• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagaragaje ko kugira ngo icyerekezo 2050 kigizwe n’imyaka 30 kigerweho gifite ibice bibiri, ni ukuvuga kimwe kigizwe n’imyaka 15 ya mbere kugera mu 2035 n’imyaka 15 izakurikira; bisaba ko ubukungu bw’igihugu buzaba bwiyongera ku kigero kirenze 10% ku mwaka.

Yabigarutseho ku wa Kane ubwo yatangaga ikiganiro cyagarutse ku kwihutisha iterambere ry’ubukungu, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano 2019 yahurije hamwe abasaga 2,000 muri Kigali Convention Centre. Ni inama yasojwe tariki 20 Ukuboza uyu mwaka.

Dr Ndagijimana yavuze ko intego igihugu cyihaye ni uko mu myaka 15 u Rwanda rwaba rugeze ku bukungu buri hagati y’ibihugu bigeze ku rwego ruciriritse, ndetse ruri mu nzira zo kugera mu nzira y’ibihugu bikungahaye ku isi.

Yagize ati “Mu 2035 tuzaba dufite nibura umusaruro mbumbe ubariye ku muturage usaga gato ibihumbi bine by’amadorali ni ukuvuga miliyoni enye z’amanyarwanda, mu 2050 ho tukaba tugeze ku rwego rw’ibihugu byateye imbere nk’uko tubizi uyu munsi, nibura ibihumbi 12 by’amadorali ku muturage.”

Dr Ndagijimana avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba byinshi. Ati “Ni ukubakira ku bushobozi tumaze kubaka, ni urugendo turi hafi gusoza ariko birasaba ko tugira umuvuduko w’iterambere urenze 10% buri mwaka kandi bigaragara ko bishoboka, 12% mu myaka ishize twagezeho bigaragaza ko twakora n’ibirenze.”

Yavuze ko “Kugira ngo dukomeze uwo muvuduko hari byinshi bidusaba, nubwo uyu muvuduko uri hejuru birasaba ko twongera ubwinshi by’ibyo dukora uyu munsi byaba mu nganda mu buhinzi, muri za serivisi n’ahandi ariko tugahanga n’ibicuruzwa bishya, serivisi zikaguka kugira ngo ubukungu bwacu bube bushingiye ku bicuruzwa bitandukanye, bityo haramutse havutse ikibazo ku gicuruzwa runaka bireke guhungabanya ubukungu muri rusange.”

Yavuze ko ikindi abona bazibandaho ni ukongera imbaraga mu bushobozi bwo gupiganwa ku masoko haba mu karere no ku isi, ibi bikaba bisaba gukomeza kuvugurura ubuhinzi n’umusaruro kuko umusaruro ukiri muke.

Yavuze ko nubwo inganda zivuka cyane muri gahunda ya Made in Rwanda, bisaba ko zikora byinshi kuko iyo zibikoze nibwo igiciro kigabanuka zikaba zahangana n’amasoko yo mu karere, muri Afurika no ku Isi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, Yusuf Murangwa, we avuga ko mu myaka 18 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8% buri mwaka, avuga ko ari byiza kuko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika inyuma ya Ethiopia.

Ati “Dukurikije uko ibintu bihagaze uyu munsi, turumva uyu mwaka u Rwanda ruzaba ari urwa mbere muri Afurika.”

Agaragaza ko iyo ubukungu buzamutse haboneka uburyo bityo bigakemura ibibazo mu buhinzi n’ahandi.

Yagize ati “Iyo turebye mu buhinzi umusaruro wariyongereye cyane, wareba mu nganda turazizi mu myaka 10, hari nyinshi tutari dufite ubu zihari, serivisi z’amahoteli turazibona, ubuvuzi, amashuri, ibigo by’imari byariyongere ku buryo n’utazi kubara iyo mibare arabibona.”

Murangwa yavuze ko iyo ubukungu buzamutse buri mwaka haboneka imirimo ibihumbi 160 idashingiye ku buhinzi gusa agaragaza ko hakiri icyuho.

Yagize ati “Buri mwaka hari urubyiruko rugera ku bihumbi 200 bageza imyaka yo gukora bakajya ku isoko, iyo habonetse akazi ibihumbi 160 gusa ni ukuvuga ko ibihumbi 40 nta kazi babona, ni ukuvuga ko igipimo turiho kidahagije, ibi ni nako bimeze mu bindi byose aho dufite ibibazo.”

Ati “Birasaba ko ubukungu buzamuka hejuru 10% kugira ngo ibibazo bikemuke tugere kuri gahunda twifuza mu 2050, turasabwa ko mu buhinzi buzamuka hejuru 8%, mu nganda 15% kuko hari inganda zinshi zigomba gushyirwaho zigafasha mu buhinzi n’ibijya hanze, muri serivizi turifuza 12%.”

Kugeza ubu u Rwanda ni igihugu kiri guteza imbere ikoranabuhanga aho ubu kwandikisha ubucuruzi bitwara amasaha atandatu, naho kwandikisha ubutaka u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku Isi mu buryo rwashyizeho bwo kwandikisha no guhindura ibyo byemezo.

Src: IGIHE

2019-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma
Mu Mahanga

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza
Amakuru

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru