• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Mark Zuckeberg washinze ndetse akaba ayobora Facebook yikuye imbere y’Abasenateri bari bamutumyeho ngo asobanure iby’amakuru y’abakoresha uru rubuga yibwe, bamubajije ibibazo bigaragaza ko nta bumenyi buhagije bafite ku mikorere yarwo.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Mata 2018, nibwo Zuckerberg yitabye Komisiyo zishinzwe Ubucuruzi n’Ubutabera muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yemereye ko ari amakosa ye kuba amakuru y’abagera kuri miliyoni 87 biganjemo Abanyamerika yarakoreshejwe n’Ikigo Cambridge Analytica kitabanje kubasaba uburenganzira.

Iki kigo gitanga ubujyanama mu birebana na politiki cyari gifitanye amasezerano n’abamamazaga Donald Trump mu matora yo mu 2016 yaje no gutsinda, ngo cyakoresheje amakuru ya bariya bantu kiboherereza ubutumwa bugamije kubashishikariza kumutora.

Nubwo icyari kigamijwe ari uko Zuckerberg yemera ko habayeho uburangare ndetse akagaragaza ingamba yafashe mu kurushaho kurinda amakuru y’abakoresha uru rubuga, byinshi mu bibazo abasenateri bamubajije byagaragaje ko nta bumenyi na buke bafite ku mikorere ya Facebook.

Nk’uko CNN yabyanditse, mu gihe ibibazo byari bikwiye kwibanda ku mpamvu Facebook itamenyesheje abayikoresha ko amakuru yabo yibwe na Cambridge Analytica mu 2015, ngo benshi wasangaga bafite amatsiko yo gusobanukirwa uko uru rubuga rukora.

Urugero ni nk’aho Sen. Orrin Hatch yamubajije ati “Ni gute mubasha guteza imbere ubushabitsi usanga umuntu atishyura serivisi mumuha?” Aha Zuckerberg yamusubije ko inyungu bayikura mu kwamamaza.

Hari n’aho Sen. John Kennedy yatangiye kwigisha Facebook ingamba zafatwa mu kwirinda ko amakosa yabaye yakongera gukorwa, hibandwa cyane mu guha abantu uburenganzira bwo gusiba burundu ibyo bashyizeho, nyamara Zuckerberg amubwira ko ibi bisanzwe biriho.

Uku kutagira ubumenyi buhagije ku mikorere y’uru rubuga nkoranyambaga kw’Abasenateri, byatumye Zuckerberg yikura imbere yabo adasobanuye uburyo amakuru y’abakoresha Facebook acungwa, n’impamvu kuva kera na kare iki kigo kitajyaga cyerekana uburyo hari abarengera mu kuyakoresha mu nyungu zabo bwite.

Uretse gusobanurira abasenateri ibirebana n’amakuru yibwe na Cambridge Analytica, Mark Elliot Zuckerberg yanababwiye ko Facebook ihora mu rugamba n’ibigo byo mu Burusiya bishaka kuyikoresha nabi.

Uyu muherwe w’imyaka 33 yanagaragaje ko Intumwa idasanzwe iri gukora iperereza ku kuba u Burusiya bwarivanze mu matora ya Amerika, Robert Mueller, yahase ibibazo abakozi ba Facebook, gusa ibyo yaganiriye nabo bikiri ibanga.

Mu gukomeza guhangana n’abakoresha Facebook bagamije kwiba amakuru y’abari kuri uru rubuga, iki kigo gikomeje gufata ingamba zirimo kugenzura konti zigamije ibikorwa nk’ibi ndetse na porogaramu zitari izo kwizerwa.

Facebook itangaza ko mu bibwe amakuru na Cambridge Analytica harimo abagera ku 1500 batwawe ubutumwa bw’ibanga bandikiranye n’inshuti zabo. Abagezweho n’iki kibazo bose bakazagenda babimenyeshwa.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda
ITOHOZA

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Kigali: Abana b’inzererezi batatu batwikiwe muri ruhurura, babiri barapfa bivugwa ko batwitswe n’Abanyerondo.
Amakuru

Kigali: Abana b’inzererezi batatu batwikiwe muri ruhurura, babiri barapfa bivugwa ko batwitswe n’Abanyerondo.

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF
POLITIKI

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru