• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, niwe muyobozi wo muri Afurika wa mbere ukurikirwa n’abantu benshi ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, agakurikirwa na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame nk’uko byemezwa n’ikigo Burson Cohn &Wolfe.

Ibi bishingiye ku nyigo nshya ya 2018 y’abayobozi b’Isi kuri Instagram iherutse gushyirwa ahagaragara n’iki kigo cy’itumanaho cya BCW (Burson Cohn &Wolfe) cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Nana Akufo wa Ghana uza ku mwanya wa mbere w’abayobozi bakurikiranwa cyane kuri Instagram akurikirwa n’abantu ibihumbi 431, mu gihe ku mwanya wa kabiri haza Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ukurikirwa n’abantu 177,451.

Ku mwanya wa gatatu hazaho Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria ukurikirwa n’abantu bagera u 169,229, naho ku mwanya wa kane hakaza Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya ukurikirwa n’abantu bagera mu bihumbi 95.

Nyuma yo gukurikirana imikorere ya konti za instagram zigera kuri 426 z’abayobozi ba za leta na guverinoma, ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga, yazamutse kuva ku nyigo yo mu mwaka ushize, hagaragaye ko instagram kuri ubu ari rwo rubuga nkoranyambaga ruri kwihuta mu kuzamuka mu ikoreshwa n’abayobozi hirya no hino ku Isi nk’uko byemezwa na Chad Latz, umuyobozi ushinzwe udushya muri BCW.

Ku rwego rw’Isi nk’uko iyi nkuru dukesha Business Insider ikomeza ivuga, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi niwe muyobozi wa mbere ku isi ukurikiranwa n’abantu benshi kuri instagram, aho akurikirwa na miliyoni 14.8, hagakurikiraho Perezida Joko Widodo wa Indonesia ukurikirwa na miliyoni 12,2, ku mwanya wa gatatu haza Perezida Donald Trump ukurikirwa na miliyoni 10, bagakurikirwa na Papa Fransisiko ukurikirwa na miliyoni 5,7.

Iyi mibare ni iyegeranyijwe ku itariki ya 01 Ukwakira muri uyu mwaka, kuko kuri ubu Perezida Kagame amaze kugera mu bamukurikira 221,000, mu gihe Perezida Akufo bamaze kugera mu bihumbi 445.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura
INKURU NYAMUKURU

RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi
Mu Rwanda

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Ubwanditsi 13 May 2016
Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 01 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru