• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Ubwanditsi 24 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo  uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura  yagejejwe imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye bwa mbere kuva yatabwa muri yombi muri Kamena.

Gen Kale Kayihura benshi babonaga nk’umuntu ushobora no kwitangira Perezida Museveni, kuri ubu ari gushinjwa ibyaha bifitanye isano no kwirengagiza inshingano yari afite no kwitambika iyubahirizwa ry’amategeko.

Umwihariko w’ibyaha  bamusomeye mu rukiko harimo ko yashimutaga impunzi z’abanyarwanda akazigarura mu Rwanda  kungufu , [nka Lt Joel Mutabazi ], ikindi cyaha aregwa  ni ugukoresha nabi ububasha ahabwa n’amategeko. Ariko  ibi byaha byose Gen. Kale Kayuhura, yabihakanye avuga ko ataribyo ko ntabyo yakoze. Abunganizi be mu mategeko basabye urukiko ko yarekurwa by’agateganyo akajya aburana ari hanze.

Gen. Kale Kayihura yitaba urukiko yari arinzwe bikomeye

Urukiko rwanzuye ko ibisabwa n’abunganizi ba Kale Kayihura bizafatirwa umwanzuro tariki 28 Kanama 2018. Abakurikiranira hafi iki kibazo cya Gen. Kale Kayihura, baravuga ko ibyo byaha aregwa bimwe ari ibihimbano bigamije ku mucisha umutwe byahimbwe nabamwe mu bakuru b’ingabo n’inzego z’ubutasi bwa gisilikare  CMI na ISO bihabwa umugisha na Gen. Salim Saleh ndetse na Gen. Tumukunde wari Minisitiri w’umutekano badacana uwaka .

Ibi  icyo abantu babishingiraho  ni uko Gen. Kale Kayihura afatwa yashinjwaga urupfu rwa  Inspector General  wa Police Andrew Felix Kaweesi wari umwungirije wishwe arashwe , ariko murukiko iki kirego kikaba kitagaragaye mu byaha ashinjwa, bigaragaza ko  ibyaha byose ashinjwa ari ibihimbano, ko ntabimenyetso bimushinja icyaha bihari, kimwe n’ibindi ashinjwa birimo ibirebana  n’imicungire y’imbunda za polisi no gutoroka kw’umwe mu bapolisi bakuru.

Ikinyamakuru Chimpreports cyanditse inkuru  kivuga ko inshuti n’abo mu muryango wa kayihura bari  ku rukiko bivugwa ko  rwari rurinzwe bikomeye n’abashinzwe disipuline mu gisirikare (Military Police).

Gen. Kale Kayihura yatawe muri yombi kuwa 13 Kamena akuwe ku ifamu ye iri ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde afungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye aho afunze mu buryo butandukanye bitewe n’izina rye.

Hari amakuru yakwirakwijwe n’inzego zishinzwe ubutasi bwa gisilikare ko Kale Kayihura yaba yarashatse kwiyahura muri gereza ya Makindye aho afungiye, ariko Rushyashya yaje gutahura ko wari umugambi wa CMI wo gushaka kumwicira muri gereza ya Makindye bikitwa ko yiyahuye.

Kugeza ubu urubanza rurasubitswe rusasubukurwa tariki ya 4 Nzeli 2018 .

2018-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize
UBUKERARUGENDO

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994
ITOHOZA

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ubwanditsi 05 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru