• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 25 ishize Abanyarwanda bagerageje kubaka igihugu aho abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batibona nk’abatawe ahubwo bisanga mu muryango.

Ni amagambo yagarutseho ku wa 14 Mata 2019 ubwo yifatanyaga n’abakirisitu b’Itorero rya Saddleback riherereye muri Leta ya California mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Saddleback Church iyoborwa na Pasiteri Rick Warren, uri mu nshuti zikomeye z’u Rwanda kuva mu myaka irenga 15 ishize.

Perezida Kagame mu kiganiro yahuriyemo na Pasiteri Rick Warren cyagarutse ku nsanganyamatsiko ivuga ku “Guhangana n’ingaruka z’ihungabana- Recovering From Traumatic Experiences.’’

Pasiteri Rick yavuze ko “Twifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ngo ibyabaye bitazigera byibagirana. Bigomba guhora byibukwa.’’

Uyu muvugabutumwa yavuze uko u Rwanda rwashoboye kwiyubaka ruvuye mu bihe bikomeye by’ihungabana.

Yifashishije ibyiciro uhangana n’ihungabana anyuramo nko kwemera gufashwa n’abandi, Pasiteri Rick yabajije Perezida Kagame ibanga ry’u Rwanda muri urwo rugendo.

Umukuru w’Igihugu yamusubije ko “Twagize ibyago bikomeye aho abantu barenga miliyoni bishwe. Buri muntu yari afite umutwaro n’ibibazo agomba guhangana na byo. Icyo twatangiriyeho kwari uguhanga uburyo bufasha abantu kumva ko batari bonyine.’’

Yakomeje avuga ko “Twubatse uburyo butuma abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biyumva nk’abatakaje byinshi ariko byose ntibyatakaye. Hari abandi bakeneye kubana na bo no gusangira umubabaro. Ni ho twatangiriye.’’

Umugambi wo gutegura Jenoside yashegeshe u Rwanda wacuzwe by’igihe kirekire wasize igihugu cyaracitsemo ibice, aho politiki yigishije abantu ko bagomba kwangana.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu kwiyubaka, u Rwanda rwashatse uburyo bwo kwihuza nk’umuryango uhuriyemo abantu batandukanye ariko bahuje intego.

Ati “Twagerageje kubwira abarokotse ko bashobora guhitamo umuryango bagerageje kubaka mu gihugu ndetse bakarema ahazaza hafite ubuzima bwiza kuruta ubwo babagamo mu myaka yashize.’’

Rick Warren yavuze ko ihungabana ridakwiye kuba ikosa ry’umuntu, ngo rimurange cyangwa rigene ahazaza he.

Abajijwe ku miyoborere y’igihugu cyahungabanye, Perezida Kagame yavuze ko “Turabizi ko udashobora gutegeka amarangamutima. Uburyo bwiza bwo kubikora, ni ugushyira imbaraga mu bikorwa ku buryo umuntu abona ibintu byabaye, ukuri kugatangira kwigaragaza.’’

Perezida Kagame yavuze ko iyo igihugu gishora imari mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuzima, inyubako no kwita ku muryango wari wahungabanye bigaragaza ko witaweho ndetse hari icyizere cyo kubaho.

Nyuma y’inyandiko ya Pasiteri Warren ifite umutwe ugira uti “The Purpose Driven Life” u Rwanda rwasabye itorero rya Saddleback kohereza abayoboke baryo mu Rwanda nk’igihugu kiyobowe n’intego. Hahise hanatangizwa “Peace Plan” igamije kubiba amahoro mu Rwanda no mu basenga Imana.

Peace Plan iri ku Isi hose igamije guteza imbere ubwiyunge, gufasha abayobozi, abakene, abarwayi no kwigisha urubyiruko rw’ahazaza.

Kuva yatangizwa ku butumire bwa Perezida Kagame mu 2003, Itorero rya Saddleback ryohereje abakirisitu baryo barenga 26 000 mu bihugu 197; barimo abasaga 2800 banyuze mu Rwanda.

Mu bikorwa byabo, bakoze gahunda zirenga 400 zirimo guhugura abaganga, gukorana n’abahinzi, abacamanza n’abapasiteri ndetse n’abandi.

Amafoto: Village Urugwiro

Inkuru ya IGIHE

2019-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela
HIRYA NO HINO

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’
IMIKINO

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.
POLITIKI

Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.

Ubwanditsi 29 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru