

Kumenya no kunga imiryango ibana mu makimbirane, Kugenzura imikorere y’amarondo, Kubahiriza gahunda zo gucana amatara ku mihanda no mu ngo, gushyiraho gahunda zo guca uburaya n’ubwomanzi, gusabiriza no gukura abana mu muhanda, bazafashwa kwibumbira hamwe no gukora ubucuruzi bwemewe n’amategeko bagana amasoko yabubakiwe n’ibindi. Ibyo ni bimwe mu bikorwa biteganyijwe muri ubu bukangurambaga buzamara amezi atandatu, aho biteganyijwe ko hazatangwa ibihembo kuva ku rwego rwo hasi kugera ku rwego rw’akarere mu kwezi kw’Ukuboza kubazaba barushije abandi kubazarusha abandi kubishyira mu bikorwa.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Judith Kazayire, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kugenzura bakamenya ko ibikubiye mu mihigo byose byubahirizwa bikanashyirwa mu bikorwa bityo ibyateganyijwe bikagerwaho.

Imihigo yasinywe hagati y‘imirenge 35 y’Umujyi wa Kigali n’uturere twawo, nayo ikubiye mu yashyizweho umukono hagati y’impande zose uko ari eshatu (Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere tuwugize)

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yavuze ko isuku n’umutekano bifite akamaro kanini mu iterambere ririmo kwihuta cyane muri iki gihe ry’Umujyi wa Kigali.

-3619.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha

Yakomeje avuga ko hazabaho ubukangurambaga bw’abaturage ku bijyanye n’isuku no kurengera ibidukikije binyuze mu bitangazamakuru, mu mahugurwa, ndetse no mu muganda wihariye, aho abaturage bazakangurirwa kugira isuku rusange, gukoresha neza no gufata amazi, isuku y’ubwiherero, amabagiro, utubari, amasoko n’ahandi.

RNP

2016-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI

Zimwe mu mpamvu zaba zaratumye Maj Gen Richard Rutatina akurwa kumwanya wa DMI

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B

Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Ubwanditsi 03 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019
‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame
Mu Rwanda

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru