• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Ubwanditsi 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame aravuga ko byarushaho kuba byiza kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari y’amamiliyari y’amadorali agenda ku butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo(MONUSCO) gikoreshejwe mu gufasha abaturage b’icyo gihugu.

Ibyo yabivugiye i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu kuri uyu wa 20 Nzeli 2017, mu kiganiro yatanze cyibanze ku bubanyi n’amahanga aho yabazwaga ibibazo bitandukanye akagenda ibisubiza.

Umuryango w’Abibumbye uherutse kwemeza ingengo y’imari y’Amadorali ya Amerika 1, 141, 848, 100 nk’amafaranga agomba gukoreshwa na MONUSCO mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/18.

Cyakora, ni kenshi akazi gakorwa na MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kanengwa kubera ko muri icyo gihugu hagenda harushaho kuba isibaniro ry’imitwe itandukanye yitwaza intwaro yirirwa yica abaturage hejuru y’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro.

Mu gihe benshi bemeza ko amafaranga agenda ku butumwa bw’amahoro bwa MONUSCO nta musaruro atanga, Perezida Kagame we asanga byakabaye byiza kimwe cya kabiri cy’ayo mafaranga gihawe abaturage ba Kongo akabafasha mu mibereho, Ati “Mu myaka irenga icumi, cumi n’itanu turibaza, mufite ingabo ibihumbi 20 zimaze gutakazwaho amamiliyari. Ntitwemeranyaga n’ibyo Umuryango w’Abibumbye uvuga, iyo muba mwarakoresheje icya kabiri cy’ayo mafaranga mufasha abaturage ba Kongo mwari kuba mukora neza.”

Perezida Kagame akomeza yibaza niba MONUSCO yisuzuma igamije kunoza akazi ko kugarura no kubungabunga umutekano ikora, ati “ Mwaba se ahubwo mwisuzuma ku byo mukora n’uburyo muhindura abaturage b’ibihugu murimo?.”

Ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bwatangiye ku itariki ya 30 Ugushyingo 1999 bushyirwaho n’umwanzuro wa 1279 wa UN, ubwo butumwa bwatangiranye izina rya MONUC, iri zina ryaje guhinduka MONUSCO mu mwaka wa 2010.

Umuryango w’Abibumbye ubinyujije ku rubuga rwawo rwa murandasi utangaza ko ubutumwa bw’amahoro bwa MONUSCO muri Kongo burimo abantu 18,316 bambaye impuzankano za gisirikare.

-8002.jpg

Perezida Paul Kagame atanga ikiganiro (Ifoto/Urugwiro Village)

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza
Mu Mahanga

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup
IMIKINO

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu
UBUKUNGU

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru