• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Ubwanditsi 18 May 2018 HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan Markle bagiye kurushinga, ubukwe bwabo burangamiwe na miliyoni zitabarika mu nguni zose z’Isi ndetse n’abatuye i Kigali bazabukurikirana umunota ku wundi.

Ubukwe bwa Meghan Markle na Harry buzataha kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Gicurasi 2018, bazasezeranira muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George ndetse umwamikazi w’u Bwongereza azaba ahari nk’umunyacyubahiro uruta abandi.

Meghan Markle n’igikomangoma Harry bakoze imyitozo ya nyuma y’uko ubukwe bwabo buzagenda kuri uyu wa Gatandatu, bakoranye umutambagiro n’ingabo zizasusurutsa akarasisi ku munsi wabo w’amateka.

Ikinyamakuru Express cyatangaje ko ubukwe buzabera muri Chapelle ya St George muri Windsor Castle guhera saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Bwongereza[9pm AEST(Australian Eastern Standard Time)].

Ku bantu batuye i New York muri Amerika ndetse na Toronto muri Canada bazaba bari ku isaha ya saa moya za mugitondo[7am]. I Los Angeles bizaba ari saa kumi z’urukerera, i Sydney, Australia[saa tatu z’ijoro] mu gihe i Madrid bazaba bari saa saba z’amanywa.

Ibirori by’ubukwe bwa Meghan na Harry bizerekanwa mu buryo bwihariye mu mijyi itandukanye yo ku Isi ndetse n’abatuye mu Mujyi wa Kigali bateguriwe uburyo bwo kuzakurikirana imihango yose mu buryo bwa rusange. Igihe ibirori bizatangirira, mu Bwongereza bazaba bari saa sita z’amanywa[British Summer Time (BST) mu gihe i Kigali bizaba ari saa saba z’amanywa ugendeye ku masaha mashya yahindutse kuwa 25 Werurwe 2018.

Umuhango wo gusezerana uzayoborwa na Reverend David Conner hanyuma mu kwambikana impeta biyoborwe na Archbishop wa Canterbury, Justin Welby ari na we wabatije mu buryo bw’ibanga Meghan Markle.

Meghan Markle na Harry bafotowe bagiye gukora imyitozo y’ibirori byabo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018

Ubukwe no kwizihiza ibirori bya Meghan na Harry bizatangira saa mbili za mu gitondo ari nabwo abaturage bazatangira kureba imyiyereko yateguwe mu gihe ubukwe nyir’izina buzatangira saa sita.

Uko gahunda yose iteye:

8:00 am: Abatumirwa rusange bazatangira kugera mu mbuga ikikije St George Chapel no guhagarara ku nkike z’umuhanda abageni bazacamo kugira ngo bitegure kubareba neza.

9.30am: Abamerewe kwinjira muri chapel bazatangira kwinjiramo kugeza 11.15am
11.20am: Umuryango w’ibwami uzatangira kuhagera
11.55am: Umwamikazi w’u Bwongereza azagera ku Kiliziya abageni bazasezeraniramo
11.59am: Meghan n’umugabo we bazahasesekara bagaragiwe
12pm: Umuhango wo kwambikana impeta muri St George Chapel ahazaba hateraniye abatumirwa b’imena 600.

1pm: Abageni bazasohoka mu kiliziya bajye kwiyereka abaturage, bazaca ahitwa Castle Hill, bakomereze High Street hanyuma bajye mu Mujyi wa Windsor rwagati ubundi bace ku muhanda mugari wa Long Walk bahindukire basubira aho basezeraniye mu cyumba bateguriwe gusabaniramo n’abatumirwa.

Nyuma ya saa sita: Umwamikazi w’u Bwongereza agomba kwakira abageni n’abatumirwa babo mu muhango ukomeye uteganyijwe mu cyumba cyo kwiyakira cya St George.

Ku mugoroba: Igikomangoma Charles kizakira abageni mu bindi birori bidasanzwe bizabera kuri Frogmore House. Abageni, inshuti za hafi[200] n’imiryango bazasangira ibyishimo.

Ibi birori bizerekanwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo BBC, ITV ndetse na Sky News; izi televiziyo zose zizerekana ibi birori guhera mu museso wo kuri uyu wa Gatandatu.

BBC izatangira kwerekana ibirori saa tatu za mu gitondo kugeza saa munani; izakoresha abanyamakuru bayo basanzwe bazwiho ubuhanga mu birori bikomeye Huw Edwards, Kirsty Young na Dermot O’Leary.

ITV izatangira 9.25am kugeza 3pm, izakoresha abanyamakuru babiri Phillip Schofield and Julie Etchingham mu gihe Sky izatangira saa tatu kugeza saa cyenda ikoreshe abanyamakuru Kay Burley, Anna Botting, Jayne Secker, Sarah-Jane Mee, Colin Brazier ndetse na Jonathan Samuels.

Mu mijyi itandukanye hateguwemo ibikorwa byo kwerekana ubu bukwe mu buryo bwa rusange haba i London, Belfast, Salisbury, Leeds, Swansea, Winchester ndetse na Portsmouth.

Harry akoze umwihariko mu bikomomangoma byose, ni we wenyine ugiye gukora ubukwe muri weekend mu gihe bizwi ko abana b’ubwami bw’u Bwongereza barushinga mu minsi y’imibyizi.

Mu Mujyi wa Kigali abashaka gukurikira ibirori bya Meghan na Harry bateguriwe uburyo bwaguye mu muhango uzabera kuri Pili Pili i Kibagabaga.

Mu batumiwe harimo Barack Obama wahoze ayobora USA nk’umwe mu nshuti magara za Harry. Hazaba hari kandi abaririmbyi nka Spice Girls, Elton John, abakobwa bakundanyeho na Harry barimo Cressida Bonas na Chelsy Davy.

Mu nshuti magara za Meghan harimo ibyamamare nka Jessica Mulroney, Priyanka Chopra ndetse na Misha Nonoo.

No mu rusengero habereye imyitozo y’uko bizaba byifashe

Abazasusurutsa ibi birori bakoze imyiyereko bitoza

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside
Mu Mahanga

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake
Mu Mahanga

Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake

Ubwanditsi 01 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru