• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangiye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mihigo yasinywe tariki ya 8 uku kwezi, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali n’uturere tuwugize aritwo Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro. Imihigo yard igamije gukomeza kwita ku isuku no kubungabunga umutekano mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo bari mu kiganiro kuri Radio Rwanda mu gitondo cyo kuwa kane tariki ya 11 Kanama, abari bahagarariye izi nzego uko ari ebyiri bagarutse kuri ubwo bukangurambaga ndetse n’ibikorwa bigamije ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo.

Imihigo yashyizweho umukono na Polisi y’u Rwanda,umujyi wa Kigali ndetse n’Uturere dutatu, ihuriza hamwe impande zose bashyira imbaraga hamwe mu bikorwa bitandukanye birimo imikorere myiza ya komite z’abaturage zo kwicungira umutekano no gukumira ibyaha (CPC’s), ikorwa neza ry’amarondo, kurwanya ibiyoyabwenge, kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’irishingiye ku gitsina, Kubahiriza amabwiriza ajyanye n’urusaku, kurwanya no gukumira ko abana batarageza imyaka y’ubukure bahabwa ibisindisha, kurwanya inkongi z’imiriro, kugenzura ko umutekano wubahirizwa no kubahiriza umutekano wo mu muhanda.

Avuga uko iyo mihigo izashyirwa mu bikorwa ubwo yari muri icyo kiganiro; Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha yavuze ko bizafasha mu kumenya no gushakira hamwe ibisubizo by’ahantu hose hirya no hino mu tugari hacururizwa ibiyobyabwenge, aho bituruka ndetse n’abantu bakora ibyaha by’ ubucuruzi bwabyo.

ACP Damas Gatare yakomeje avuga ko ubu bukangurambaga buzahabwa abaturage mu gihe cy’umuganda, buzanatangirwa kandi ku bigo by’amashuri, ku dusanteri tw’ubucuruzi, bikaba binateganyijwe ko hazanashyirwaho amatsinda menshi yo kurwanya ibiyobyabwenge mu tugari, mu mashuri, no mu mashyirahamwe atandukanye y’urubyiruko.

Yakomeje avuga ko mu tubari, mu tubyiniro n’ahandi abantu bidagadurira hazashyirwa ibyapa biriho ubutumwa bubuza abantu kugurisha no guha ibisindisha uwo ariwe wese utarageza ku myaka 18 y’ubukure. Yavuze kandi ko bazagirana inama n’amashyirahamwe y’urubyiruko, aho bazabigisha ububi bw’ibisindisha ku bakiri bato bityo bakabakangurira kutabinywa. Ku birebana no kwirinda urusaku rukabije, yavuze ko abafite inzu zirimo insengero n’izindi nk’utubyiniro, bazasabwa kuzishyiramo ibikoresho bituma urusaku rudasohoka ngo rukwirakwire hirya no hino hanze ngo ku buryo hazanashyirwaho itsinda rizagenzura iyubahirizwa ryo kugabanya urwo urusaku.

Kumenya no kunga imiryango ibana mu makimbirane, Kugenzura imikorere y’amarondo, Kubahiriza gahunda zo gucana amatara ku mihanda no mu ngo, gushyiraho gahunda zo guca uburaya n’ubwomanzi, gusabiriza no gukura abana mu muhanda, bazafashwa kwibumbira hamwe no gukora ubucuruzi bwemewe n’amategeko bagana amasoko yabubakiwe n’ibindi. Ibyo ni bimwe mu bikorwa biteganyijwe muri ubu bukangurambaga buzamara amezi atandatu, aho biteganyijwe ko hazatangwa ibihembo kuva ku rwego rwo hasi kugera ku rwego rw’akarere mu kwezi kw’Ukuboza kubazaba barushije abandi kubazarusha abandi kubishyira mu bikorwa.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Judith Kazayire, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kugenzura bakamenya ko ibikubiye mu mihigo byose byubahirizwa bikanashyirwa mu bikorwa bityo ibyateganyijwe bikagerwaho.

Imihigo yasinywe hagati y‘imirenge 35 y’Umujyi wa Kigali n’uturere twawo, nayo ikubiye mu yashyizweho umukono hagati y’impande zose uko ari eshatu (Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere tuwugize)

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yavuze ko isuku n’umutekano bifite akamaro kanini mu iterambere ririmo kwihuta cyane muri iki gihe ry’Umujyi wa Kigali.

-3619.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi, abaturage n’izindi nzego mu gukumira ibyaha

Yakomeje avuga ko hazabaho ubukangurambaga bw’abaturage ku bijyanye n’isuku no kurengera ibidukikije binyuze mu bitangazamakuru, mu mahugurwa, ndetse no mu muganda wihariye, aho abaturage bazakangurirwa kugira isuku rusange, gukoresha neza no gufata amazi, isuku y’ubwiherero, amabagiro, utubari, amasoko n’ahandi.

RNP

2016-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya  ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko
POLITIKI

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Nyagatare:  Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Nyagatare: Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 07 Feb 2016
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017
UBUKUNGU

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru