• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangaje ko mu ntego 52 zashyiriweho icyerekezo 2020, izigera ku munani zingana na 15% arizo zimaze gushyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 100% mu gihe hasigaye imyaka ibiri kugira ngo kirangire.

Mu mibare Minisitiri w’Intebe yamurikiye abayobozi bari mu Mwiherero wa 15 w’abayobozi, yavuze ko mu ntego zashyizweho, izigera kuri 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 75%; intego 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 50% n’intego esheshatu zingana na 12% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri munsi ya 50%.

Yagize ati “Bimwe mu byagezweho mu nkingi y’ubukungu ni uko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu (GDP) ukomeje kwiyongera. Kuva mu 2000 kugera mu 2016 wiyongereye ku mpuzandengo (average) ya 8%. Wavuye kuri miliyari 676 zo mu 2000 ugera kuri miliyari 6,618.”

“Impuzandengo y’ingano y’umusaruro ku muntu umwe mu mwaka igeze ku madolari ya Amerika $729 ku ntego ya $1240. Umubare w’Abanyarwanda bari munsi y’umurongo w’ubukene waraganutse ku buryo bugaragara kuko umubare wavuye kuri 60.4% twari dufite mu 2000 ukagera kuri 39.1%.”

Yanavuze ko umubare w’impfu z’abana wagabanutse uva ku 107/1000 mu 2000 ubu ugeze kuri 32/1000; umubare w’ababyeyi bapfa babyara wo ugeze kuri 210/100,000 bavuye 1,071/100,000 mu 2000.

Zimwe mu mpamvu Minisitiri w’Intebe avuga ko zituma hari intego zitagerwaho uko byakabaye, harimo ko inzego z’ibanze zidakorana, kuba igishushanyo mbonera kitubahirizwa n’isesagurwa ry’umutungo, kimwe no guhimba imibare mu gihe cya raporo zitangwa.

Ikibazo cy’umutungo kigaragarira mu mwaka w’Ingengo y’Imari ya 2015/16, aho mu nzego 139 zagenzuwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, 40% gusa aribo bagize raporo ntamwakemwa, 50% aba aribo gusa bashyira mu bikorwa inama zatanzwe n’umugenzuzi mu mwaka wari wabanje.

Ikindi ni uko muri uwo mwaka, hari imishinga 98 yo kubaka ibikorwaremezo yadindiye, imyinshi abikorera bayita baramaze kwishyurwa.

Zimwe mu nzego zitaragerwaho harimo kuba zitarabasha kuzamuka ku gipimo cyari cyarahigiwe harimo nko kuzamura ibyoherezwa mu mahanga, iterambere ry’urwego rwa serivisi, izamuka ry’urwego rw’ubuhinzi n’ibindi.

Iki Cyerekezo ni umusaruro wo kungurana ibitekerezo kwabaye hagati ya 1997 na 2000 ari nawo mwaka cyatangiriyeho gushyirwa mu bikorwa. Ni uruhurirane rw’ibyifuzo n’imigambi by’Abanyarwanda bigamije kubaka Ubunyarwanda bushingiye ku bumwe na demokarasi kandi buri wese yibonamo nyuma y’amateka maremare yaranzwe n’ubuyobozi bukandamiza kandi buvangura.

Icyerekezo 2020 cyihaye inkingi magirirane esheshatu, zirimo imiyoborere myiza no gucunga neza ibya rubanda, umutungo ushingiye ku bantu bafite ubushobozi, urwego rw’abikorera rukomeye, ibikorwaremezo bijyanye n’igihe tugezemo, ubuhinzi n’ubworozi buvuguruye, byose bigamije kugera ku masoko yaba ay’imbere mu gihugu, mu karere turimo ndetse n’ahandi ku Isi.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!
Amakuru

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Ubwanditsi 12 Oct 2023
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro
IMIKINO

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”
Amakuru

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Ubwanditsi 27 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru