• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko 80 % by’imyanzuro umunani y’inama y’Umushyikirano yabaye mu Ukuboza 2017, yashyizwe mu bikorwa uko byari byasabwe.

Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga inama y’Umushyikirano ya 16, Dr Ngirente yavuze ko umwanzuro umwe ari wo utarabashije gushyirwa mu bikorwa.

Yagize ati “Iyo myanzuro yagabanyijwe ibikorwa 56, muri byo 44 bingana na 80 % byashyizwe mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe. Ibikorwa 10 bingana na 18.2 % bigeze ku kigero kiri hagati ya 50 na 80 %. Igikorwa kimwe kingana na 1.8 % cyagendanaga no kuvugurura amashuri y’ubumenyi ngiro cyahuye n’imbogamizi nticyagerwaho ku gihe cyagenwe, ariko ubu imbogamizi zakuweho.”

Ku mwanzuro ujyanye n’uburezi, hashyizweho ibyumba 286 bikoresha ikoranabuhanga mu kwigisha (smart classrooms) mu mashuri 168 ndetse binashyirwaho umurongo wa internet yihuta.

Hubatswe ibyumba by’amashuri 922 n’ubwiherero bw’abana bugera ku 1341. Abarimu 62616 bahuguwe bijyanye n’imfashanyigisho nshya ishingiye ku bumenyi n’ubushobozi bw’umunyeshuri.

Hahuguwe kandi abarimu bahugura abandi 4417 mu myigishirize y’indimi. Hahuguwe abarimu 727 mu nzego zitandukaye z’imyuga.

Minisitiri w’Intebe yanavuze ko hakozwe isuzuma ry’ibikenewe kugira ngo ingengabihe y’amashuri abanza n’ayisumbuye izahuzwe n’umwaka w’amashuri makuru na za kaminuza.

Abana bagera ku bihumbi 55 533 bari barataye amashuri umwaka ushize bayasubijwemo.

Mu bijyanye n’ubuzima, abaganga 409 bakomeje amasomo yabo mu rwego rwo kongera umubare w’abaganga b’inzobere. Hateguwe kandi gahunda yo kujya kuvurira abaturage aho batuye, aho abaturage 145 000 bavuwe.

Mu buzima kandi hatangijwe gahunda yo gusana ibitaro bitanu harimo ibitaro bya Byumba, Gatonde, Gatunda, Munini na Nyabikenke.

Ku mwanzuro wo kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, havuguruwe igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ibihano by’ibyo byaha birakazwa.

Abana 4123 bahoze ari inzererezi baragorowe batozwa imyuga n’ubumenyi ngiro mu byiciro bitandukanye.

Mu bijyanye no kurwanya imirire mibi, hashyizwe imbaraga muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana bato hakorwa ubukangurambaga.

Abana 74 248 n’ababyeyi 13111 bo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe bahawe indyo zikungahaye ku ntungamubiri kugira ngo bagire ubuzima bwiza.

Mu bukungu, ingo 138 390 zahawe amashanyarazi binyuze ku murongo mugari. Ingo zisaga ibihumbi 61 zagejejweho amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Mu koroshya ishoramari, havuguruwe ibiciro by’amashanyarazi.

Ku mwanzuro wo kuzamura umuco wo kuzigama, hateguwe gahunda ihamye y’ubwizigame bw’igihe kirekire. Ku ikubitiro abasaga ibihumbi 30 bamaze kwiyandikisha, bamaze no kwizigamira agera kuri miliyoni 17.

Mu muco, handitswe igitabo ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Amashuri 18 mpuzamahanga akorera mu Rwanda kandi nayo yemeye gushyira isomo ry’Ikinyarwanda mu nyigisho zabyo.

Urubyiruko rusaga ibihumbi 55 rwanyuze mu rugerero ndetse abanyeshuri ibihumbi 52 basoje amashuri yisumbuye bakoze ibikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye inzu, ubwiherero, ibigega byo gufata amazi n’ibindi.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
SHOWBIZ

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye
POLITIKI

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Ubwanditsi 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru