• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Ubwanditsi 09 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ubu haravugwa inkuru y’uko bitashobotse ngo amasezerano ya Arusha ku Burundi ashyirweho umukono tariki 08/12/2017 nk’uko byari biteganyijwe, ariko ugasanga benshi batiyibutsa yuko n’ubundi akazi k’ubuhuza kugaha Perezida Yoweri Museveni wa Uganda byari bisemuye yuko mu by’ukuri iyo mishyikirano yagombaga kutazatanga umusaruro !

Na mbere yuko igice cya kane ari nacyo cyagombaga kuba icya nyuma gitangira tariki 27/12/2017 byari byararangije kwigaragaza y’uko nta cyari kuvamo nk’uko koko nta cyavuye muri iyo ngirwamishyikirano.

Umuhuza mu bibazo by’Abarundi ni Perezida Museveni ariko akunganirwa na Benjamini Mukapa wahoze ari Perezida wa Tanzania.

Perezida Museveni wahawe ako kazi k’ubuhuza n’abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), ntaho  yigeze agaragara muri ubwo buhuza. Akazi kose yari yarakarekeye Mkapa, nawe wagakoraga nabi cyane !

Nk’uko byari kuri gahunda icyo gice cya kane cy’imishyikirano y’Abarundi cyari gusozwa, tariki 8/12/2017, n’isinya ry’amasezerano, byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bose ba EAC, ari nabo bashinze Museveni ako kazi.

Umunsi umwe mbere y’iyo tariki ayo masezerano yari gusinyirwaho, Mkapa atangaza yuko abo bakuru b’ibihugu bya EAC batakije ngo kuko imishyikirano nta kintu gifatika yagezeho ku buryo cyasinyirwa. Mkapa avuga yuko agiye ku bimenyesha umuhuza mukuru, Perezida Museveni, n’abandi bakuru b’ibihugu bigize EAC.

Iryo jambo rya Mkapa yuko  agiye kubimenyesha Perezida Museveni nk’umuhuza mukuru kiwe na bagenzi be bayobora ibihugu bya EAC rirakomeye cyane. Rivuze yuko Museveni ari kimwe n’abagenzi be bayobora ibihugu bigize EAC mu kudakurikiranira hafi iby’iyo mishyikirano. Ingorane zabaye kugeza ubwo hatagira ikigerwaho ntabwo Museveni azizi nk’uko n’abandi bakuru b’ibihugu bya EAC, batahawe inshingano z’ubuhuza, batazizi.

Ibi bigashimangira ibyavugagwa yuko koko Museveni atari akwiriye ako kazi k’ubuhuza bw’Abarundi kuko ntaho atandukaniye na Perezida Petero Nk’urunziza. Bombi hari ibibazo bahuje byatuma bagira imitekerereze yuzuzanya.

Imvururu mu Burundi zatangiye muri Mata 2015 Perezida Nkurunziza yiyemeje kwiyamamariza manda ya gatatu kandi byari binyuranije n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano y’amahoro ya Arusha yashyizweho umukono tariki 28/08/2000 akagerageza kugarura amahoro muri icyo gihugu cyari cyarayabuze, ku buryo bukomeye kuva mu 1993.

Izo mvururu mu Burundi, ubu zashakirwaga umuti, zatangiye muri Mata 2015 Nkurunziza yiyemeje kongera kwiyamamariza uwanya w’umukuru w’igihugu,  kandi n’ubu ariho muburyo butemewe, Uko kwiyamamaza  ni nako kwabaye nyirabayazana  w’imvururu n’ubwicanyi bukomeye, biturutse ku butegetsi bwashakishaga abagize uruhare cyangwa abishimiye ya kudeta yapfubye muri Gicurasi uwo mwaka wa 2015.

EAC igize Museveni umuhuza w’Abarundi byamaganywe na benshi, barimo Linda Thomas-Greenfield wahoze ari umunyamabanga wa leta wungirije ushinzwe ibibazo bya Afurika muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika.

Icyo gihe Greenfield yabwiye Sena ya Amerika yuko Museveni adashobora akazi k’ubuhuza bw’Abarundi ngo kuko ntaho ataniye na Nkurunziza wateje ibibazo mu Burundi. Greenfield akavuga yuko kuko Museveni afite ijambo rikomeye muri EAC yamuhaye ako kazi k’ubuhuza, ngo kandi byanze bikunze aho kugira ngo Museveni ahuze ahubwo azatoba, atanga igitekerezo cy’uko nibura ubwo buhuza bwakwamburwa EAC bugahabwa umuryango w’ubumwe bwa Afurika , nawo izo nshingano z’ubuhuza ukaziha undi muntu utari Museveni !

Ahanini ariko ibyo kutizera Museveni mu mirimo y’ubuhuza bw’Abarundi Greenfield yari abishingiye ku kuri k’uko uwo mukuru w’igihugu cya Uganda akiri ku butegetsi kuko muri 2005 Uganda yahinduye itegeko nshinga bakuramo ingingo yabuzaga umuntu kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu manda zirenze ebyiri.

Muri 2015 ariko umuntu yari kugerageza gutandukanya Museveni na Nkurunziza. Museveni yakomeje gutegeka manda zirenze ebyiri kuko itegeko ribimubuza ritakiriho. Nk’urunziza we yagerageje kurikuraho biranga, yiyamamaza ku gitugu.

Hakaba ariko n’abavuga yuko Museveni na Nkurunziza ari kimwe, bagatandukanywa gusa n’uko Museveni yashoboye kumena amafaranga menshi ya ruswa mu badepite n’abandi yabonaga bafasha ngo itegeko rihinduke, naho Nkurunziza akaba yarabibayemo ikigwari akabura ijwi ry’umudepeite umwe gusa ngo ingingo y’itegeko yamubuzaga kongera kwiyamamaza ihinduke.

Opozisiyo ifatika mu Burundi ni CNARED, ihurije hamwe imitwe ya politike itandukanye. CNARED yanze kwitabira iyo mishyikirano twavugaga iherutse kugera ku busa muri Arusha, ngo kuko ubuhuza bubogamiye ku butegetsi bwa Nkurunziza. CNRD ntabwo yemera yuko Nkurunziza ari Perezida w’u Burundi. Bavuga yuko ari kuri uwo mwanya mu buryo bwa kijura.

Muri Uganda naho ishyaka rikomeye muri opozisiyo ni FDC, ryatangijwe na Kiiza Besigye uhora uhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ariko komisiyo y’amatora igatangaza yuko yatsinzwe na Museveni.

Iyo amatora muri Uganda avuyemo Museveni arahizwa nk’umukuru w’igihugu, ku ruhande na FDC ikarahiza Besigye nk’umukuru w’igihugu. Iyo rero witegereje uburyo CNARED yitwara mu Burundi  n‘uburyo FDC yitwara muri Uganda, usanga Museveni ahuje ibibazo na Nkurunziza ! Ukuntu ubu Museveni aterwa hejuru ngo ntazongere kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu  kuko ari hafi kugeza imyaka ntarengwa y’ubusaza iteganijwe mu itegeko, agomba kuba atifuza kumva undi mukuru w’igihugu uterwa hejuru ku mpamvu zenda gusa nk’ize !

Casmiry Kayumba

2017-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024
Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.
Amakuru

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’
IMIKINO

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe
Mu Mahanga

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru