• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibinyamakuru bya propaganda biterwa inkunga n’ubutasi bwa Uganda byakomeje gutangaza ko Uganda yanze umugambi w’u Rwanda wo kwegereza ingabo ku mupaka wa Uganda, ariko hagendewe ku byaganiriwe mu nama ihuriweho kuri iki kibazo, ntabwo kohereza ingabo ahantu mu buryo runaka ntabwo ari Uganda ibitegeka.

Ikinyamakuru Chimpreports bivugwa ko gikoreshwa n’Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare [CMI]  kikagenzurwa na Col CK Asiimwe, wungirije Komanda wa CMI, mu cyumweru gishize nibwo cyatangaje ko Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Lt. Gen. Peter Elweru, na bagenzi be bo mu Rwanda, u Burundi na Congo, bahuriye mu nama kuva kuwa kane kugeza kuwa gatanu hari n’Uhagarariye ibikorwa by’ingabo za Amerika muri Afurika bizwi nka AFRICOM.

Softpower, iki kinyamakuru cya Kampala cy’uwitwa Sarah Kagingo, umwe mu mpuguke za Museveni mu kuyobya abantu , kuri uwo munsi [ kuwa Gatandatu, itariki 26 Ukwakira] cyavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yarakajwe no kuba Uganda yanze gushyira umukono ku masezerano hagati ya Uganda, u Rwanda na Congo yo gufatanya kurwanya imitwe yitwaje intwaro muri Congo.

Ibi binyamakuru ariko byo bitanga amakuru y’ibinyoma kuri ibi bibazo by’imitwe yitwaje intwaro, ahubwo bikandika bivuga nk’aho inama yatumijwe bisabwe na Uganda cyangwa Uganda ari yo igomba kwemeza icyo ingabo z’u Rwanda zigomba gukora cyangwa aho zigomba kuba ziri.

Ni mu gihe amakuru yemeza ko Uganda yari imwe mu mpande eshanu z’abari muri iyi nama. Inama yakurikiye umugambi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ukanashyigikirwa n’abandi bakuru b’ibihugu byo mu karere, wari ugamije imikoranire mu kurandura imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Muri iyi mitwe harimo RNC wa Kayumba Nyamwasa, uwa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yose ikaba yibumbiye mu kitwa P5 giterwa inkunga na Kampala.

Mu myaka mikeya ishize, amakuru yagiye akomoza ku kuntu Uganda yabaye ikibuga cyo gushakirwamo abarwanyi b’inyeshyamba za RNC, cyangwa ukuntu ubutegetsi bwa Uganda bwakomeje korohereza abayobozi ba RNC na FDLR mu kwidegembya mu karere nko kuba bwaragiye bubaha impushya z’inzira mu butumwa bwabo bwo guhungabanya u Rwanda, cyangwa ukuntu abasirikare bakuru muri Uganda bavuganaga n’abarwanya u Rwanda nka  Mudathiru , Callixte Sankara wa FLN, ndetse n’ukuntu Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibibazo byo mu Karere, Philemon Mateke, yatumije inama I Kampala, yarimo ba Fils Bazeye n’Abega ba FDLR, ku mabwiriza ya Perezida Museveni, ngo barusheho guhuza ibikorwa bya RNC.

Softpower, mu rwego rw’icengezamatwara rirwanya u Rwanda ikaba ishaka gukura icyasha kuri Kampala ikagisiga u Rwanda. Mu yandi magambo, ngo Kampala izakomeza gushotora u Rwanda, mu gihe ku rundi ruhande abo ishyigikiye bazakomeza kwica inzirakarengane muri Congo, maze nk’uko isanzwe ibigenza ibinyujije mu binyamakuru bitandukanye ibigereke ku Rwanda.

Softpower iti: Umusirikare mukuru wa Congo yahishuriye uru rubuga kuwa gatanu ko Uganda yanze gusinya Amasezerano y’Ubwumvikane u Rwanda ruri inyuma, ku bikorwa bihuriweho muri Congo kandi ko icyo cyemezo cyasize u Rwanda rurakaye.

Ikibazo kikaba, ni gute u Rwanda ruri inyuma y’Amasezerano y’Ubwumvikane kandi Congo ari yo yatumije inama?

Niba rero Chimpreports na Softpower byemeza ko Uganda yanze gusinya amasezerano bivuze ko ari yo irimo kwanga gufatanya n’abandi gukura mu nzira imitwe ibangamiye umutekano nk’uko umwe mu basesenguzi avuga.

Iki kinyoma kandi cyajyanishijwe n’ikindi kivuga ko ingabo z’u Rwanda zisanzwe zikora ibikorwa muri Congo, ariko byose bikaba bigamije gukomeza kugaragaza u Rwanda uko rutari.

Umusesenguzi ati: “Ku rundi ruhande tugenzuye ibikorwa bya gisirikare muri Congo, ibikorwa byabo hariya byakunze kurangwa n’ubugizi bwa nabi.”

Uyu akaba ashingira ku kuba igisirikare cya Uganda, UPDF, ari cyo cyahamijwe, kiyobowe na Salim Saleh ndetse na mukuru we, Museveni, gusahura no kurandura umutungo kamere wa Congo na n’ubu Uganda ikaba yishyuzwa na Congo akayabo ka Miliyari 10$.

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe
Mu Rwanda

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.
INKURU NYAMUKURU

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 14 Jul 2020

Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”

Ubwanditsi 27 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru