• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Ubwanditsi 25 Apr 2018 IMIKINO

Liverpool ihagarariye u Bwongereza mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi, UEFA Champions League, yatsinze AS Roma yo mu Butaliyani ibitego 5-2 biyiha amahirwe yo gukatisha itike y’umukino wa nyuma.

Umukino ubanza wa ½ muri iri rushanwa riruta ayandi i Burayi wahuje Liverpool yakiriye ku Kibuga cyayo Anfield ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Mata 2018.

Liverpool “The Reds” yakiniraga imbere y’abafana 51 236 yinjiye mu mukino mbere, ibifashijwemo na rutahizamu ukomoka mu Misiri, Mohamed Salah, watsinze ibitego bibiri ku munota wa 36 na 45.

Mohamed Salah Ghaly wahuraga n’ikipe yahozemo mbere yo kubengukwa na Liverpool, yakomeje kugora abakinnyi ba AS Roma muri uyu mukino yigaragaje cyane atsinda inshuro ebyiri, akanatanga imipira itatu yavuyemo ibitego.

Uyu mukinnyi ukomoka mu Barabu yanditse amateka yo kuba uwa mbere muri Liverpool utsinze ibitego 10 mu marushanwa y’i Burayi mu mwaka umwe.

Mu gice cya Kabiri, Saido Mane wari wabuze uburyo bwinshi bwabazwe yaje yikosoye ashyiramo igitego cya gatatu cya Liverpool mbere y’uko Umunya-Brezil, Roberto Firmino ashyiramo ibindi bibiri ku munota wa 62 na 69.

AS Roma y’Umutoza Eusebio Di Francesco ntiyacitse intege kuko yakomeje gukina nubwo yari yinjijwe ibitego bitanu. Iyi kipe yasezereye FC Barcelona muri ¼ yaje gusa nigarutse mu mukino ndetse ibona ibitego bibiri by’impozamarira byatsinzwe na Edin Dzeko ku munota wa 81 na Diego Perotti ku wa 85 ku gitego cyavuye kuri penaliti.

Umukino wari uyobowe n’Umudage Felix Brych warangiye Liverpool yibitseho impamba y’ibitego bitatu, kuko yawutsinze 5-2.

Liverpool yanditse amateka yo kuba ikipe ya kabiri itsinze ibitego bitanu muri ½; byaherukaga gukorwa na Ajax mu 1995 ubwo yatsindaga Bayern Munich 5-2 ndetse imikino yombi niyo yabonetsemo ibitego byinshi.

Umukino wo kwishyura hagati ya Liverpool na AS Roma uzabera mu Butaliyani ku wa 2 Gicurasi 2018, kuri Stadio Olimpico.

Ikipe izarokoka hagati y’izi zombi izisobanura ku mukino wa nyuma n’izava hagati ya Bayern Munich yo mu Budage na Real Madrid yo muri Espagne, zizacakirana mu mukino ubanza muri ½ kuri uyu wa Gatatu kuri Allianz Arena.

Umukino wa nyuma wa Champions League uzabera kuri Kiev Olympic Stadium muri Ukraine, ku wa 26 Gicurasi 2018.

Manolas na Federico Fazio bareba umupira wa mbere watewe na Salah ugana mu rushundura

Sadio Mane atsinda igitego cya gatatu cya Liverpool

Abafana ba Liverpool bari mu bicu

Agatambaro k’umusifuzi katakaye abanza kugatora

Alessandro Florenzi aserebeka umupira ashaka kuwambura James Milner wa Liverpool

Alex Oxlade Chamberlain yagize imvune yatumye ava mu kibuga ku munota wa 17 w’umukino

Uyu rutahizamu w’imyaka 24 yakuwe mu kibuga atwawe n’abaganga, ahita asimbuzwa Georginio Wijnaldum

Henderson na Trent Alexander Arnold bishimira igitego cya Liverpool

Daniele De Rossi (ibumoso) na Kevin Strootman (iburyo) basoje igice cya mbere bacitse intege nyuma yo kwinjizwa ibitego 2-0

Jurgen Klopp utoza Liverpool yari yizihiwe nk’ibisanzwe iyo ikipe ye yatsinze

Kapiteni wa Liverpool, Jordan Henderson (iburyo), ahanganiye umupira na Radja Nainggolan wa AS Roma

Roberto Firmino yishimira kimwe mu bitego yatsinze AS Roma

Sadio Mane ahobera Mohamed Salah wari umaze kumuha umupira wavuyemo igitego cya gatatu

Salah ahobewe na Roberto Firmino (ibumoso), Wijnaldum (hagati) na Sadio Mane (iburyo) nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri

Salah ntiyishimiye ibitego yatsinze AS Roma yahoze akinira mbere yo kubengukwa na Liverpool

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League

Salah (uwa kabiri ibumoso) uheruka gutorwa nk’umukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Bwongereza yongeye gushimangira ko ari umukinnyi mwiza, atsinda ibitego bibiri, anatanga imipira itatu yabyaye ibitego

Salah ubu ni Umwami i Anfield

Umutoza wa AS Roma, Eusebio Di Francesco, atanga amabwiriza ku bakinnyi be

Myugariro wa Liverpool, Virgil van Dijk (wambaye umutuku) mu bicu ahataniye umupira na Kostas Manolas

Roberto Firmino yatsinze igitego cya gatanu cya Liverpool

Jürgen Norbert Klopp asuhuza Mohamed Salah wahawe amashyi y’urufaya ubwo yasimbuzwaga mu kibuga

Edin Dzeko yatsinze igitego cya mbere cya AS Roma

Roma yabonye icya kabiri kuri penaliti

Diego Perotti ayinjiza neza

2018-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Ubwanditsi 23 Mar 2021
Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu
ITOHOZA

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi
Amakuru

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 21 Jun 2024
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro
INKURU NYAMUKURU

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru