• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru mukiciro cya mbere cy’abagabo yakomezaga ku munsi wa 18 wayo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Gashyantare 2022 umukino wabimburiye indi wahuje ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali yatsinze Gorilla FC ibitego 2-0.

Ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, mu ntangiririro z’uyu mukino ikipe ya AS Kigali yari yakiriye niyo yatangiye neza aho yatsinze igitego cya mbere ubwo hari ku munota wa 26 nibwo rutahizamu Abubakar Lawal yafunguye amazamu ya Gorilla FC.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka, Ikipe ya AS Kigali yari iri mu rugo yongeye kubona ikindi gitego cyatsinzwe na Myugariro Denis Rukundo, ni igitego yatsinze ku munota wa 53 w’umukino, iki gitego ninacyo cyasoje uyu mukino ku tsinzi y’abanyamujyi y’ibitego 2-0.

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 80, nibwo Michel Byukusenge wa Gorilla FC yahawe ikarita itukura yakurikiwe kandi niyahawe Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu wari kapiteni muri uyu mukino, ibi ntibyarangiriye aha kuko ku munota wa 90 aribwo Mercy Duru wa Gorilla FC nawe yahawe ikarita itukura.

Gutsinda uyu mukino kwa AS Kigali kwatumye ifata umwanya wa 3 w’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda aho kuri ubu ifite amanota 30, iza inyuma ya Kiyovu SC ya kabiri ifite amanota 35 na APR FC ya mbere ifite 37.

Usibye uyu mukino waraye ubaye, dore uko indi mikino iri bukinwe kuri uyu munsi wa 18:

Kucyumweru, 20 Gashyantare 2022:

Gicumbi FC vs Espoir FC, Gicumbi Stadium (15h00)
Mukura VS&L vs Marines FC, Huye Stadium (15h00)
Police FC vs Kiyovu SC, Kigali Stadium (15h00)
Rutsiro FC vs Gasogi Utd FC, Umuganda Stadium (15h00)

Kuwa mbere, 21 Gashyantare 2022:
Bugesera FC vs Rayon Sports FC, Bugesera Stadium (15h00)
APR FC vs Etincelles FC, Kigali Stadium (15h00)
Musanze FC vs Etoile de l’Est FC, Ubworoherane Stadium (15h00)

Abakinnyi batemerewe gukina umunsi wa 18:

1. BYIRINGIRO LAGUE (APR FC)
2. OMBOLENGA FITINA (APR FC)
3. NSENGAYIRE SHADAD (GICUMBI FC)
4. BOBO CAMARA MOHAMED (GORILLA FC)
5. HIRWA JEAN DE DIEU (MARINE FC)
6. NIYITEGEKA IDRISSA (MUSANZE FC)
7. NYANDWI SADAM (MUSANZE FC)
8. MUHOZA TRESOR (MUKURA VS&L)
9. BATE SHAMIRU (AS KIGALI)
10. RUGIRAYABO HASSAN (AS KIGALI)
11. KANEZA AUGUSTIN (GASOGI Utd)

2022-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Ubwanditsi 06 Sep 2021
Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?
INKURU NYAMUKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu
POLITIKI

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Ubwanditsi 03 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru