• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018 IKORANABUHANGA

Byari ibyishimo kuri Iradukunda Ornella na Ngayabahunga Jean Bosco babaye abanyamahirwe batsindiye miliyoni 20 Frw nk’igihembo nyamukuru cya poromosiyo yitwa ‘Yora Kashi’ ya Airtel Rwanda yasojwe kuri uyu wa 21 Ukuboza 2018.

Muri Nzeri uyu mwaka nibwo hatangijwe iyi poromosiyo yari iya mbere ibayeho nyuma y’uko Airtel na Tigo Rwanda bihindutse ikigo kimwe cy’itumanaho.

Abanyamahirwe 226 nibo batomboye muri Yora Kashi. Muri bo 180 bahawe ibihumbi 500 Frw bya buri munsi, 24 bahabwa miliyoni imwe buri Cyumweru ndetse na babiri bahawe igihembo nyamukuru cya miliyoni 20 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel-Tigo Rwanda, Amit Chawla, yabwiye itangazamakuru ko iyi poromosiyo yitabiriwe ku rwego rushimishije ndetse yageze ku ntego zayo.

Ati “Muri iyi poromosiyo ni nk’aho buri muntu wese yatsindaga, kuko uwaguraga amafaranga 150 Frw yo gukina twahitaga tumuha umunota wo guhamagara na megabayite ebyiri zo gukoresha internet. Utarabashije gutombora nawe urumva ko atahombye kuko amafaranga yarayahamagaje anakoresha internet.”

Iradukunda utuye i Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yegukanye miliyoni 10 Frw. Yavuze ko zizamufasha mu gusubukura umushinga yari yaratangiye wo kubaka inzu yo kubamo we n’umuryango we.

Ati “Hari umushinga nari mfite wo kubaka, aya mafaranga icyo agiye kumfasha ni ukurangiza uwo mushinga ariko na none azasigara nzayakoresha mu bindi bikorwa by’ubucuruzi.”

Ngayabahunga we yavuze ko yakoraga mu cyayi cya Kinihira mu Karere ka Rulindo ariko kuva abonye miliyoni 10 Frw yiteguye kuzikoresha neza akihangira umurimo nawe akaba yatanga akazi aho gukomeza gukorera abandi.

Ati “Icyo aya mafaranga nzayakoresha ni uko nahingaga mu mirima y’abandi ariko ubu ngiye guhinga mu wanjye, ikindi nize ibijyanye na mudasobwa nshaka no guhita ntangira umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga nkaba nakora ubucuruzi bwa Tigo Cash.”

Kujya muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’, abakiliya ba Airtel-Tigo babikoraga bakanda cyangwa bohereza ubutumwa ku 155, bakishyura amafaranga 150 Frw gusa.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo Bharti Airtel ibarizwamo Airtel Rwanda yatangaje ko yaguze imigabane yose ya Tigo Rwanda ibarizwa muri Millicom International Cellular SA.

Nyuma yo kwemererwa na Guverinoma y’u Rwanda, muri Werurwe ibi bigo byombi byatangiye gukora nk’Ikigo kimwe cya Airtel-Tigo.

2018-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Ubwanditsi 30 Mar 2019
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya
ITOHOZA

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2018
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze
Mu Rwanda

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi
UBUKUNGU

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru