• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Ubwanditsi 13 Jul 2019 UBUKUNGU

Ikigo k’Igihugu k’Imisoro n’Amahooro (RRA) kiratangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018-2019 kinjije imisoro n’amahooro angana na miliyari 1 421,7 Frw mu gihe cyari gifite intego yo kwinjiza miliyari 1 392,1 Frw, ni ukuvuga ko yarenzeho miliyari 29,6 Frw.

Komiseri Mukuru w’iki kigo, Bizimana Ruganintwali Pascal avuga ko intego bari bihaye mu kwinjiza imisoro n’amahooro bayigezeho ku kigereranyo cya 102,1%.

Ngo ibi byatewe n’izamuka ry’ubukungu n’imyumvire y’abasora iri kugenda irushaho gutera imbere.

Avuga kandi ko hari ubucuruzi n’ishoramari bigenda bivuka bitari byateganyijwe ku buryo bizamura imisoro.

Ngo hari n’abasora baba bafite ibirarane ku buryo iyo bishyuye imisoro bizamura ingano y’imisoro n’amahooro.

Ati “Ariko tutibagiwe ko n’uburyo bwo kunoza imikorere mu kigo [RRA] na ho hari byinshi byahindutse, yewe n’umurava abakozi bakomeje kugaragaza kugira ngo buzuze inshingano zabo.”

Muri ariya mafaranga y’imisoro n’amahooro harimo miliyari 1 391,8 y’imisoro gusa mu gihe hari intego ko hazinjizwa miliyari 1 373,7Frw ni ukuvuga ko yiyongereyeho miliyari 25,7Frw  intego bayigezeho ku 101%.

Naho amafranga atari imisoro yinjiye ni miliyari 22,9 mu gihe hariho intego ko hazinjira miliyari 19Frw ni ukuvuga ko intego bayigezeho 120,6%.

Imiroro n’amahoro byakiriwe n’inzego z’Ibanze ni miliyari 60,5 Frw mu gihe hariho intego yo kwakira miliyari 60,1 Frw, ubwo intego yagezweho ku kigero cya 100,6%.

Komiseri Mukuru wa RRA, Ruganintwari Pascal avuga kandi ko muri uyu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2019-2020, hari intego ko imisoro n’amahoro bizinjira ari miliyari 1 535,8 Frw angana 54.1% by’ingengo y’Imari y’u Rwanda ubu ingana na miliyari 2 876,9 Frw.

Avuga ko ikigo k’Igihugu k’Imisoro n’Amahooro kizeye kuzagera kuri iyi ntego kubera ingamba ziriho zishyirwaho zirimo kuzamura imyumvire y’abasora bafite ishoramari mu ikoranabuhanga n’itumanaho, Hotels, utubari na Restaurants n’abatumiza ibicuruzwa mu mahanga n’ababunganira (Clearing Agents).

Ngo hazanatangizwa umushinga wo kwifashisha ikoranabuhanga mu gusora rya EBM mu bacuruzi ku buryo n’abafite igicuruzo kiri munsi ya miliyoni 20 Frw ku mwaka bazajya batanga inyemezabwishyu ya EBM nubwo baba batanditse muri TVA.

Komiseri Mukuru wa RRA avuga kandi ko hazakomezwa umushinga w’Ikoranabuhanga uzajya ufasha abasora kubona amakuru yerekeye imisoro kuri konti zabo batiriwe bajya kuri RRA.

Src: Umuseke

2019-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora
INKURU NYAMUKURU

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora

Ubwanditsi 27 Feb 2018
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye
ITOHOZA

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru