• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA binyuze mu munyamabanga waryo Madame Fatma Samoura, ryandikiye perezida wa komisiyo ya Ferwafa y’amatora Kalisa Adolphe Camarade rimusaba gukurikiza amategeko bagakemura ikibazo cya Madame Rwemarika Félicité wiyamamarizaga kuyobora Ferwafa mu matora y’ubuyobozi bw’iri shyirahamwe yabaye mu mpera za 2017.

Mu ibaruwa ye, FIFA itangaza ko bayanditse bashingiye ku bujurire Madame Félicité Rwemarika yatanze muri komisiyo y’ubujurire ya Ferwafa bikarangira ntacyo bukozweho, aho Rwemarika atari yishimiye icyemezo cy’akanama gashinzwe amatora, kari katangaje ko atsinzwe amatora yabaye tariki ya 30 Ukuboza 2017.

Camarade uyoboye akanama k'amatora ka Ferwafa, yasabwe gusuzuma ubujurire bwa Felicite hagafatwa umwanzuro ukurikije amategekoCamarade uyoboye akanama k’amatora ka Ferwafa, yasabwe gusuzuma ubujurire bwa Felicite hagafatwa umwanzuro ukurikije amategeko

FIFA ikomeza ivuga ko amakuru ifite ari uko aya matora yabaye tariki ya 30 Ukuboza, yabimburiwe no kuvanamo kandidatire kwa Nzamwita Vincent De Gaulle wagombaga guhatana na Rwemarika maze uyu agasigara yimamaza wenyine.

FIFA ivuga ko nkuko amakuru ifite abitangza, ngo inteko itora y’abantu 52 yose yari yuzuye gusa byaje kurangira abagera kuri 13 ari bo batoye Rwemarika mu gihe abandi 39 amajwi yabo yabaye imfabusa. Ibi ngo byakurikiwe nuko Komisiyo y’amatora yaje gutangaza ko Madame Rwemalika Félicité atsinzwe amatora yo kuba umuyobozi wa Ferwafa, kubera ko ko atagejeje ku byasabwaga, bityo ko abasanzwe bayobora bagumaho kugera andi matora akozwe.

FIFA ikaba ivuga ko nyuma y’uko iki cyemezo kijuririwe, isaba ababishinzwe kugira icyo bakora hagafatwa umwanzuro ukwiye kandi ukurikiza amategeko na status bya Ferwafa. Aha, nubwo FIFA yakomeje ivuga ko itazasimbura inzego z’ubujurire z’amashyirahamwe atandukanye, ngo ariko ikomeje gukurikiranira hafi bibera muri iri shyirahamwe, aho yiteguye kubizamo mu gihe bibaye ngombwa kugira ngo yuzuze inshingano zayo.

Félicité atangaza ko nanubu atumva impamvu yabwiwe ko atatsinze amatora ya FerwafaFélicité atangaza ko nanubu atumva impamvu yabwiwe ko atatsinze amatora ya Ferwafa

Uruhande rwa Rwemarika Félicité rwari rwatanze ubujurire bw’icyemezo cya Komisiyo y’amatora, bushingiye ku ngingo ya 21 aho uduce twayo twa kabiri n’utwa gatatu tugira tuti:

Amatora akorwa ku bwiganze busesuye bw’amajwi (50%+1) yatanzwe n’abahagarariye abandi mu buryo bwemewe n’amategeko, batora ku nshuro ya mbere y’itora, nyuma guhera ku nshuro ya kabiri y’itora, amatora akorwa hakurikijwe abagize amajwi menshi. Igihe habayeho kunganya amajwi ku nshuro ya kabiri y’itora, amatora asubirwamo kugirango haboneke umwe mu biyamamaza utsinda; iyo bongeye bakanganya amajwi icyo gihe abiyamamaza bakiranurwa na tombora.

Impapuro z’amatora zapfuye ubusa, izitanditseho cyangwa ikindi kimenyetso icyo ari cyo cyose cyerekana ko habayeho kwifata, ntibibarwa mu majwi yatoye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Aha aba bashingiye kuri iyi ngingo, bavuga ko amajwi 39 y’imfabusa atafatwa nk’amajwi yatoye ku buryo bwemewe n’amategeko, bityo ko Rwemarike Félicité yarengeje 51 akagira 100% by’amajwi y’abatoye ku buryo bwemewe n’amategeko nk’uko iyi ngingo ibisaba.

Abarenga 30 baraye muri Hoteli mbere y'amatora byaje kurangira amajwi yabo bayagize imfabusaAbarenga 30 baraye muri Hoteli mbere y’amatora byaje kurangira amajwi yabo bayagize imfabusa

Aba ariko nyuma yo gutanga ikirego muri Komisiyo y’Ubujurire, bakaba baraje kubwirwa ko ntacyo bafashwa ko basubira muri Komisiyo y’amatora akaba ari yo ibarenganura, kandi ari yo bari baje gusa nk’abarega nyuma yo kutemera icyemezo yafashe. Ibi bikaba ari bimwe mu byatumye FIFA isa nk’iburira Ferwafa ngo icyemure iki kibazo, cyangwa se izaze kukikemurira.

Source : Ruhago yacu

2018-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jul 2021
Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa  uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.
Amakuru

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose
Mu Rwanda

Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose

Ubwanditsi 06 Aug 2017
RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba
ITOHOZA

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Ubwanditsi 09 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru