• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017 Mu Rwanda

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Madiba wo mu itsinda rya Urban Boyz, yasubiye muri Canada mu buryo butamenywe na benshi ndetse nta gihindutse umugabo we azamusangayo.

Nyuma y’ibyumweru bibiri bashimangiye iby’urukundo rwabo ndetse bagahana isezerano ryo kubana nk’umugore n’umugabo, Niyonizera Judithe yamaze gusubira muri Canada aho bivugwa ko yajyanywe no gukemura ibibazo yagiranye n’umugabo witwa Rick Hilton wamushyize mu majwi avuga ko yamuhemukiye.

Mu kiganiro dukesha IGIHE yagiranye na Rick Hilton waherukaga gutangaza ko yicuza gushyira ahagaragara amafoto y’ubwambure bw’umugore wa Safi, yemeje ko na we azi neza amakuru y’uko Niyonizera yafashe indege yerekeza muri Canada.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe ku mafoto, avuga ko inkuru zose yatangaje zari ukuri kwambaye ubusa ariko ngo icyatumye ahagarika ibyo yatangazaga ku mibanire ye na Niyonizera ari igitutu yashyizweho n’abana be bakuze bamugiriye inama.

Yagize ati “Nibyo rwose njye mpagaze ku nkuru yanjye ijana ku ijana. Nahagaritse ibyo nari ndimo kubera abakobwa banjye, bari babangamiwe nabyo cyane aho dutuye. Ubu kugera muri rubanda kuri njye byabaye bihagaritswe.”

Muri ubu butumwa yohereje ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Rick yongeyeho ati “Icyakora njye n’abandi turimo gukora iperereza ku byaha avugwaho, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zimaze kwakira ibirego bitatu kuri we, amakuru angeraho kandi yemeza ko ubu yafashe indege aza inaha.”

Inzego zishinzwe umutekano ngo zamubwiye ko Niyonizera afite uburenganzira buhoraho bwo gutura muri Canada ariko kubera atari umwenegihugu akaba ashobora gukurikiranwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka. Uyu mugabo avuga ko amaze iminsi anahura n’abandi bantu bamuha amakuru ku mugore wa Safi.

Mu magambo Rick avuga yumvikanisha ko agifite akababaro yatewe na Niyonizera wasubiye muri Canada ngo bakemure ibibazo bafite hagati yabo ndetse akemeza ko ikibazo cyabo yamaze kukigeza mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ngo gikurikiranwe n’ubuyobozi.

Amakuru azwi na bake mu nshuti za hafi za Safi ni uko umugore we yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki 16 Ukwakira 2017, ndetse ko Safi yamuherekeje akamugeza i Kanombe ku kibuga cy’indege. Bivugwa ko Niyonizera atazagaruka mu Rwanda ahubwo Safi azamusangayo.

Mu ntangiriro z’umubano wa Safi na Nizonizera byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada. Mu gihe uyu mugore yamaranye na Safi bakirushinga bahise babanza kujya mu cyumweru cya buki muri Zanzibar nyuma bagaruka i Kigali aho babanaga mu nzu baguze i Kagugu.

-8424.jpg

Niyonizera Judithe warushinze na Safi Niyibikora, yasubiye muri Canada

[ video ]


2017-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Ubwanditsi 23 May 2018
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Ubwanditsi 23 May 2018
Itangazo rigenewe abanyamakuru

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu
Mu Rwanda

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016
AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya
Amakuru

AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya

Ubwanditsi 28 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru