• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Ubwanditsi 02 Feb 2018 POLITIKI

Nyuma yo kwirahiza kwa Raila Odinga ku wa 30 Mutarama 2017 yiyitirira  kuba ari we  Perezida w’abaturage ba Kenya , bamwe  mu basesenguzi babonamo uburyo bwo gushaka imishyikirano yo kugabana ubutegetsi n’ishyaka Jubilee riri ku butegetsi, abandi bati ni ugushaka kunaniza ubutegetsi buriho, mu gihe abayoboke ba NASA bo babibonamo intsinzi ikomeye ya Demokarasi.

Amateka y’amatora muri manda eshatu zikurikiranye mu gihugu cya Kenya agaragaza ko buri gihe yaherekejwe n’imvururu ,  zishingiye ahanini  ku moko n’uturere kurusha uko zishingiye ku nyungu za politiki rusange y’igihugu.

Gusaranganya ubutegetsi nabyo byakomeje kuba ingorabahizi buri gihe, ari nako abantu batari bake bahasiga ubuzima, byaba mbere cyangwa  nyuma y’amatora ya 2007, aya 2013 ndetse n’ay’uyu mwaka  2017.

Kuba uyu mwaka Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwarasheshe amatora rushingiye ko hari amakosa yakozwe na Komsiyo y’amatora, byatumye yasubiwemo ariko Ihuriro NASA n’umukuru waryo Odinga bayikuramo bityo Ishyaka Jubilee ryegukana intsinzi , Urukiko  noneho rwemeza ibyayavuyemo, ndetse  n’Umuryango mpuzamahanga ubiha umugisha. Odinga utaremeye uyu mwanzuro, ubu arakoresha uburyo bwose ngo arebe uko yakwigarurira ubutegetsi bwamucitse mu matora, ariko amahirwe ye asa n’aho ari make kuko, ku munsi yirahiza nka Perezida wa Kenya, Minisiteri y’ubutegetsi ya Kenya nayo yahise itangaza ko ibikorwa by’ihuriro NASA  bizafatwa nk’iby’umutwe w’iterabwoba, ibi binashoka mu Igazeti ya Leta.

Raila Odinga yaba ashaka kotsa igitutu Jubilee ngo  NASA nayo ihabwe imyanya

Nubwo nyuma y’amatora ya 2007 hakurikiye imvururu zahitanye ibihumbi by’abanyakenya, hakurikiyeho isangira ry’ubutegetsi ryahesheje Raila Odinga kuba Minisitiri w’Intebe, ndetse binagenda bityo muri 2013.

Iminsi mike nyuma y’uko  Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya ruseseye amatora y’Umukuru w’igihugu yo muri Kanama 2017, Raila Odinga wahise yumva ko icyazaga gukurikira kwari ukwemeza intsinzi ye, maze atangaza ko nta kugabana ubutegeti bizabaho uko byagenda kose. Yagize ati “nta butegetsi tuzagabana”, “ntituzasangira umugati” nkuko byatangajwe ku rubuga https://www.zonebourse.com

Ariko, ntibyaje kuba uko abyifuza kuko amatora yasubiwemo, kutayitabira kwe binanyuranije n’amategeko ntibyamuhira.

Kutemera uburyo amatora yarangiye, biratuma Odinga utagifite amahirwe yo kongera kwiyamamaza muri manda itaha akoresha ibishoboka byose ngo azataviramo aho, ndetse n’amashyaka amushyigikiye adashinze imizi ku buryo NASA yazayobora igihugu.

Amwe mu mayeri  Odinga aheruka gukoresha mu kureshya bamwe mu bayobozi b’ishyaka  Jubilee nkuko bitangazwa n’urubuga www.Tuko.co.ke rwo muri Kenya , ni nk’amagambo aherutse kuvuga kuwa 25 Mutarama 2018 mu muhango wo gushyingura  William KOECH, umuyobozi w’ishyaka OMD wari uhagarariye NASA mu karere ka Kipkelion East.

Odinga yavuze ko Vice-Perezida wa Jubilee, William Ruto, biteganijwe ko yazasimbura Uhuru Kenyata mu matora ya 2022, adashobora kuyatsinda atari we umushyigikiye ubwe. Kuba Odinga yaravuze ko yiteguye kuzashyigikira Ruto mu matora ya 2022, abashishoza babibonamo uburyo bwo kumushakamo umuhuza muri iki gihe kugira ngo imishyikirano na Jubilee ibe yashoboka.

Ku rundi ruhande, kuba igisonga cya Odinga muri NASA ariwe Kalonzo Musyoka ataritabiriye irahira rya Odinga ku wa 30 Mutarama 2017 ahubwo ngo nawe arahirire umwanya wa Vice-Perezida wa Kenya,  yaje gusobanura ko byatewe no kutizera umutekano we, nyamara Polisi yaje kumunyomoza hanyuma ivuga ko nta kibazo na kimwe yari afite cy’umutekano

Abashishoza bavuga ko iby’umutekano muke wa Musyoka byaba atari byo, ahubwo ari uburyo bwa Odinga bwo kwitangaho igitambo nkuko yari yanabivuze mbere gato, ko yiteguye byose harimo urupfu cyangwa igifungo cya burundu, bityo Musyoka agasigara ku rugamba.

Mu bisanzwe, nta n’undi mukandida Raila Odinga yakabaye ashyigikira uretse uwo muri NASA, by’umwihariko usanzwe amwungirije akaba anafite amahirwe yo kwiyamamaza muri 2022 ariwe Musyoka.

Nkuko bishyigikiwe n’abatari bake byaba imbere muri Kenya, ni ukuvuga abaturage ba Kenya, ndetse n’Umuryango mpuzamahanga, inzira ishoboka kugira ngo amahoro aboneke, ni uko abanyapolitiki ba Kenya bakwicara hamwe bagashakira igisubizo cya politiki ibibazo bafite no gusangira ubutegetsi birimo.

Ubuyobozi  bwa Kenya buzakomezwa n’inzego zibugize

Biroroshye ko muntu wese yatangaza ko guhera ku munsi runaka abaye umuyobozi w’agace runaka cyangwa w’ikigo runaka. Ariko kugira ngo habeho kuyobora ako gace, by’umwihariko igihugu, bisaba kuba ufite ububasha ku nzego zose zacyo, by’umwihariko iz’umutekano, iz’ubutabera, iz’ubukungu ndetse unashyigikiwe n’Umuryango mpuzamahanga.

Kuba rero Raila Odinga yarirahije kuba perezida w’abaturage, ibyo byonyine  ntibimuha ubushobozi bwo kuyobora igihugu  ashingiye  gusa ku mubare munini w’abaturage bamushyigikiye. Biramusaba kugira ububasha ku nzego zose z’ubutegetsi, cyangwa se guverinoma azashinga ikagaragaza intege  zihagije zo guhangana n’iriho.

Muri urwo rwego, amahirwe ya NASA asa n’aho ari make kuko Odinga n’abamushyigikiwe ubu bafatwa nk’umutwe w’abaterabwoba mu mategeko ya Kenya, byumvikana ko n’ibikorwa byabo bitazaborohera.

Bibaye ibyo kwifuriza Kenya amahoro ashingiye ku bworoherane no gushyira imbaraga mu kubaka inzego z’ubyobozi, ntawareka kuvuga ko gufunga Odinga cyangwa kumukatira urwo gupfa bitaba ari cyo gisubizo cy’ibibazo. Gusa, ku rundi ruhande, ikibazo cy’umutekano giteye impungenge umuntu ashingiye ku bwinshi bw’abayoboke ba Odinga n’imyitwarire yabo mu myigaragambyo.

Ubushishozi bw’abayobozi ba Kenya n’inkunga y’Umuryango mpuzamahanga nibyo bizarokora iki gihugu.

Jean Louis KAGAHE.

 

2018-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma
IMIKINO

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru