• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 04 Jun 2018 Mu Rwanda

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II kuri uyu wa 04 Kamena yahaye Umunyarwandakazi Isabelle Kamariza igihembo cya Commonwealth Points of Light kubera ubwitange yagaragaje mu gufasha abarwayi mu bitaro byo mu Rwanda.

Isabelle Kamariza akaba yarashinze umuryango yise ‘Solid Africa’ ufasha abarwayi mu bitaro bitandukanye bya leta mu Rwanda, aho umuryango wahereye ku itsinda rito ry’urubyiruko rufite akazi rufasha  abarwayi batanu, kuri ubu bakaba bafasha abarwayi bagera mu 1000 buri munsi.

Irangajwe imbere na Isabelle, Solid Africa yabaye umuryango wifashishije ufte gahunda zigera kuri 4 zitanga imfashanyo y’amafaranga ndetse ikishyurira abarwayi amafaranga yo kwivuza n’ay’ingendo, gutanga amazi meza mu bitaro, kugaburira abarwayi batifashije bahabwa indyo bategekwa na muganga n’ibindi.

Kuri ubu, Isabelle ngo arateganya kubaka igikoni kizajya kigaburira abarwayi 1000 inshuro 3 ku munsi mu bitaro bine muri Kigali.

Mu rwego rw’inama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth yabereye London mu minsi ishize, Umwamikazi w’u Bwongereza nk’umukuru wa Commonwealth akomeje gushimira abakorerabushake bo mu bihugu 53 bigize uyu muryango buri cyumweru mu gihe cy’imyaka 2 ikurikira iyi nama.

Isabelle aravuga iki?

Nyuma yo gushimirwa n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Isabelle kamariza yatangaje ko iteka ashimishwa no kubona ibyo bakora bishimwa kubera ko ngo nubwo kenshi ari we ugaragara muri uyu muryango yashinze, inyuma ye hari abandi bakorerabushake badahagarikwa batangiranye nawe n’abandi babiyunzeho baturutse mu bindi bihugu.

Ati: “Iki gihembo ni ikindi kimenyetso cy’uko tugomba gukora ikintu kiza. N’ubufasha bwanyu bukomeje, twiyemeje gukomeza imbaraga zacu kandi mu myaka iza, tuzazagura mu gihugu cyose ndetse no hanze y’u Rwanda, Imana nibishaka. Ndabashimiye na none biturutse mu ndiba y’umutima wanjye kandi ndabinginze munshimire Nyir’icyubahiro, Umwamikazi.”

Ibihembo bya Commnwealth Points of Light ni ibihembo bitangwa mu rwego rwo guha icyubahiro abakorerabushake usanga ibikorwa byabo bya buri munsi bigira uruhare mu guhindura ibintu aho baturuka kandi usanga amateka yabo yabera icyitegererezo abandi mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije aho batuye no hanze yaho.

Isabelle abaye Umunyarwandakazi wa kabiri uhawe igihembo muri uru rwego nyuma ya Mary Balikungeri washinze umuryango Rwanda Women’s Network (RWN) uherutse Guhabwa igihembo nk’iki cya Commonwealth Points of Light kubera uruhare rwe mu guteza imbere imibereho y’ abagore.

 

2018-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

RUSHYASHYA 07 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose
Amakuru

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?
Amakuru

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Ubwanditsi 22 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru