• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubwanditsi 09 Feb 2017 Mu Rwanda

Nubwo leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo hagiye gushira umwaka EAC yarabashyiriyeho umuhuza, Benjamin Mkapa, ngo baganire uburyo amahoro yagaruka muri icyo igihugu, bigaragara yuko ishyaka riri ku butegetsi (CNDD-FDD) ritabona impamvu y’iyo mishyikirano.

Kuva iyo mishyikirano, ubona idafite ikerekezo, yatangira leta y’u Burundi yakomeje kuvuga yuko yiteguye gushyikirana na buri wese wafasha ngo amahoro agaruke mu Burundi, ariko idashobora gushyikirana n’abakoze ya kudeta yapfubye mu kwa gatanu 2015. Nyuma ariko leta yaje kuva ku izima, itangaza yuko yemeye kuzashyikirana na buri wese harimo n’abo bakoze kudeta y’igihe kitagera ku munsi wose !

Nubwo ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bwemeye ku mugaragaro yuko noneho buzashyikirana na buri wese harimo n’abo bagerageje kubuhirika, abavuga rikijyana muri CNDD-FDD usanga nta by’imishyikirano bemera ku buryo n’iyo mishyikirano iramutse ibaye ku buryo bwimbitse nta n’umusaruro yatanga.

Ubu uko imiterere y’inzego z’ubutegetsi imeze muri CNDD-FDD n’uko umwanya wa Perezida w’ishyaka wavuyeho. Urikuriye ni umunyamabanga mukuru waryo !

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD ni General Evariste Ndayishimiye. Mu mpera z’icyumweru gishize General Ndayishimiye yabwiye ijwi rya Amerika yuko ibyo kuzagirana imishyikirano n’abakoze kudeta igapfuba byo bitariko, ahubwo bagomba kuzashyikirizwa inkiko bagahanirwa icyo cyaha cyo guhirika ubutegetsi bwemewe n’amategeko nk’uko byabaye kuri bagenzi babo barimo General Cyliro Ndayirukiye ubu wakatiwe igifungo cya burundu akaba afungiwe mu Burundi.

Ikindi Gen. Ndayishimiye avuga n’uko ubusanzwe za leta zishyikirana n’abazirwanya ku gira ngo amahoro agaruke mu gihugu. Ngo mu Burundi ho amahoro amaze kugaruka, hatabayeho imishykirano. Ngo leta y’u Burundi ntawe ifite wo gushyikirana nawe ngo kuko abo bayirwanya ari mu bigambo gusa, nta mbaraga bafite kuko ngo nta n’igisirikare bagira !

Avuga yuko muri za 90 ubutegetsi bwa Perezida Petero Buyoya bwemeye gushyikirana n’imihari yaburwanyaga, harimo CNDD-FDD ngo kuko iyo mihari yari ikomeye cyane gisirikare inafite n’uduce tw’igihugu igisirikare cya leta kitashoboraga gukandagizamo akarenge.

Ngo abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza nta gisirikare bagira ngo kibe cyakotsa igitutu leta y’u Burundi ngo yemere imishyikiarano, ngo ni ibigambo gusa bitatuma Bujumbura ijya mu mishyikirano nabo !

-5697.jpg

Benjamin Mkapa, Perezida Nkurunziza na Gen. Niyombare

Buri wese ukurikiranira hafi ibyo mu Burundi ntabwo yashidikanya yuko uko Gen. Ndayishimiye abona ibintu ari nako CNDD-FDD iba ibibona, ari nawo murongo leta igomba gukurikiza !

Casmiry Kayumba

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi

RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi

Ubwanditsi 08 May 2017
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura
Mu Rwanda

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?
POLITIKI

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ubwanditsi 30 May 2017
Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru