• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jul 2023 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Musoni Straton wabaye Visi Perezida wa FDLR yarangije amahugurwa y’amezi icyenda agenerwa abahoze ari abarwanyi mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe. Yageze mu Rwanda mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize yoherejwe n’igihugu cy’ubudage nyuma yo kurangiza igifungo yakatiwe hamwe n’uwahoze ari Perezida wa FDLR Ignace Murwanashyaka nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’intambara byakozwe n’umutwe wa FDLR bari bayoboye.

Musoni yaganiriye n’itangazamakuru atangaza byinshi kuri uyu mutwe wa FDLR, aho ukura ubufasha, ndetse nibyo ateganya gukora nyuma yo gusubira mu buzima busanzwe. Musoni yagiye mu Budage mu mwaka wa 1986, jenoside yakorewe Abatutsi yabaye akiri muri icyo gihugu.

Musoni wari umuhanga mu byo gutunganya imijyi n’ibyaro dore ko yari amaze igihe abikora mu Budage nyuma yo kumara imyaka ine abyiga muri kaminuza yaho, ni umwe mu bari bayoboye ishingwa ry’uwo mutwe wari ufite igice gikora Politiki n’ikindi cy’Abarwanyi.

Uyu mugabo wavukiye i Masoro mu Karere ka Rulindo, akiga amashuri ye mu Iseminari ya Rwesero, yagiye kwiga mu Budage yishyurirwa na Leta, aho gutaha ngo yiture igihugu cye ahitamo kuyoboka inzira yo kugisenya.

Muri Nzeri 2015 nibwo Ignace Murwanashyaka wari Perezida wa FDLR na Straton Musoni wari umwungirije bakatiwe n’urukiko rwa Stuttgart gufungwa imyaka 13 n’umunani nk’uko bakurikirana.

Bahamwe n’ibyaha byo kuba baratanze amabwiriza yo kugaba ibitero mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hagati ya 2008-2009.

Musoni arangije igihano yoherejwe mu Rwanda ndetse mu Ukwakira 2022 yerekezwa mu kigo cya Mutobo aho yamaze igihe ahabwa amasomo mboneragihugu agenewe abahoze ari abasirikare basubizwa mu buzima busanzwe.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu bayiteguye bakayigiramo uruhare by’umwihariko abahoze ari abasirikare, bahungiye muri RDC, bategura umugambi wo kwisuganya ngo bagaruke guhekura igihugu.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Musoni yavuze ko batangiriye politiki mu ishyaka rya RDRR [ (Rassemblement pour le Retour des Refugiés et la Democratie au Rwanda]. Avuga ko ryari ikoraniro ryo gucyura impunzi no kugarura Demukarasi mu Rwanda.

Ati “Nyuma ya Jenoside mbonye cyane cyane ibyari bimaze kuba mu Rwanda ndavuga nti ’reka nanjye ndebe ko hari icyo nakora, numvaga ko ari ibibazo bya politiki. Ndi umwe mu bashinze FDLR nza no kuba Visi Perezida wayo.”

Laurent Kabila yarabashutse

Umugambi bari bafite ubwo batangizaga RDRR, wabananiye kuwugeraho bahitamo gushinga FDLR, ndetse uyu mutwe uza gushyirwa ku rutonde rw’iyitwaje intwaro kandi ikora iterabwoba.

Musoni avuga ko nk’umwe mu batangije FDLR, umugambi bari bafite wari uwo kurwana na FPR Inkotanyi yari imaze kubatsinda, bakisubiza ubutegetsi mu Rwanda.

Ati “Twari tuzi, niko twashakaga […] mu gutangira icyari kigamijwe kuko yatangijwe cyane cyane n’abasirikari bahoze mu ngabo za EX-FAR, za Guverinoma ya Habyarimana byumvikane neza ko bari abasirikari bumvaga ko kugaruka mu gihugu ari ugukoresha intwaro.”

Muri iyo myaka, ubwo FDLR yatangiraga, uwari Perezida wa RDC, Laurent Desire Kabila yari yarijeje abo basirikari ba EX-FAR, ko azabafasha kuza mu Rwanda bagahirika ubutegetsi.

Aba EX-FAR bafashije Laurent D. Kabila kurwanya imitwe yari imumereye nabi irimo uwa RCD, nawe abasezeranya ko azabafasha gutera u Rwanda bagahirika ubutegetsi.

Ati “Nawe yabasezeranyije ko yabafata gufata u Rwanda ariko byageze aho nawe adashoboye kwikiza abamurwanyaga barimo za RCD [Rassemblement Congolais pour la Démocratie], ku buryo byamusabye kuganira nabo, barambika intwaro hasi bavangwa mu gisirikare cya FARDC.”

“Niho FDLR yahereye ivuka, na Muzehe Laurent Desire Kabira aravuga ati namwe nimushyireho ishyaka rya politiki, ibyo kurwana mubireke noneho iryo shyaka rizajye gushyikirana na Guverinoma y’i Kigali n’izo ngabo zanyu zinjire mu ngabo z’u Rwanda.”

Musoni avuga ko igihe cyageze umugambi wabo urapfuba, noneho bashaka uko bashyira igitutu kuri FPR Inkotanyi kugira ngo yemere ibiganiro.

Ati “Abatarashoboye gutaha ntabwo bavugaga ko byanze bikunze bazakoresha intwaro ngo batahe, bibwiraga ko bazakoresha politiki, bagashyira igitutu kuri Guverinoma y’u Rwanda kugeza yemeye ibiganiro, ibyo bashaka bikagerwaho aribyo byo kuza mu gihugu bagashyiraho umutwe wa politiki n’ingabo zikajya mu zindi noneho n’umutwe wa politiki ukazahatana mu mashyaka nk’uko bibaho muri demukarasi ahari amashyaka menshi, bakazatsinda bagategeka igihugu , batsindwa bakajya muri opozisiyo.’”

FDLR ivana he intwaro?

Ubusanzwe FDLR irimo ibice bibiri, ahari igikora politiki ndetse n’ikindi cy’abarwanyi aricyo cyitwa FDLR/FOCA [Forces combattantes Abacunguzi].

Abenshi muri abo barwanyi ni abahoze mu gisirikare cya Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, aho nyuma yo gutsindwa urugamba bahise berekeza mu mashyamba ya Congo.

Musoni yavuze ko intwaro bahunganye, ndetse n’izo bakuye mu gisirikare cya Leta ya Laurent Kabila, ubwo bayifashaga kurwanya umutwe wa RCD arizo batangiriyeho ariko nyuma bakaba bagenda babona ibindi bikoresho bakura mu mitwe yitwaje intwaro n’izo bagura muri FARDC.

Ati “Bahoze mu gisirikari cya FARDC bafite intwaro, bafite n’imishahara barahembwaga […] izo ntwaro ntabwo bigeze bazisubiza mu ngabo za Congo, barazigumanye. Hari n’izindi bari batorokanye bavuye mu Rwanda.”

Musoni avuga ko imikoranire ya FARDC na FDLR yahoze ari gatebe gatoki, ahanini banywana iyo leta ya Congo ishaka gukoresha uwo mutwe aho nk’ubu uyu mutwe ariwo wifashishwa mu kurwanya M23.

Ati “Ubu rero ni ukuvuga ko aba FDLR ariyo FOCA, muri iki gihe bafatanya cyangwa bose bafasha Ingabo za Congo kurwanya M23.”

Yasabye aba barwanyi ko ibihe by’intambara byarangiye kuko mu Rwanda ari amahoro, kandi u Rwanda rukeneye kuyagumana.

Ati “Nabo rero bagire ibyo bamarira abaturage cyane cyane abatuye igihugu, ntabwo bakeneye intambara, iby’intambara yagejeje ku Rwanda turabizi.”

2023-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Ubwanditsi 26 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze
Amakuru

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga
POLITIKI

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Ubwanditsi 21 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru