• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018 UBUKUNGU

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje igice cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse, inasuzuma inama zizafasha ubukungu bw’u Rwanda gutera imbere (PSI Review)irazemeza.

Inguzanyo y’ingoboka(Standby Credit Facility) u Rwanda rwahawe ingana na miliyoni 25.8 z’amadolari (agera kuri miliyari 22 z’amanyarwanda). Aya mafaranga ni icyiciro cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse muri Kamena 2016, yanganaga na miliyoni 204 z’amadolari.

U Rwanda rwayatse kugira ngo rwongere ububiko bw’amadovize, nyuma yo kugwa kw’ibiciro by’ibyoherezwaga hanze nk’amabuye y’agaciro n’izamuka ry’ibituruka hanze nka peteroli. Icyo gihe byongereye ikinyuranyo cy’ibyo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo ruvanayo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, yashimye iyo ngoboka n’inama IMF yagiye itanga, avuga ko byatumye ububiko bw’amadovize bwiyongera.

Ati “Guverinoma yishimiye inkunga ya IMF nk’inguzanyo y’ingoboka ndetse n’ingamba zashyizweho muri PSI byatumye amadovize yiyongera. Mu mezi 18 ashize, Guverinoma yashyize mu bikorwa ingamba zigamije kugabanya ikinyuranyo cy’ibyoherezwa mu mahanga n’ibivayo, ivunja n’ivunjisha ritajegajega, politiki y’ifaranga ihamye na gahunda ya ‘Made in Rwanda’ igamije guteza imbere ibyakorewe mu gihugu.”

Umuyobozi wungirije wa IMF, Tao Zang yashimye uburyo u Rwanda rwitwaye mu nama rwagiriwe ndetse n’inguzanyo y’ingoboka rwahawe.

Yagize ati “U Rwanda rwitwaye neza mu nkunga y’ingoboka ndetse n’inama za PSI, kandi igihugu cyagize iterambere rigaragara mu kugabanya ikinyuranyo cy’ibiva hanze n’ibyoherezwayo. Byatumye ubukungu busugira, binongera icyizere cy’izamuka ry’ubukungu mu gihe kirambye.”

Ubwizigame bw’amadovize y’u Rwanda bwarenze amezi ane nyuma yo kongera ingufu mu byoherezwa hanze no kugabanya ibivayo.

Inama za PSI, zihabwa igihugu mu rwego rwo kubungabunga ubukungu bwacyo. Kuri ubu u Rwanda ruzigirwa mu nkingi enye zirimo Iterambere ry’Urwego rw’Abikorera, Guteza imbere ibyoherezwa hanze, uburyo igihugu cyishakamo ubushobozi ndetse n’iterambere ry’urwego rw’ubukungu.

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019
RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura
POLITIKI

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Ubwanditsi 15 May 2017
Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye
Mu Rwanda

Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 02 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru