• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko 80 % by’imyanzuro umunani y’inama y’Umushyikirano yabaye mu Ukuboza 2017, yashyizwe mu bikorwa uko byari byasabwe.

Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga inama y’Umushyikirano ya 16, Dr Ngirente yavuze ko umwanzuro umwe ari wo utarabashije gushyirwa mu bikorwa.

Yagize ati “Iyo myanzuro yagabanyijwe ibikorwa 56, muri byo 44 bingana na 80 % byashyizwe mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe. Ibikorwa 10 bingana na 18.2 % bigeze ku kigero kiri hagati ya 50 na 80 %. Igikorwa kimwe kingana na 1.8 % cyagendanaga no kuvugurura amashuri y’ubumenyi ngiro cyahuye n’imbogamizi nticyagerwaho ku gihe cyagenwe, ariko ubu imbogamizi zakuweho.”

Ku mwanzuro ujyanye n’uburezi, hashyizweho ibyumba 286 bikoresha ikoranabuhanga mu kwigisha (smart classrooms) mu mashuri 168 ndetse binashyirwaho umurongo wa internet yihuta.

Hubatswe ibyumba by’amashuri 922 n’ubwiherero bw’abana bugera ku 1341. Abarimu 62616 bahuguwe bijyanye n’imfashanyigisho nshya ishingiye ku bumenyi n’ubushobozi bw’umunyeshuri.

Hahuguwe kandi abarimu bahugura abandi 4417 mu myigishirize y’indimi. Hahuguwe abarimu 727 mu nzego zitandukaye z’imyuga.

Minisitiri w’Intebe yanavuze ko hakozwe isuzuma ry’ibikenewe kugira ngo ingengabihe y’amashuri abanza n’ayisumbuye izahuzwe n’umwaka w’amashuri makuru na za kaminuza.

Abana bagera ku bihumbi 55 533 bari barataye amashuri umwaka ushize bayasubijwemo.

Mu bijyanye n’ubuzima, abaganga 409 bakomeje amasomo yabo mu rwego rwo kongera umubare w’abaganga b’inzobere. Hateguwe kandi gahunda yo kujya kuvurira abaturage aho batuye, aho abaturage 145 000 bavuwe.

Mu buzima kandi hatangijwe gahunda yo gusana ibitaro bitanu harimo ibitaro bya Byumba, Gatonde, Gatunda, Munini na Nyabikenke.

Ku mwanzuro wo kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, havuguruwe igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ibihano by’ibyo byaha birakazwa.

Abana 4123 bahoze ari inzererezi baragorowe batozwa imyuga n’ubumenyi ngiro mu byiciro bitandukanye.

Mu bijyanye no kurwanya imirire mibi, hashyizwe imbaraga muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana bato hakorwa ubukangurambaga.

Abana 74 248 n’ababyeyi 13111 bo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe bahawe indyo zikungahaye ku ntungamubiri kugira ngo bagire ubuzima bwiza.

Mu bukungu, ingo 138 390 zahawe amashanyarazi binyuze ku murongo mugari. Ingo zisaga ibihumbi 61 zagejejweho amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Mu koroshya ishoramari, havuguruwe ibiciro by’amashanyarazi.

Ku mwanzuro wo kuzamura umuco wo kuzigama, hateguwe gahunda ihamye y’ubwizigame bw’igihe kirekire. Ku ikubitiro abasaga ibihumbi 30 bamaze kwiyandikisha, bamaze no kwizigamira agera kuri miliyoni 17.

Mu muco, handitswe igitabo ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Amashuri 18 mpuzamahanga akorera mu Rwanda kandi nayo yemeye gushyira isomo ry’Ikinyarwanda mu nyigisho zabyo.

Urubyiruko rusaga ibihumbi 55 rwanyuze mu rugerero ndetse abanyeshuri ibihumbi 52 basoje amashuri yisumbuye bakoze ibikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye inzu, ubwiherero, ibigega byo gufata amazi n’ibindi.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Ubwanditsi 09 Dec 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi
Mu Rwanda

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017
UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL
Mu Rwanda

UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL

Ubwanditsi 02 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru