• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko RNC muri Uganda ikomeje icengezamatwara no gushaka ubushobozi, ifashijwe n’abayobozi ba CMI
Major Robert Higiro wari uhagarariye RNC munama Uganda

Uko RNC muri Uganda ikomeje icengezamatwara no gushaka ubushobozi, ifashijwe n’abayobozi ba CMI

Ubwanditsi 14 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibi nibyatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier, mu nama ya gatatu yahuje komisiyo ihuriweho y’u Rwanda na Uganda, ku mupaka wa Gatuna.

Ni inama yari igamijwe gusuzuma ibimaze kugerwaho nyuma y’amasezerano ya Luanda, agamije guhosha umwuka mubi umaze iminsi hagati y’ibihugu byombi.

Yavuze ko yizeye ko iyi nama ya gatatu iganisha ku bisubizo by’ibibazo abayobozi b’ibihugu bagaragaje mu nama ya Luanda, ku buryo bizafatwaho umwanzuro mu nama  yanyuma y’i Gatuna. Nubwo ngo hari intambwe yari yatangiye guterwa nk’irekurwa ry’abanyarwanda icyenda, hari n’ibitarakozwe birimo ubufasha Uganda iha imitwe n’abantu bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse atanga ingero.

Icya mbere yavuze uburyo ubuyobozi bwa RNC muri Uganda bukomeje icengezamatwara no gushaka ubushobozi, bafashijwe n’abayobozi ba CMI barimo Col Sike Asiimwe, Umuyobozi wungirije wa CMI akaba n’umuyobozi ushinzwe kurwanya iterabwoba.

Amb Nduhungirehe yakomeje ati “Charlotte Mukankusi wo muri RNC ushinzwe diplomasi, yasuye Uganda mu kwezi gushize agiye guhura n’abayobozi ba Uganda. Icya gatatu, RNC mu ntara ya Uganda iyobowe na Pasiteri Deo Nyirigira na Dr Sam Ruvuma, bakomeje ibikorwa birimo gushaka abarwanashyaka, kuvugurura imikorere, gukora icengezamatwara no gushinga komite nshya muri Uganda, by’umwihariko mu nkambi za Kyangwali na Nakivale na Mityana.”

Ikindi ngo ni uko Capt Nshimiye uzwi nka Governor wayoboye ibitero byo mu Kinigi mu ijoro ryo ku wa 3-4 Ukwakira 2020, akomeje kurengerwa n’inzego z’umutekano za Uganda, agafatanya n’umunyamabanga wa Leta Philemon Mateke.

“Akomeje kujya mu nkambi wa Kyangwali aho abarwanyi bamwe n’imiryango yabo baba. Akunda kujya i Kisoro gusura umugore we cyangwa guhura na Minisitiri Mateke, akamuha amabwiriza. Nicyo kimwe na Nzabonimana Fidele, Kabayiza Seleman na Mugwaneza Eric ba RUD Urunana bagize uruhare mu bwicanyi byo mu Kinigi bagatanga raporo ku buyobozi bwa Uganda mu Ukwakira 2019, bacungiwe umutekano n’inzego z’umutekano za Uganda ngo batazagezwa imbere y’ubutabera mu Rwanda.”

“Ikindi ni uko ku wa 2 Gashyantare 2020, umunsi habayeho inama ya komisiyo ihuriweho y’ibihugu bine, habaye inama y’iminsi ibiri ya RNC na RUD Urunana yabereye i Mbarara. Iyo nama yitabiriwe n’abarimo Capt Nshimiye uzwi nka Governor, Col Rugema Emmanuel na Col Sam ba RUD Urunana, mu gihe Lt Frank Mushayija watorotse igisirikare, Major Ntare, Capt Frank Mugisha uzwi nka Sunday, JMV Turabumukiza na Major Robert Higiro wari uhagarariye RNC. CMI yohereje imodoka zafashe Col Rugema n’itsinda rye bava i Kisoro bajya i Mbarara mu nama.”

“Intego z’iyo nama kwari ugucura imigambi yo kurema umutwe uhuriweho na RUD na RNC no gukomeza ibikorwa by’icengezamatwara.”

Nduhungirehe yanakomeje avuga uburyo kugeza ubu hari umubare munini w’abanyarwanda bafungiwe muri Uganda mu buryo butemewe.

Yakomeje ati “Abanyarwanda ubu barimo gupfa kubera iyicarubozo bakorewe na CMI, urugero rubabaje ruheruka ni urwa Emmanuel Mageza w’myaka 50, wakorewe iyicarubozo mu gihe kirenga umwaka muri kasho za CMI, uheruka kugwa mu bitaro byo mu mutwe bya Butabika, ashyingurwa muri Uganda.”

Yavuze ko umuryango we usaba ko yakoherezwa mu Rwanda ngo ashyingurwe bikurikije amategeko.

2020-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ubwanditsi 20 Nov 2023
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ubwanditsi 14 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Ubwanditsi 08 Jan 2019
PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire
POLITIKI

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

Ubwanditsi 20 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru