• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagaragaje ko kugira ngo icyerekezo 2050 kigizwe n’imyaka 30 kigerweho gifite ibice bibiri, ni ukuvuga kimwe kigizwe n’imyaka 15 ya mbere kugera mu 2035 n’imyaka 15 izakurikira; bisaba ko ubukungu bw’igihugu buzaba bwiyongera ku kigero kirenze 10% ku mwaka.

Yabigarutseho ku wa Kane ubwo yatangaga ikiganiro cyagarutse ku kwihutisha iterambere ry’ubukungu, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano 2019 yahurije hamwe abasaga 2,000 muri Kigali Convention Centre. Ni inama yasojwe tariki 20 Ukuboza uyu mwaka.

Dr Ndagijimana yavuze ko intego igihugu cyihaye ni uko mu myaka 15 u Rwanda rwaba rugeze ku bukungu buri hagati y’ibihugu bigeze ku rwego ruciriritse, ndetse ruri mu nzira zo kugera mu nzira y’ibihugu bikungahaye ku isi.

Yagize ati “Mu 2035 tuzaba dufite nibura umusaruro mbumbe ubariye ku muturage usaga gato ibihumbi bine by’amadorali ni ukuvuga miliyoni enye z’amanyarwanda, mu 2050 ho tukaba tugeze ku rwego rw’ibihugu byateye imbere nk’uko tubizi uyu munsi, nibura ibihumbi 12 by’amadorali ku muturage.”

Dr Ndagijimana avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba byinshi. Ati “Ni ukubakira ku bushobozi tumaze kubaka, ni urugendo turi hafi gusoza ariko birasaba ko tugira umuvuduko w’iterambere urenze 10% buri mwaka kandi bigaragara ko bishoboka, 12% mu myaka ishize twagezeho bigaragaza ko twakora n’ibirenze.”

Yavuze ko “Kugira ngo dukomeze uwo muvuduko hari byinshi bidusaba, nubwo uyu muvuduko uri hejuru birasaba ko twongera ubwinshi by’ibyo dukora uyu munsi byaba mu nganda mu buhinzi, muri za serivisi n’ahandi ariko tugahanga n’ibicuruzwa bishya, serivisi zikaguka kugira ngo ubukungu bwacu bube bushingiye ku bicuruzwa bitandukanye, bityo haramutse havutse ikibazo ku gicuruzwa runaka bireke guhungabanya ubukungu muri rusange.”

Yavuze ko ikindi abona bazibandaho ni ukongera imbaraga mu bushobozi bwo gupiganwa ku masoko haba mu karere no ku isi, ibi bikaba bisaba gukomeza kuvugurura ubuhinzi n’umusaruro kuko umusaruro ukiri muke.

Yavuze ko nubwo inganda zivuka cyane muri gahunda ya Made in Rwanda, bisaba ko zikora byinshi kuko iyo zibikoze nibwo igiciro kigabanuka zikaba zahangana n’amasoko yo mu karere, muri Afurika no ku Isi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, Yusuf Murangwa, we avuga ko mu myaka 18 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8% buri mwaka, avuga ko ari byiza kuko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika inyuma ya Ethiopia.

Ati “Dukurikije uko ibintu bihagaze uyu munsi, turumva uyu mwaka u Rwanda ruzaba ari urwa mbere muri Afurika.”

Agaragaza ko iyo ubukungu buzamutse haboneka uburyo bityo bigakemura ibibazo mu buhinzi n’ahandi.

Yagize ati “Iyo turebye mu buhinzi umusaruro wariyongereye cyane, wareba mu nganda turazizi mu myaka 10, hari nyinshi tutari dufite ubu zihari, serivisi z’amahoteli turazibona, ubuvuzi, amashuri, ibigo by’imari byariyongere ku buryo n’utazi kubara iyo mibare arabibona.”

Murangwa yavuze ko iyo ubukungu buzamutse buri mwaka haboneka imirimo ibihumbi 160 idashingiye ku buhinzi gusa agaragaza ko hakiri icyuho.

Yagize ati “Buri mwaka hari urubyiruko rugera ku bihumbi 200 bageza imyaka yo gukora bakajya ku isoko, iyo habonetse akazi ibihumbi 160 gusa ni ukuvuga ko ibihumbi 40 nta kazi babona, ni ukuvuga ko igipimo turiho kidahagije, ibi ni nako bimeze mu bindi byose aho dufite ibibazo.”

Ati “Birasaba ko ubukungu buzamuka hejuru 10% kugira ngo ibibazo bikemuke tugere kuri gahunda twifuza mu 2050, turasabwa ko mu buhinzi buzamuka hejuru 8%, mu nganda 15% kuko hari inganda zinshi zigomba gushyirwaho zigafasha mu buhinzi n’ibijya hanze, muri serivizi turifuza 12%.”

Kugeza ubu u Rwanda ni igihugu kiri guteza imbere ikoranabuhanga aho ubu kwandikisha ubucuruzi bitwara amasaha atandatu, naho kwandikisha ubutaka u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku Isi mu buryo rwashyizeho bwo kwandikisha no guhindura ibyo byemezo.

Src: IGIHE

2019-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Ubwanditsi 14 Nov 2017
BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Ubwanditsi 18 Jul 2018
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki
POLITIKI

Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Uganda : Umuvugizi wa Polisi  yishwe arashwe
ITOHOZA

Uganda : Umuvugizi wa Polisi yishwe arashwe

Ubwanditsi 17 Mar 2017
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi
Amakuru

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru