• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Ubwanditsi 07 Jul 2017 Mu Rwanda

Abatekamutwe biyitirira Urwego rw’Umuvunyi bagacuuza rubanda utwabo bahangayikishije uru rwego ruri gusaba abaturage kuba maso. Kuwa gatanu ushize bafashe umugabo witwa Nduwimana wiyitaga umwunganizi mu nkiko ngo ufite abakozi bo k’Umuvunyi bakorana, agasaba abantu amafranga (yari amaze guhabwa ibihumbi 900) ngo dosiye zabo ziriyo zihute.

Jean Pierre Nkurunziza Umuvugizi w’Urwego rw’Umuvunyi yatangaje uyu munsi ko Andre Nduwimana yasabaga abantu amafranga ngo abakorere imyanzuro isaba gusubirishamo imanza kubera akarengane ku manza baba barahuye nazo ndetse akababeshya ko afite abakozi bo k’Umuvunyi bakorana kugirango ibibazo byabo byihute.

Amafranga yabasabaga ngo ni ayo guha umukozi wo k’Umuvunyi kugira ngo yihutishe dosiye zabo.

Urwego rw’Umuvunyi rwakira amadosiye menshi y’imanza no kuzisubirishamo bigendanye n’inshingano n’ububasha bw’uru rwego. Buri wese aba yifuza ko dosiye ye yihutishwa.

Nkurunziza avuga ko uyu mugabo Nduwimana nta cyangobwa na kimwe kimuranga cyerekana ko akora kuri uru rwego rw’Umuvunyi.

Avuga ko ibikorwa nk’ibi byo kwiyitirira uru rwego ugashuka abantu bituma abaturage batakariza ikizere Urwego rw’Umuvunyi bigatuma no mu gihugu havugwamo ruswa kandi atari yo ari ubutekamutwe.

Nkurunziza asaba abantu kuba maso kuko abatekamutwe nk’aba ari benshi, agasaba abantu kwirinda koherereza amafranga abantu batazi.

Ati « Abantu kandi bakwiye kumenya ko Urwego rw’Umuvunyi rudakoresha abantu baruhuza n’umuturage kuko buri wese afite uburenganzira bwo kwizanira ikibazo cye»

Nduwimana ngo yari amaze gufata agera ku bihumbi magana cyenda (900 000Frw) ndetse afite ahantu abaturage bamusangaga bamuzaniye ibibazo byabo mu karere ka Rwamagana. Bikekwa ko yakoreraga mu turere dutanu tw’iburasirazuba.

Aime Kajangana ushinzwe ishami ryo kugenzura imimikorere y’abakozi avuga ko iyo umuntu afite urubanza yatsinzwemo akabona umuntu umwizeza ko azamufasha rugasubirishwamo kandi byihuse bituma yihutira gutanga amafaranga kuri uwo mutekamutwe. Ati: “Urwego rw’Umuvunyi ruba rufite amadosiye menshi bityo ugasanga uwijejwe ko iye yihutishwa bikamutera gutanga ibishoboka byose ngo byihutishwe”.

Izi ni zimwe mu mbogamizi z’akazi Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane, Yankurije Odette warahiye uyu munsi agiye guhura nazo.

-7161.jpg
Yankurije Odette, Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane

Abakora ubu butekamutwe nka Nduwimana Andre ubushinjwa ubu, igitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda kivuga icyaha cyabo mu ngingo ya 616 ivuga iti: “Kwiha ububasha ku mirimo itari iyawe no kwambara umwambaro utagenewe ugamije kuyobya rubanda, Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y‟ubutegetsi y‟abasivili cyangwa iy‟abasirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w‟ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n‟abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, abemeza ko ashinzwe umurimo wa Leta, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka (1) kugeza ku myaka itatu (3) n‟ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000)”.

Nduwimana we anakurikiranywe ku cyaha cyo gukora inyandiko mpimbano aho yakoze raporo akanayisinya yiyita Umukozi w’Umuvunyi.

Ubwanditsi

2017-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 27 Jun 2017
U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 05 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo
Amakuru

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019
John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd
Mu Rwanda

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

Ubwanditsi 19 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru