• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubwanditsi 09 Feb 2017 Mu Rwanda

Nubwo leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo hagiye gushira umwaka EAC yarabashyiriyeho umuhuza, Benjamin Mkapa, ngo baganire uburyo amahoro yagaruka muri icyo igihugu, bigaragara yuko ishyaka riri ku butegetsi (CNDD-FDD) ritabona impamvu y’iyo mishyikirano.

Kuva iyo mishyikirano, ubona idafite ikerekezo, yatangira leta y’u Burundi yakomeje kuvuga yuko yiteguye gushyikirana na buri wese wafasha ngo amahoro agaruke mu Burundi, ariko idashobora gushyikirana n’abakoze ya kudeta yapfubye mu kwa gatanu 2015. Nyuma ariko leta yaje kuva ku izima, itangaza yuko yemeye kuzashyikirana na buri wese harimo n’abo bakoze kudeta y’igihe kitagera ku munsi wose !

Nubwo ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwemeye ku mugaragaro yuko noneho buzashyikirana na buri wese harimo n’abo bagerageje kubuhirika, abavuga rikijyana muri CNDD-FDD usanga nta by’imishyikirano bemera ku buryo n’iyo mishyikirano iramutse ibaye ku buryo bwimbitse nta n’umusaruro yatanga.

Ubu uko imiterere y’inzego z’ubutegetsi imeze muri CNDD-FDD n’uko umwanya wa Perezida w’ishyaka wavuyeho. Urikuriye ni umunyamabanga mukuru waryo !

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD ni General Evariste Ndayishimiye. Mu mpera z’icyumweru gishize General Ndayishimiye yabwiye ijwi rya Amerika yuko ibyo kuzagirana imishyikirano n’abakoze kudeta igapfuba byo bitariko, ahubwo bagomba kuzashyikirizwa inkiko bagahanirwa icyo cyaha cyo guhirika ubutegetsi bwemewe n’amategeko nk’uko byabaye kuri bagenzi babo barimo General Cyliro Ndayirukiye ubu wakatiwe igifungo cya burundu akaba afungiwe mu Burundi.

Ikindi Gen. Ndayishimiye avuga n’uko ubusanzwe za leta zishyikirana n’abazirwanya ku gira ngo amahoro agaruke mu gihugu. Ngo mu Burundi ho amahoro amaze kugaruka, hatabayeho imishykirano. Ngo leta y’u Burundi ntawe ifite wo gushyikirana nawe ngo kuko abo bayirwanya ari mu bigambo gusa, nta mbaraga bafite kuko ngo nta n’igisirikare bagira !

Avuga yuko muri za 90 ubutegetsi bwa Perezida Petero Buyoya bwemeye gushyikirana n’imihari yaburwanyaga, harimo CNDD-FDD ngo kuko iyo mihari yari ikomeye cyane gisirikare inafite n’uduce tw’igihugu igisirikare cya leta kitashoboraga gukandagizamo akarenge.

Ngo abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza nta gisirikare bagira ngo kibe cyakotsa igitutu leta y’u Burundi ngo yemere imishyikiarano, ngo ni ibigambo gusa bitatuma Bujumbura ijya mu mishyikirano nabo !

-5697.jpg

Benjamin Mkapa, Perezida Nkurunziza na Gen. Niyombare

Buri wese ukurikiranira hafi ibyo mu Burundi ntabwo yashidikanya yuko uko Gen. Ndayishimiye abona ibintu ari nako CNDD-FDD iba ibibona, ari nawo murongo leta igomba gukurikiza !

Casmiry Kayumba

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Ubwanditsi 11 Aug 2022
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika
POLITIKI

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari
Mu Rwanda

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ubwanditsi 15 May 2017
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro
HIRYA NO HINO

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Ubwanditsi 15 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru