• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018 UBUKUNGU

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje igice cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse, inasuzuma inama zizafasha ubukungu bw’u Rwanda gutera imbere (PSI Review)irazemeza.

Inguzanyo y’ingoboka(Standby Credit Facility) u Rwanda rwahawe ingana na miliyoni 25.8 z’amadolari (agera kuri miliyari 22 z’amanyarwanda). Aya mafaranga ni icyiciro cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse muri Kamena 2016, yanganaga na miliyoni 204 z’amadolari.

U Rwanda rwayatse kugira ngo rwongere ububiko bw’amadovize, nyuma yo kugwa kw’ibiciro by’ibyoherezwaga hanze nk’amabuye y’agaciro n’izamuka ry’ibituruka hanze nka peteroli. Icyo gihe byongereye ikinyuranyo cy’ibyo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo ruvanayo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, yashimye iyo ngoboka n’inama IMF yagiye itanga, avuga ko byatumye ububiko bw’amadovize bwiyongera.

Ati “Guverinoma yishimiye inkunga ya IMF nk’inguzanyo y’ingoboka ndetse n’ingamba zashyizweho muri PSI byatumye amadovize yiyongera. Mu mezi 18 ashize, Guverinoma yashyize mu bikorwa ingamba zigamije kugabanya ikinyuranyo cy’ibyoherezwa mu mahanga n’ibivayo, ivunja n’ivunjisha ritajegajega, politiki y’ifaranga ihamye na gahunda ya ‘Made in Rwanda’ igamije guteza imbere ibyakorewe mu gihugu.”

Umuyobozi wungirije wa IMF, Tao Zang yashimye uburyo u Rwanda rwitwaye mu nama rwagiriwe ndetse n’inguzanyo y’ingoboka rwahawe.

Yagize ati “U Rwanda rwitwaye neza mu nkunga y’ingoboka ndetse n’inama za PSI, kandi igihugu cyagize iterambere rigaragara mu kugabanya ikinyuranyo cy’ibiva hanze n’ibyoherezwayo. Byatumye ubukungu busugira, binongera icyizere cy’izamuka ry’ubukungu mu gihe kirambye.”

Ubwizigame bw’amadovize y’u Rwanda bwarenze amezi ane nyuma yo kongera ingufu mu byoherezwa hanze no kugabanya ibivayo.

Inama za PSI, zihabwa igihugu mu rwego rwo kubungabunga ubukungu bwacyo. Kuri ubu u Rwanda ruzigirwa mu nkingi enye zirimo Iterambere ry’Urwego rw’Abikorera, Guteza imbere ibyoherezwa hanze, uburyo igihugu cyishakamo ubushobozi ndetse n’iterambere ry’urwego rw’ubukungu.

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.
Amakuru

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Ubwanditsi 01 May 2021
Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball
Amakuru

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi
Amakuru

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru