• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yagaragaje ko Abanyafurika bagomba gushaka igisubizo cy’ibibazo bituma urubyiruko rurohama mu Nyanja ya Méditerranée, rujya gushakira imibereho ahandi.

Umukuru w’Igihugu yerekanye ko ibihugu by’Afurika bifite umukoro wo gutuma abana babyo batirukira i mahanga, ubwo yaganirizaga urubyiruko rw’abakorerabushake ba AU, bari guhugurirwa mu Rwanda kuva ku wa 24 Nzeri kugeza ku wa 10 Ukwakira 2018.

Mbere yo kuganira n’uru rubyiruko, rwabanje gufata umwanya rugaragaza ko rwishimiye uburyo u Rwanda rwateye imbere, rufite isuku kandi abaturage barwo biyunze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibyo Umukuru w’igihugu yavuze ko bidakwiye gutangarirwa, abumvisha ko buri gihugu cyabasha kwikemurira ibibazo gihura nabyo.

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko mu gihe ruhuye n’ibibazo rutagomba gucika intege ahubwo rugomba kwishakamo uko rubirenga.

Yabasabye ariko kuzana impinduka, Afurika ntikomeze gukora nk’uko yakoraga mu myaka 40 ishize kuko hari ibihugu byo ku yindi migabane byayisize.

Ati “Ibyo bihugu twari ku rwego rumwe mu myaka 40 ishize, byaradusize cyane, nk’inshuro icumi, 20 cyangwa 30. Muratekerea ko byatewe n’iki, hagomba kuba hari impamvu! Icyo ni cyo kibazo nk’Abanyafurika tugomba kwibaza”.

Yanashimangiye ko nta cyo Abanyafurika badafite ndetse ko n’abemera Imana, yabahaye umugabane mwiza, nta mpamvu yo guhora bayigondoza bayisaba.

Perezida Kagame agaragariza urubyiruko ko umugabane wa Afurika ufite ibibazo, atanga urugero rw’urubyiruko rurohama mu nyanja ya Méditerranée rwerekeza i Burayi.

Ati “Ngerageza kwibaza nti ‘kuki ruriya rubyiruko barohama basize iwabo. Ndatekereza nk’umwe muri bo cyangwa bose ari nk’abana bana banjye; navuga nti kuki abana banjye barohama mu nyanja bajya ahandi?”.

Yavuze ko igisubizo cy’icyo kibazo ari cyo buri wese akwiye gushaka.

Mu mavugurura ari gukorwa muri Afurika, anakenewe mu gusubiza ibibazo umugabane ufite, Umukuru w’igihugu yavuze ko hakenewe ko ibihugu byoroherezanya ubucuruzi, bigahahirana, bigatera imbere.

Yagaragaje ko bidakwiye ko Umunyafurika yajya mu gihugu cyo ku mugabane we akabazwa ibibazo byinshi ngo akunde ahabwe viza ariko haza uw’ahandi ugasanga bari kuyimuha bihuta, basa n’abayimwingingira.

Yatanze urugero ku Rwanda rwafunguriye amarembo abarugana bose, bagahererwa Viza aho binjiriye.

Umukuru w’igihugu yasabye urubyiruko gukora ibirenze ibyo abarubanjirije bakoze ku buryo mu myaka 40 iri imbere, buri wese azajya asubiza amaso inyuma agatangarira intambwe yatewe. Anabahamiriza ko ubushobozi bwo kubigeraho babufite.

Urubyiruko 90 ruri mu mahugurwa mu Rwanda ruturuka mu bihugu 45 bigize AU, harimo 15 b’Abanyarwanda, rwagaragarije Perezida Kagame ko rwishimiye imiyoborere myiza yaba ku Rwanda no kuri AU.

Uru rubyiruko rwabanje gufata umwanya rugaragaza ko rwishimiye uburyo u Rwanda rwateye imbere

Urubyiruko rw’abakorerabushake ba AU rwaturutse mu bihugu 45 bya Afurika

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cy’abimukira barohama mu nyanja gikwiye gushakirwa igisubizo cyihuse

2018-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Editorial 20 Feb 2018
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019
Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Editorial 14 Dec 2020
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Editorial 03 Jul 2019

2 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    October 6, 20184:03 pm -

    Urubyiruko rudasesengura ntacyo rwatugezaho koko! Kuki abategetsi bacu bananiwe kuduteza imbere none urubyiruko rwa Afurika rukaba rwirukira hanze? Icyambere nuko abategetsi bagundira ntibareke ngo ibitekerezo bishya nabyo bishyirwe hanze. Nta na limwe ubutegetsi bushingiye ku ngufu za gisilikari atari ingufu z’ibitekerezo arizo zitegeka. Icya kabiri ni ukwigwizaho ibyiza byose by’igihugu arinabyo bitera ubusumbane bukabije. Urwanda rwo rufite umwihariko wo kubona ibivugwa byagzweho bitagera ku baturage. Yewe n’uwabaza aba bashimye Urwanda ibyo rwagezeho, yasanga ntacyo babonye. Imibare rero yerekana amajyambere ntabwo akenshi ijyanye n’isura nyayo y’igihugu! Ngicyo icyo abanyafurika bahunga! Nemeranya na Perezida Kagame yuko urubyiruko niruhaguruka Afurika izahindura isura.

    Subiza
  2. Sema Halelua
    October 7, 20186:11 am -

    Iyo Muvuga Mutyo Mubanzakureba Ibibazo Cyubukene Afurika Ifite? Urimuntuki Wokwirwanaho? Reka Ngiricyo Mbaza Kagame Inguzanyo Zamafaranga Urwanda Rufitiye Bimwe Mubihugu Byiburayi Nangahe? Ese Kuki Mwemera Inkunga Zabo? Menyako Uwagusize Aba Yaragusize

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru