• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru mukiciro cya mbere cy’abagabo yakomezaga ku munsi wa 18 wayo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Gashyantare 2022 umukino wabimburiye indi wahuje ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali yatsinze Gorilla FC ibitego 2-0.

Ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, mu ntangiririro z’uyu mukino ikipe ya AS Kigali yari yakiriye niyo yatangiye neza aho yatsinze igitego cya mbere ubwo hari ku munota wa 26 nibwo rutahizamu Abubakar Lawal yafunguye amazamu ya Gorilla FC.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka, Ikipe ya AS Kigali yari iri mu rugo yongeye kubona ikindi gitego cyatsinzwe na Myugariro Denis Rukundo, ni igitego yatsinze ku munota wa 53 w’umukino, iki gitego ninacyo cyasoje uyu mukino ku tsinzi y’abanyamujyi y’ibitego 2-0.

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 80, nibwo Michel Byukusenge wa Gorilla FC yahawe ikarita itukura yakurikiwe kandi niyahawe Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu wari kapiteni muri uyu mukino, ibi ntibyarangiriye aha kuko ku munota wa 90 aribwo Mercy Duru wa Gorilla FC nawe yahawe ikarita itukura.

Gutsinda uyu mukino kwa AS Kigali kwatumye ifata umwanya wa 3 w’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda aho kuri ubu ifite amanota 30, iza inyuma ya Kiyovu SC ya kabiri ifite amanota 35 na APR FC ya mbere ifite 37.

Usibye uyu mukino waraye ubaye, dore uko indi mikino iri bukinwe kuri uyu munsi wa 18:

Kucyumweru, 20 Gashyantare 2022:

Gicumbi FC vs Espoir FC, Gicumbi Stadium (15h00)
Mukura VS&L vs Marines FC, Huye Stadium (15h00)
Police FC vs Kiyovu SC, Kigali Stadium (15h00)
Rutsiro FC vs Gasogi Utd FC, Umuganda Stadium (15h00)

Kuwa mbere, 21 Gashyantare 2022:
Bugesera FC vs Rayon Sports FC, Bugesera Stadium (15h00)
APR FC vs Etincelles FC, Kigali Stadium (15h00)
Musanze FC vs Etoile de l’Est FC, Ubworoherane Stadium (15h00)

Abakinnyi batemerewe gukina umunsi wa 18:

1. BYIRINGIRO LAGUE (APR FC)
2. OMBOLENGA FITINA (APR FC)
3. NSENGAYIRE SHADAD (GICUMBI FC)
4. BOBO CAMARA MOHAMED (GORILLA FC)
5. HIRWA JEAN DE DIEU (MARINE FC)
6. NIYITEGEKA IDRISSA (MUSANZE FC)
7. NYANDWI SADAM (MUSANZE FC)
8. MUHOZA TRESOR (MUKURA VS&L)
9. BATE SHAMIRU (AS KIGALI)
10. RUGIRAYABO HASSAN (AS KIGALI)
11. KANEZA AUGUSTIN (GASOGI Utd)

2022-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?
Amakuru

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga
INKURU NYAMUKURU

Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye
IMIKINO

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Ubwanditsi 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru