• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ubwanditsi 17 Dec 2019 POLITIKI

Umuhanzi w’Umunye-Congo, Koffi Olomide, yigeze kuririmba ati ‘Lokuta eyaka na ascenseur, vérité eye na éscalier pe ekomi’, bishatse kuvuga ngo ikinyoma gica muri ascenseur, ukuri kunyura ku ngazi ariko kukagera iyo kujya.

Abaminisitiri batatu bakuru muri Politiki, Busingye Johnston, Prof Shyaka Anastase na Gen Patrick Nyamvumba, bari mu ntumwa z’u Rwanda zitabiriye ibiganiro bya Uganda-Rwanda; bakinnye agakoryo Abagande, umuto muri bo aba ariwe bagira uyobowe itsinda ryabo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ni muto mu myaka, umunyabwenge, uzi gutebya no kuganira bya kinyarwanda bimwe byo gukirana bacyocyorana, bagakoresha imitego ya ‘Rugondihene’, yamamaye mu mateka nyarwanda cyane iyo abantu babaga basoma ku inzoga y’ubuki y’inkangaza.

Intumwa za Uganda hafi ya bose barisaziye, rero bakoze ikosa rikomeye ryo kumwibeshyaho. Iyo hagira ubagira inama ngo barebe ibiganiro byo kuri YouTube bya Nduhungirehe ari i New York, ubwo u Rwanda rwayoboraga Akanama ka Loni gashinzwe umutekano. Ntabwo bamenye ikibakubise. Nk’uko Muhammad Ali yigeze kubivuga, umuvandimwe Nduhungirehe ‘Yanyeganyegaga nk’ikinyugunyugu akadwinga nk’uruyuki’.

Tugumye mu mukino w’iteramakofi, nta muntu n’umwe mu ntumwa za Uganda zari mu cyumba, washoboraga guhangana na Nduhungirehe. Uyu munyamabanga wa leta ukiri muto, yashoboraga kwifasha icyumba cyose ubwe, abo bazanye bigaramiye.

Mu cyumba harimo kandi Gen Patrick Nyamvumba: Umuntu Abagande bose batinya! Yari yicaye arebana n’abasirikare ba Uganda barimo abakutse umutima kugeza magingo aya bashobora kuba bakinywa imiti y’ihungabana batewe no gutsindwa mu ntambara ya Kisangani.

Abayobozi babo Kahinda Otafire na nyakwigendera Kazini icyo gihe bafashwe mpiri n’Ingabo zari ziyobowe na Gen Nyamvumba. Nyuma baza kurekurwa basubizwa Uganda. Afande Nyamvumba rero, yari mu cyumba cy’inama kugira ngo yibutse Abanya-Uganda ko gushaka amahoro ku Rwanda biri mu nyungu zabo.

Umwanditsi Hawthorn yigeze kuvuga ko nta muntu ushobora kwiyoberanya akereka isura itari iye rubanda igihe kirekire, amaherezo ntibimuviremo no kuyoberwa uko asa nyabyo.

Nkuko nkunda kubibwira abo mburanira iyo bambajije niba turi butsinde urubanza mu rukiko: “ese turavugisha ukuri? Niba igisubizo ari Yego, ntacyo twikeka.” Mu gihe Umunyamabanga wa Leta ukiri muto yari ashikamye abifashijwemo n’ubuhanga bwe, yabwiraga ukuri urundi ruhande, kwigaragaza mu bimenyetso n’abatangabuhamya.

Mu gihe ubusanzwe politiki na dipolomasi bifatwa nk’imyuga yiyubashye yo gutsura ubushuti n’iterambere, abayobozi ba Uganda bo babifashe nk’umwuga wo kubeshya. Ibinyoma umunsi ku wundi, nta kindi kigamijwe usibye kuyobya no kujijisha abaturage ba Uganda bayobora. Abaturage ntibabizera, nabo ubwabo ntibizera abaturage ahubwo bose babaswe n’ikinyoma, bateze iminsi iriya leta ngo igende babone kugira amahoro.

Kuba turi abaturanyi babo, natwe niko bashaka kudufata. Ntushobora kwemeranya ikintu n’umunyapolitiki wa Uganda ngo wizere ko ari bugikore ku munsi ukurikiyeho. Nk’uko umugani wa Kinyarwanda ubivuga, ‘Uwububa abonwa n’uhagaze’ ndetse ‘iminsi y’igisambo irabaze’. Kuri iyi nshuro twari twazanye Abanye-Congo n’Abanya-Angola; ngo nabo babyibonere.

Ubwo ikibazo cyari kimaze gukomera, u Rwanda rwahisemo gukomanyiriza bicuruzwa bituruka muri Uganda.

Abanya-Uganda batangiye kuvuga bati “Abanyarwanda bazasonza bende gupfa. Ibiribwa byose barya bituruka muri Uganda.”

Iyo mvugo y’ikinyoma ishoboka muri Uganda honyine. Iyo umuntu afite amafaranga arira muri restaurant ahisemo kandi hari ibihugu 194 umuntu ashobora gutumizamo ibyo akeneye. Ariko Abanyapolitiki bo muri Uganda babeshye abaturage babo ko abanyarwanda barya indyo imwe gusa. Nyuma y’amezi atandatu y’icyo cyemezo, Uganda yari itangiye gusaba inguzanyo yihutirwa muri IMF kugira ngo izibe icyuho cyatewe n’ikumirwa ry’ubucuruzi n’u Rwanda.

Muri icyo gihe u Rwanda rwari ruhugiye mu kwishyura miliyoni nyinshi z’amayero ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, ngo irimbishe ikipe yayo na Stade ya Parc des Princes ikirango cyamamaye ku isi hose aricyo: ‘Visit Rwanda’ – Umunyarwanda yaravuze ngo: Uwapfuye yarihuse…’

Nyuma y’inama itaratanze umusaruro, abanya-Uganda bashatse gukwiza ikindi kinyoma, basaba u Rwanda ko bakora itangazo rihuriweho rigamije kugaragaza ko ibintu byose byagenze neza. Minisitiri Nduhungirehe yaratangaye:

Ababwira ati: Sinabeshya abanyarwanda. Mukore itangazo ryanyu mu Luganda niba mubishaka. Ndakora iryanjye mbabwire ukuri ko tutageze ku masezerano:

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzirukana imitwe irwanya u Rwanda irimo kwisuganyiriza mu gihugu cyanyu ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzarekura ibihumbi by’abanyarwanda b’inzirakarengane mumaze igihe mufunze batazi ibyo baregwa ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzahagarika gutoteza abanyarwanda bakorera ingendo cyangwa baba muri Uganda.

Abanye-Congo bamaze kumenyera guta muri yombi abagize umutwe w’iterabwoba wa FDLR bavuye kubonana n’abayobozi ba Uganda mu nama zigamije gucura imigambi yo gutera u Rwanda. Igisirikare cyabo (FARDC) gikomeje kwica cyangwa gufata abarwanyi batojwe ndetse bagahabwa intwaro na Uganda.

Abanya- Angola nyuma yo kuyobora inama ya mbere yiga ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda, batangiye kumenya abo Abanya-Uganda aribo. Mu yandi magambo, Uganda yari yonyine mu nama, yumiwe kandi iri ku butaka bwayo.

Abenshi mu itsinda rya Uganda babaga bahunyiza, bajya kuvuga bakavuga ibintu bidashinga imbere y’itsinda ry’abahanga bakiri bato, bari maso kandi badaca hirya, bashyigikiza ibimenyetso byabo amategeko mpuzamahanga, ibyemeranyijwemo mu kwihuza kw’akarere na dipolomasi.

Umuhanuzi Bob Marley wo muri Jamaica yagize ati: ‘Ushobora kujijisha abantu igihe kimwe, ariko ntabwo wajijisha abantu bose igihe cyose’.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wari umaze kurambirwa, yaciriye Abanya-Uganda umugani w’inyeshyamba Jonas Savimbi n’uwari umutwe we witwaje intwaro wa UNITA, abihuza na Kayumba Nyamwasa na RNC ye.

Yavuze uburyo Savimbi yari afite ibirindiro muri Zaire, agafashwa cyane na Perezida Mobutu wa Zaire. Gusa ubwo Mobutu yari amaze kuvanwaho n’abanyarwanda, Savimbi na UNITA ye ntabwo bamaze kabiri. Yagize ati “kuva ubwo tumaze imyaka cumi n’irindwi y’amahoro,”mu gusoza asa n’uburira abanya-Uganda, ati “Niba mudashaka gukemura ikibazo gito cya Kayumba Nyamwasa, mushobora kwisanga muhanganye n’ikibazo kinini kurushaho”.

Ubutaha abanya-Uganda bashobora kutemera ko abahuza baba mu cyumba cy’ibiganiro kubera ko barimo gukozwa isoni mu ruhame.

Src: igihe

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023
Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze
Mu Mahanga

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa
UBUKERARUGENDO

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.
Amakuru

Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Ubwanditsi 08 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru