• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Ubwanditsi 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame aravuga ko byarushaho kuba byiza kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari y’amamiliyari y’amadorali agenda ku butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo(MONUSCO) gikoreshejwe mu gufasha abaturage b’icyo gihugu.

Ibyo yabivugiye i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu kuri uyu wa 20 Nzeli 2017, mu kiganiro yatanze cyibanze ku bubanyi n’amahanga aho yabazwaga ibibazo bitandukanye akagenda ibisubiza.

Umuryango w’Abibumbye uherutse kwemeza ingengo y’imari y’Amadorali ya Amerika 1, 141, 848, 100 nk’amafaranga agomba gukoreshwa na MONUSCO mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/18.

Cyakora, ni kenshi akazi gakorwa na MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kanengwa kubera ko muri icyo gihugu hagenda harushaho kuba isibaniro ry’imitwe itandukanye yitwaza intwaro yirirwa yica abaturage hejuru y’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro.

Mu gihe benshi bemeza ko amafaranga agenda ku butumwa bw’amahoro bwa MONUSCO nta musaruro atanga, Perezida Kagame we asanga byakabaye byiza kimwe cya kabiri cy’ayo mafaranga gihawe abaturage ba Kongo akabafasha mu mibereho, Ati “Mu myaka irenga icumi, cumi n’itanu turibaza, mufite ingabo ibihumbi 20 zimaze gutakazwaho amamiliyari. Ntitwemeranyaga n’ibyo Umuryango w’Abibumbye uvuga, iyo muba mwarakoresheje icya kabiri cy’ayo mafaranga mufasha abaturage ba Kongo mwari kuba mukora neza.”

Perezida Kagame akomeza yibaza niba MONUSCO yisuzuma igamije kunoza akazi ko kugarura no kubungabunga umutekano ikora, ati “ Mwaba se ahubwo mwisuzuma ku byo mukora n’uburyo muhindura abaturage b’ibihugu murimo?.”

Ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bwatangiye ku itariki ya 30 Ugushyingo 1999 bushyirwaho n’umwanzuro wa 1279 wa UN, ubwo butumwa bwatangiranye izina rya MONUC, iri zina ryaje guhinduka MONUSCO mu mwaka wa 2010.

Umuryango w’Abibumbye ubinyujije ku rubuga rwawo rwa murandasi utangaza ko ubutumwa bw’amahoro bwa MONUSCO muri Kongo burimo abantu 18,316 bambaye impuzankano za gisirikare.

-8002.jpg

Perezida Paul Kagame atanga ikiganiro (Ifoto/Urugwiro Village)

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Ubwanditsi 21 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda
HIRYA NO HINO

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017
Mu Rwanda

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda
Amakuru

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru