• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangaje ko mu ntego 52 zashyiriweho icyerekezo 2020, izigera ku munani zingana na 15% arizo zimaze gushyirwa mu bikorwa ku kigereranyo cya 100% mu gihe hasigaye imyaka ibiri kugira ngo kirangire.

Mu mibare Minisitiri w’Intebe yamurikiye abayobozi bari mu Mwiherero wa 15 w’abayobozi, yavuze ko mu ntego zashyizweho, izigera kuri 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 75%; intego 19 zingana na 37% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri hejuru ya 50% n’intego esheshatu zingana na 12% zimaze gushyirwa mu bikorwa ku gipimo kiri munsi ya 50%.

Yagize ati “Bimwe mu byagezweho mu nkingi y’ubukungu ni uko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu (GDP) ukomeje kwiyongera. Kuva mu 2000 kugera mu 2016 wiyongereye ku mpuzandengo (average) ya 8%. Wavuye kuri miliyari 676 zo mu 2000 ugera kuri miliyari 6,618.”

“Impuzandengo y’ingano y’umusaruro ku muntu umwe mu mwaka igeze ku madolari ya Amerika $729 ku ntego ya $1240. Umubare w’Abanyarwanda bari munsi y’umurongo w’ubukene waraganutse ku buryo bugaragara kuko umubare wavuye kuri 60.4% twari dufite mu 2000 ukagera kuri 39.1%.”

Yanavuze ko umubare w’impfu z’abana wagabanutse uva ku 107/1000 mu 2000 ubu ugeze kuri 32/1000; umubare w’ababyeyi bapfa babyara wo ugeze kuri 210/100,000 bavuye 1,071/100,000 mu 2000.

Zimwe mu mpamvu Minisitiri w’Intebe avuga ko zituma hari intego zitagerwaho uko byakabaye, harimo ko inzego z’ibanze zidakorana, kuba igishushanyo mbonera kitubahirizwa n’isesagurwa ry’umutungo, kimwe no guhimba imibare mu gihe cya raporo zitangwa.

Ikibazo cy’umutungo kigaragarira mu mwaka w’Ingengo y’Imari ya 2015/16, aho mu nzego 139 zagenzuwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, 40% gusa aribo bagize raporo ntamwakemwa, 50% aba aribo gusa bashyira mu bikorwa inama zatanzwe n’umugenzuzi mu mwaka wari wabanje.

Ikindi ni uko muri uwo mwaka, hari imishinga 98 yo kubaka ibikorwaremezo yadindiye, imyinshi abikorera bayita baramaze kwishyurwa.

Zimwe mu nzego zitaragerwaho harimo kuba zitarabasha kuzamuka ku gipimo cyari cyarahigiwe harimo nko kuzamura ibyoherezwa mu mahanga, iterambere ry’urwego rwa serivisi, izamuka ry’urwego rw’ubuhinzi n’ibindi.

Iki Cyerekezo ni umusaruro wo kungurana ibitekerezo kwabaye hagati ya 1997 na 2000 ari nawo mwaka cyatangiriyeho gushyirwa mu bikorwa. Ni uruhurirane rw’ibyifuzo n’imigambi by’Abanyarwanda bigamije kubaka Ubunyarwanda bushingiye ku bumwe na demokarasi kandi buri wese yibonamo nyuma y’amateka maremare yaranzwe n’ubuyobozi bukandamiza kandi buvangura.

Icyerekezo 2020 cyihaye inkingi magirirane esheshatu, zirimo imiyoborere myiza no gucunga neza ibya rubanda, umutungo ushingiye ku bantu bafite ubushobozi, urwego rw’abikorera rukomeye, ibikorwaremezo bijyanye n’igihe tugezemo, ubuhinzi n’ubworozi buvuguruye, byose bigamije kugera ku masoko yaba ay’imbere mu gihugu, mu karere turimo ndetse n’ahandi ku Isi.

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye  gushyirwa mu bikorwa
Mu Mahanga

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri
Amakuru

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 02 Nov 2021
CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria
IMIKINO

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru