• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

Ubwanditsi 16 Mar 2016 ITOHOZA

Byari ibirori by’akataraboneka mu mu gihugu cy’Ububiligi hishimirwa ifungwa rya Ingabire Victoire n’igihano yahawe n’ubutabera bw’u Rwanda.

Hari ku wa gatandatu w’icyumweru twashoje ubwo Lin Muyizere , umugabo wa Ingabire Victoire yateguraga ibirori by’akataraboneka mu mujyi rwagati I Bruxelles byo kwishimira ineza ubutabera bw’u Rwanda bwatanze ku mugore nyuma yo guhamwa n’ibyaha byose yaregwaga i byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Mu buryo budasanzwe ariko nanone ku mpamvu ziza gusobanurwa, abantu batari bake baje kwiyumvira umugabo wishima ku mugore we, ntimugire ngo uko bwitabire hari ikindi bwari buhatse. Ikindi kandi abitabiriye ubwo butumire bari baje kwinywera no kwirira ku buntu dore ko hari harakozwe Fundraising mbere y’ibi birori habonekamo agatubutse bityo inzoga zihenze n’ibiryo bihenze ntawari gupfa kubivirira no kwibyinira nyuma yabyo maze ubuzima bugakomeza.

Mu masaha ya saa tatu n’indi minota ku isaha yo mu Bubiligi ( byari saa yine n’iyo minota ku isaha yo mu Rwanda ) nibwo uwo muhuro utaranzwe n’amagambo menshi cyane wari urimbanyije maze nyuma gato haza gutangwa ubutumwa busa nkaho bwishongora kuri Victore Ingabire aho umugabo we Lin Muyizere yavuze ko kuba umuntu wese yakosa agahanwa bikurikije amategeko nta kibazo kirimo. Yagize ati: “ Kuba umuntu wese yahanwa nta kibazo kirimo, nabatumiye hano rero ngo mbabwire ko uwari umugore wanjye amaze igihe ari gukosorwa n’ubutabera”.

Akigera kuri iri jambo abantu ntibihanganye bashwanyutse baraseka wumva bamwe bajujura bati: “Ibyo turabizi rwose, si bishya kuri twe kandi koko nta kibazo kirimo”.

Nuko kubera bamuciye mu ijambo kandi nawe wabonaga agatama kamaze kumugera neza mu ijigo yahise asoreza aho ariyicarira ubusabane burakomeza by’urwiyererutso ibiganza bishyirwa hejuru y’ibindi bitanga urusaku rusa no kumushimira kubyo yabateguriye batabimusabye.

Mugukomeza kw’ibyo birori, umwe mu banyarwanda bari babyitabiriye dore ko abenshi bari babijemo ari abo mu bihugu duhana imbibi yadutangarije ko hari ikintu kihishe inyuma y’uyu muhuro kuko ngo kuba Lin Muyizere yavuze ko uwari umugore we ari mu gihano ngo bihishe ibindi bintu byinshi. Yagize ati: “Wasanga hari undi yishumbushije cg se ateganya dore ko iruhande rwe hari umugore usa nkaho abyaye uburiza wamukoreraga buri kimwe cyose” .

Hakomeje guhwihwiswa ko ngo yaba ari mwene wabo ariko umwe mu bamuzi neza yavuze ko atari byo ahubwo ngo ari inshuti ye ikomoka mu gihugu kimwe kiri mu majyepfo y’u Rwanda nubwo ngo yakuriye kwa bene wabo muri Congo Kinshassa kandi bizwi cyane ko icyo gihugu gifite abantu benshi babarirwa mu Bubiligi.

Mu ma saa tanu ashyira saa sita( ubwo mu Rwanda byashyiraga saa saba) z’ijoro nibwo abantu bake bake batangiye kwikubura bitahira dore bari bamaze kugezaho( kurya no kunywa bihagije) basiga hari abandi bitegura kwimurira ibirori ahandi( After Party) ariko hakaba hari hataramenyekana neza.
Umuntu wese wahageze nta na kimwe yabuze kuko ibyo kurya no kunywa byari munangi. Yewe, kumenya ko bananogewe nibyo bateguriwe ngo nta n’uwigeze asoza ashimira abateguye ibirori kuko mu kabari ntawe ushimira cg se ngo asezere, buri wese wumvaga ashatse kwigendera yiyandurukiraga ntawe agishije inama.

-2483.jpg

Lin Muyizere n’inshuti ze bari kwinywera umuvinyo, umugore yihebye muri gereza

-2484.jpg

Ingabire Victoire

Uyu muhuro wanashojwe nta n’uwongeye kumva izina Ingabire Victoire mu kanwa ke cg se ak’abandi ahubwo buri wese yari yagezwe ku nzoka n’ibyo yahawe Dore ko n’uwasaga na nyiri ubwite mu kubitegura Lin Muyizere yari ari kwibyinira kamucerenge na wa mugore twaje kumenya nyuma ko yitwa BRIGITTE NIYUKURI .

Umusomyi wa Rushyashya Gitera Alpha

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Kenya :   Dyer&Blair  Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Kenya : Dyer&Blair Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Ubwanditsi 20 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr
Mu Rwanda

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru