• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Ubwanditsi 13 Jul 2019 UBUKUNGU

Ikigo k’Igihugu k’Imisoro n’Amahooro (RRA) kiratangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018-2019 kinjije imisoro n’amahooro angana na miliyari 1 421,7 Frw mu gihe cyari gifite intego yo kwinjiza miliyari 1 392,1 Frw, ni ukuvuga ko yarenzeho miliyari 29,6 Frw.

Komiseri Mukuru w’iki kigo, Bizimana Ruganintwali Pascal avuga ko intego bari bihaye mu kwinjiza imisoro n’amahooro bayigezeho ku kigereranyo cya 102,1%.

Ngo ibi byatewe n’izamuka ry’ubukungu n’imyumvire y’abasora iri kugenda irushaho gutera imbere.

Avuga kandi ko hari ubucuruzi n’ishoramari bigenda bivuka bitari byateganyijwe ku buryo bizamura imisoro.

Ngo hari n’abasora baba bafite ibirarane ku buryo iyo bishyuye imisoro bizamura ingano y’imisoro n’amahooro.

Ati “Ariko tutibagiwe ko n’uburyo bwo kunoza imikorere mu kigo [RRA] na ho hari byinshi byahindutse, yewe n’umurava abakozi bakomeje kugaragaza kugira ngo buzuze inshingano zabo.”

Muri ariya mafaranga y’imisoro n’amahooro harimo miliyari 1 391,8 y’imisoro gusa mu gihe hari intego ko hazinjizwa miliyari 1 373,7Frw ni ukuvuga ko yiyongereyeho miliyari 25,7Frw  intego bayigezeho ku 101%.

Naho amafranga atari imisoro yinjiye ni miliyari 22,9 mu gihe hariho intego ko hazinjira miliyari 19Frw ni ukuvuga ko intego bayigezeho 120,6%.

Imiroro n’amahoro byakiriwe n’inzego z’Ibanze ni miliyari 60,5 Frw mu gihe hariho intego yo kwakira miliyari 60,1 Frw, ubwo intego yagezweho ku kigero cya 100,6%.

Komiseri Mukuru wa RRA, Ruganintwari Pascal avuga kandi ko muri uyu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2019-2020, hari intego ko imisoro n’amahoro bizinjira ari miliyari 1 535,8 Frw angana 54.1% by’ingengo y’Imari y’u Rwanda ubu ingana na miliyari 2 876,9 Frw.

Avuga ko ikigo k’Igihugu k’Imisoro n’Amahooro kizeye kuzagera kuri iyi ntego kubera ingamba ziriho zishyirwaho zirimo kuzamura imyumvire y’abasora bafite ishoramari mu ikoranabuhanga n’itumanaho, Hotels, utubari na Restaurants n’abatumiza ibicuruzwa mu mahanga n’ababunganira (Clearing Agents).

Ngo hazanatangizwa umushinga wo kwifashisha ikoranabuhanga mu gusora rya EBM mu bacuruzi ku buryo n’abafite igicuruzo kiri munsi ya miliyoni 20 Frw ku mwaka bazajya batanga inyemezabwishyu ya EBM nubwo baba batanditse muri TVA.

Komiseri Mukuru wa RRA avuga kandi ko hazakomezwa umushinga w’Ikoranabuhanga uzajya ufasha abasora kubona amakuru yerekeye imisoro kuri konti zabo batiriwe bajya kuri RRA.

Src: Umuseke

2019-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi
Amakuru

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.
Amakuru

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Ubwanditsi 01 Apr 2024
Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru