• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside
Mbonyumutwa Gustave uri mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

Ubwanditsi 08 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yashimye Abanyarwanda n’inshuti zabo baburijemo umugambi w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi bapfobya Jenoside, bashakaga kwiyamamariza guhagararira Ishyaka riharanira Demokarasi rya DéFi mu buyobozi bwa Komini ya Saint-Georges-sur-Meuse.

Aba Banyarwanda barimo Mbonyumutwa Gustave, Mugabe Nizeyimana n’abandi banyamuryango b’Ishyirahamwe Jambo ASBL, rivuga ko rirengera ikiremwamuntu, nyamara rigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abanyamuryango ba Jambo ASBL biganjemo abana n’abavandimwe b’abagize uruhare muri Jenoside bakatiwe n’ubutabera mpuzamahanga n’inkiko zo mu Rwanda.

Kandidatire z’abapfobya Jenoside zamaganwe n’abagize imiryango y’abayirokotse n’inshuti z’u Rwanda mu kugaragaza ukuri kw’ibyabaye.

Perezida wa Ibuka Belgique, Déo Mazina, yatangaje  ko uyu muryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wagize uruhare mu ikurwa rya Mbonyumutwa kuri lisiti y’abakandida.

Mbonyumutwa Gustave yabaye umutangabuhamya ushinjura mu rubanza rwa Matayo Ngirumpatse wari Perezida w’Ishyaka MRND mu gihe cya Jenoside, waburaniye i Arusha.

CNLG ibinyujije mu nyandiko yasohoye ku rubuga rwayo, yatangaje ko mu bafashe iya mbere barimo n’Umunyapolitiki w’Umubiligi Alain Destexhe, wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abaganga batagira Umupaka mu Bubiligi mu gihe cya Jenoside.

Yanze ko abapfobya Jenoside bemererwa kwiyamamaza. Ati “Ishyirahamwe rya Jambo ASBL rigizwe n’abana b’ababyeyi bagize uruhare muri Jenoside. Intego yabo ni ukugoreka amateka y’u Rwanda. Babikora bigaragaza nk’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Ntibahakana ko habaye Jenoside ariko bemeza ko hakozwe nyinshi.”

Jambo ASBL n’abanyamuryango bayo banakorana n’abarwanyi bo muri FDLR basize bakoze Jenoside, kuri ubu bagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kwimakaza iterabwoba mu karere.

Mu 2014, iri shyirahamwe ryohereje uwari Perezida waryo Kayumba Placide muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhura n’abayobozi ba FDLR.

Mu ntangiriro za 2018, JAMBO ASBL yangiwe gukorera ibiganiro mbwirwaruhame mu nzu y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi, ubwo havugwaga ku mushinga usaba ko hashyirwaho itegeko rihana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

CNLG yavuze ko uru rubyiruko rubiba amagambo agaragaza urwango ku bayobozi b’igihugu ndetse bagakomeza gushaka uburyo bwo kubiba ingengabitekerezo yabo y’urwangano bagomba kwamaganwa badahawe agahenge.

Mu guha agaciro abazize n’abarokotse Jenoside, CNLG yakanguriye Abanyarwanda n’inshuti zabo guhuza ubumwe mu rugamba rwo guhangana n’abayihakana.

2018-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru

Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018
U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Ubwanditsi 13 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare
Mu Mahanga

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Ubwanditsi 18 Feb 2017
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA  na NATO
ITOHOZA

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru