• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Ubwanditsi 07 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe cya 2021 itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

 

Mu gihe cy’iminsi 20 mu gihugu cya Cameroon haberaga imikino y’igikombe cya Afurika cyabaga ku ncuro ya 33, ni imikino yaraye isojwe ku mu goroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2022 irangira igikombe cyerekeje mu gihugu cya Senegal.

Ni igikombe ikipe y’igihugu ya Senegal itwaye nyuma yaho ku mukino wa nyuma yahuraga n’ikipe ya Misiri, uyu mukino ukaba warangiye mu minota 120 ari ubusa ku busa, gusa mu ntangiriro z’uyu mukino rutahizamu wa Senegal Sadio Mane yahushije Penaliti.

Nyuma y’iyo minota byasabye ko amakipe yombi atera penaliti, izi zaje guhira ikipe y’igihugu ya Senegal itozwa na Aliou Cisse, iyi yinjije penaliti enye hanyuma Misiri yo itsinda ebyiri bityo igikombe cyerekeza muri Senegal gutyo.

Byasabye kandi gutegereza imyaka umunani ku mutoza Aliou Cisse kugirango atware iki gikombe cya Afurika kibaye icyambere mu mateka y’iki gihugu, ni nyuma yaho ikipe ya Senegal yari imaze kugera ku mukino wa nyuma incuro ebyiri ihatsindwa ubwo hari mu mwaka wa 2002 ndetse na 2019.

Usibye kuba Senegal yegukanye igikombe, rutahizamu wayo Sadio Mane yabaye umukinnyi w’irushanwa ry’iki gikombe cya Afurika, umunyezamu Edouard Mendy we aba umunyezamu witwaye neza cyo kimwe n’umutoza wabo Cisse yatowe nk’umutoza wiri rushanwa.

Ku rundi ruhande rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroon Vincent Aboubakar yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri iki gikombe, uyu yatsinze ibitego 8.

Igikombe cya Afurika 2021 cyakinwe muri 2022 kubera COVID-19 yibasiye isi, muri iyi rushanwa kandi hakinwe imikino 52 habonekamo ibitego 100 bivuzeko habonekaga igitego 1.2 kuri buri mukino.

Nyuma yo gusoza kw’iki gikombe ubu kuri uyu mugabane wa Afurika mu minsi iri imbere hazatangira guhatanira kuzakina imikino ya nyuma y’iki gikombe kizaba umwaka utaha kikabera mu gihugu cya Cote d’Ivoire.

2022-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018
U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Impamvu u Budage bwabaye  indiri ya FDLR
ITOHOZA

Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru