• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangaje ko mu ntego 52 zashyiriweho icyerekezo 2020, izigera ku munani zingana na 15% arizo zimaze gushyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 100% mu gihe hasigaye imyaka ibiri kugira ngo kirangire.

Mu mibare Minisitiri w’Intebe yamurikiye abayobozi bari mu Mwiherero wa 15 w’abayobozi, yavuze ko mu ntego zashyizweho, izigera kuri 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 75%; intego 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 50% n’intego esheshatu zingana na 12% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri munsi ya 50%.

Yagize ati “Bimwe mu byagezweho mu nkingi y’ubukungu ni uko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu (GDP) ukomeje kwiyongera. Kuva mu 2000 kugera mu 2016 wiyongereye ku mpuzandengo (average) ya 8%. Wavuye kuri miliyari 676 zo mu 2000 ugera kuri miliyari 6,618.”

“Impuzandengo y’ingano y’umusaruro ku muntu umwe mu mwaka igeze ku madolari ya Amerika $729 ku ntego ya $1240. Umubare w’Abanyarwanda bari munsi y’umurongo w’ubukene waraganutse ku buryo bugaragara kuko umubare wavuye kuri 60.4% twari dufite mu 2000 ukagera kuri 39.1%.”

Yanavuze ko umubare w’impfu z’abana wagabanutse uva ku 107/1000 mu 2000 ubu ugeze kuri 32/1000; umubare w’ababyeyi bapfa babyara wo ugeze kuri 210/100,000 bavuye 1,071/100,000 mu 2000.

Zimwe mu mpamvu Minisitiri w’Intebe avuga ko zituma hari intego zitagerwaho uko byakabaye, harimo ko inzego z’ibanze zidakorana, kuba igishushanyo mbonera kitubahirizwa n’isesagurwa ry’umutungo, kimwe no guhimba imibare mu gihe cya raporo zitangwa.

Ikibazo cy’umutungo kigaragarira mu mwaka w’Ingengo y’Imari ya 2015/16, aho mu nzego 139 zagenzuwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, 40% gusa aribo bagize raporo ntamwakemwa, 50% aba aribo gusa bashyira mu bikorwa inama zatanzwe n’umugenzuzi mu mwaka wari wabanje.

Ikindi ni uko muri uwo mwaka, hari imishinga 98 yo kubaka ibikorwaremezo yadindiye, imyinshi abikorera bayita baramaze kwishyurwa.

Zimwe mu nzego zitaragerwaho harimo kuba zitarabasha kuzamuka ku gipimo cyari cyarahigiwe harimo nko kuzamura ibyoherezwa mu mahanga, iterambere ry’urwego rwa serivisi, izamuka ry’urwego rw’ubuhinzi n’ibindi.

Iki Cyerekezo ni umusaruro wo kungurana ibitekerezo kwabaye hagati ya 1997 na 2000 ari nawo mwaka cyatangiriyeho gushyirwa mu bikorwa. Ni uruhurirane rw’ibyifuzo n’imigambi by’Abanyarwanda bigamije kubaka Ubunyarwanda bushingiye ku bumwe na demokarasi kandi buri wese yibonamo nyuma y’amateka maremare yaranzwe n’ubuyobozi bukandamiza kandi buvangura.

Icyerekezo 2020 cyihaye inkingi magirirane esheshatu, zirimo imiyoborere myiza no gucunga neza ibya rubanda, umutungo ushingiye ku bantu bafite ubushobozi, urwego rw’abikorera rukomeye, ibikorwaremezo bijyanye n’igihe tugezemo, ubuhinzi n’ubworozi buvuguruye, byose bigamije kugera ku masoko yaba ay’imbere mu gihugu, mu karere turimo ndetse n’ahandi ku Isi.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018
Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Ubwanditsi 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 14 May 2026
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa
POLITIKI

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange
INKURU NYAMUKURU

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru