• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim
Mo Ibrahim yatangarije France 24 ko u Rwanda ruri ku isonga mu bihugu biyobowe neza muri Afurika

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018 UBUKUNGU

Umuherwe w’Umunya-Sudani, Mohammed Ibrahim ‘uzwi nka Mo Ibrahim’, yatangaje ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije muri demokarasi n’imiyoborere myiza ishingiye ku gutanga serivisi nziza mu nzego za Leta.

Mu mpera z’icyumweru gishize u Rwanda rwakiriye Inama ngarukamwaka yiswe ‘2018 Ibrahim Governance Weekend’, yanatangiwemo igihembo cya Mo Ibrahim, cyashyikirijwe uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, ndetse haganirwa no ku ngingo zirimo imikorere y’inzego za Leta muri Afurika.

Mu kiganiro umuherwe Mo Ibrahim, yagiranye na Televiziyo ya France 24, yasobanuye ko icyatumye kuri iyi nshuro bahitamo kuganirira mu Rwanda ari uko rwujuje ibyo bagenderaho birimo kuba nta bwumvikane buke muri politiki bushingiye ku matora buhari, hari umutekano nta ntambara za gisivili ziharangwa kandi abashyitsi boroherwa n’urujya n’uruza n’ibindi.

Mo Ibrahim yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyihariye kubera amateka yacyo, kandi kimaze gutera intambwe mu gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, ari wo mutima w’imyoborere.

Yagize ati “Ndatekereza ko u Rwanda rwateye intambwe, turavuga ku ngingo hano yo ‘gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, niwo mutima w’imiyoborere. Hari ugutanga uburezi, ubuzima, umutekano ku bantu, ibyo byose ni ingenzi cyane kandi nkuko wabivuze iki gihugu kiyobowe neza, ni ibintu bitangaje uko wabona viza ukoresheje ikoranabuhanga…”

Umunyamakuru Rob Parsons, yagarutse ku bavuga ko Perezida Kagame yakoze byinshi mu buzima, uburezi, iterambere n’ibindi ariko ku rundi ruhande uburenganzira bwa muntu, demokarasi ihuriweho, ibijyanye n’amategeko ugasanga bitameze neza.

Mo Ibrahim yamusubije ko demokarasi iri ahantu abaturage bashonje, batiga, cyangwa bativuza ntacyo iba imaze.

Yagize ati “Njya mbona mu bitangazamakuru byo mu Burayi na Amerika bavuga ngo iterambere n’imiyoborere ni ukugira amashyaka menshi. Ku bwanjye nkunda amashyaka menshi ariko nshima ko imiyoborere ari ikintu cyagutse. Abantu bashonje, nk’abaturage bo muri Sudani y’Epfo barimo kwicwa, bakanafatwa ku ngufu, mu magambo bafite uburenganzira bwo gutora, ariko se bibamariye iki?”

Yakomeje asobanura ko kuba icyegeranyo cy’Umuryango yashinze, Mo Ibrahim Foundation, kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu kimaze gutera intambwe muri Demokarasi n’imiyoborere myiza bidasobanuye ko cyageze aho kijya, ahubwo ari ukwerekana ko ugereranyije amateka cyanyuzemo n’aho kigeze hari intambwe ishimishije yatewe.

Mo Ibrahim yatangaje kandi ko u Rwanda ari urugero rwiza muri Afurika, urebye iterambere rugezeho n’aho ruvuye.

Ati “Sinizege mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda, ibi ni ibikorwa bidasanzwe byagezweho ntabwo twabishyira ku ruhande.”

Muri iki kiganiro cyamaze umwanya utarambiranye, uyu muherwe ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yanenze ko Abanyaburayi bigize abarimu ba demokarasi kandi nabo batayigira, bagahora banenga Afurika gusa ntibanarebe n’ibyiza biri kuhakorwa.

Yagize ati “Reka nkubaze, ni ibihugu bingahe mu bigize EU bifite demokarasi isesuye, Hongrie ifite demokarasi, ni iki murimo kubikoraho, bimeze bite muri Pologne, Czech Republic…”

Yanenze kuba Afurika ifite ibihugu 54 ariko itangazamakuru ryo hanze yayo, Abanyaburayi n’abandi bagatangaza ko ari umugabane w’ibibazo, bagendeye gusa ku bibera mu bihugu bigera kuri birindwi, ni ukuvuga 4% by’ibiwugize.

Igihembo cyitiriwe umuherwe ‘Mo Ibrahim’ cyegukanwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba Afurika, bamaze imyaka itarenze itatu bavuye ku butegetsi. Bakaba barayoboye batowe n’abaturage kandi bakubahiriza ibyo Itegeko Nshinga riteganya.

 

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus
UBUKERARUGENDO

Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Ikipe  izakina na APR FC yihaye  imihigo yo gutsinda igakora amateka
IMIKINO

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru