• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubwanditsi 09 Feb 2017 Mu Rwanda

Nubwo leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo hagiye gushira umwaka EAC yarabashyiriyeho umuhuza, Benjamin Mkapa, ngo baganire uburyo amahoro yagaruka muri icyo igihugu, bigaragara yuko ishyaka riri ku butegetsi (CNDD-FDD) ritabona impamvu y’iyo mishyikirano.

Kuva iyo mishyikirano, ubona idafite ikerekezo, yatangira leta y’u Burundi yakomeje kuvuga yuko yiteguye gushyikirana na buri wese wafasha ngo amahoro agaruke mu Burundi, ariko idashobora gushyikirana n’abakoze ya kudeta yapfubye mu kwa gatanu 2015. Nyuma ariko leta yaje kuva ku izima, itangaza yuko yemeye kuzashyikirana na buri wese harimo n’abo bakoze kudeta y’igihe kitagera ku munsi wose !

Nubwo ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwemeye ku mugaragaro yuko noneho buzashyikirana na buri wese harimo n’abo bagerageje kubuhirika, abavuga rikijyana muri CNDD-FDD usanga nta by’imishyikirano bemera ku buryo n’iyo mishyikirano iramutse ibaye ku buryo bwimbitse nta n’umusaruro yatanga.

Ubu uko imiterere y’inzego z’ubutegetsi imeze muri CNDD-FDD n’uko umwanya wa Perezida w’ishyaka wavuyeho. Urikuriye ni umunyamabanga mukuru waryo !

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD ni General Evariste Ndayishimiye. Mu mpera z’icyumweru gishize General Ndayishimiye yabwiye ijwi rya Amerika yuko ibyo kuzagirana imishyikirano n’abakoze kudeta igapfuba byo bitariko, ahubwo bagomba kuzashyikirizwa inkiko bagahanirwa icyo cyaha cyo guhirika ubutegetsi bwemewe n’amategeko nk’uko byabaye kuri bagenzi babo barimo General Cyliro Ndayirukiye ubu wakatiwe igifungo cya burundu akaba afungiwe mu Burundi.

Ikindi Gen. Ndayishimiye avuga n’uko ubusanzwe za leta zishyikirana n’abazirwanya ku gira ngo amahoro agaruke mu gihugu. Ngo mu Burundi ho amahoro amaze kugaruka, hatabayeho imishykirano. Ngo leta y’u Burundi ntawe ifite wo gushyikirana nawe ngo kuko abo bayirwanya ari mu bigambo gusa, nta mbaraga bafite kuko ngo nta n’igisirikare bagira !

Avuga yuko muri za 90 ubutegetsi bwa Perezida Petero Buyoya bwemeye gushyikirana n’imihari yaburwanyaga, harimo CNDD-FDD ngo kuko iyo mihari yari ikomeye cyane gisirikare inafite n’uduce tw’igihugu igisirikare cya leta kitashoboraga gukandagizamo akarenge.

Ngo abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza nta gisirikare bagira ngo kibe cyakotsa igitutu leta y’u Burundi ngo yemere imishyikiarano, ngo ni ibigambo gusa bitatuma Bujumbura ijya mu mishyikirano nabo !

-5697.jpg

Benjamin Mkapa, Perezida Nkurunziza na Gen. Niyombare

Buri wese ukurikiranira hafi ibyo mu Burundi ntabwo yashidikanya yuko uko Gen. Ndayishimiye abona ibintu ari nako CNDD-FDD iba ibibona, ari nawo murongo leta igomba gukurikiza !

Casmiry Kayumba

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paul Kagame  yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Paul Kagame yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Ubwanditsi 26 Jul 2017
Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Ubwanditsi 04 May 2016
Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika
Amakuru

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Ubwanditsi 19 Nov 2024
PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR
INKURU NYAMUKURU

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru