• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Karongi: Abarobyi bakanguriwe kuba abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano mu Kiyaga cya Kivu

Karongi: Abarobyi bakanguriwe kuba abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano mu Kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 02 Apr 2016 Mu Mahanga

​Abarobyi bagera kuri 80 bakorera umwuga wabo mu gice cy’amazi cy’ikiyaga cya Kivu gikora ku mirenge ya Gishyita, Rubengera, Bwishyura na Mubuga yo mu karere ka Karongi basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano w’agace k’amazi bakoreramo umwuga wabo.

Babikanguriwe ku itariki 31 Werurwe mu nama bagiranye n’umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi (Police Marine) ukorera mu karere ka Karongi, Inspector of Police (IP) Alexis Bukuru.

Iyo nama n’abo bakora uyu mwuga bibumbiye muri Union des Cooperatives des Pêcheurs et Vendeurs-Karongi (UCOPEVEKA) yabereye mu kagari ka Kibuye, ho mu murenge wa Bwishyura.

IP Bukuru yababwiye ko kwica amategeko n’amabwiriza agenga umwuga wabo bishyira mu kaga ibinyabuzima biba mu mazi nk’amafi n’ibindi.

Yababwiye kwirinda kurobesha ibikoresho bitemewe nk’imitego yitwa kaningiri, inzitiramubu, indobani, n’ibindi.

Yabasobanuriye ko kurobesha bene ibyo bikoresho bituma habaho igabanuka ry’umusaruro w’amafi kubera ko ababikoresha bafata amafi akiri mato, ni ukuvuga adakwiriye kurobwa.

IP Bukuru yababwiye kandi ati:” Impanuka zo mu mazi ziterwa ahanini no gukoresha ubwato bushaje no kubupakiramo ibintu birenze ubushobozi bwabwo. Mukwiye kubyirinda.”

Yabagiriye kandi inama yo kujya buri gihe bambara umwenda ubarinda kurohama igihe bakoze impanuka mu mazi, kandi abasaba kujya babuza abana kwidumbaguza mu Kiyaga kuko bishobora kubaviramo kurohama, kandi igihe bibaye bakihutira kubimenyesha Polisi y’u Rwanda kuri nomero ya terefone 110.

Yabasabye kujya kandi batanga amakuru ku gihe y’abantu bakoze cyangwa bafite imigambi yo gukora ibyaha harimo n’icyo kuroba mu buryo bunyuranije n’amategeko.
Umuyobozi wa UCOPEVEKA, Simarinka Celestin yagize ati:” Turi mu bantu bamara igihe kirekire mu mazi y’ikiyaga. Ibyo bivuze ko tugomba kugira uruhare ruruta urw’abandi mu kubungabunga umutekano wacyo.”

Yashimye Polisi y’u Rwanda ku nama yabagiriye, kandi asaba bagenzi be kubahiriza amategeko n’amabwiriza y’umwuga wabo.

RNP

2016-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Ubwanditsi 19 Mar 2024
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar
POLITIKI

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4
Amakuru

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Ubwanditsi 27 Apr 2023
Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso
Amakuru

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru