• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Ubwanditsi 28 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ishyirahamwe rishinzwe kurwanya ruswa mu gihugu cy’u Burundi OLUCOME binyuze mu ijwi ry’umuyobozi waryo Bwana Gabriel Rupfiri ntavuga rumwe na Perezida w’iki gihugu Evariste Ndayishimiye kuko amushinja kuganzwa na bamwe mu bakomeye mu butegetsi bwe bigatuma babona urwaho rwo kunyereza umutungo wa leta bikarangira ntanumwe ukurikiranywe n’ubutabera.

Ibyo byavuzweho cyane nyuma y’ikiganiro uyu mutegetsi mushya w’u Burundi yagiranye n’abanyamakuru taliki 25 Nzeri uyu mwaka aho yagiye abazwa icyo kibazo cyane maze nawe ntiyagira byinshi akivugaho ahubwo akavuga ko hari benshi babifata nabi kuko ngo waba ugiye kuburana umutungo bwite w’umuntu kandi ngo uba ari ibanga nkuko yabitangaje mu ijambo rye yivugiye ko habaho gukurikiranwa bikorwa umuntu yaravuye mu inshingano aho ngo leta ikora iperereza kuwo ikeka irebeye ku mushahara yahembwaga igihe yari ku mirimo.

Iyi mvugo ya General Ndayishimiye Evariste ntiyavuzweho rumwe na benshi cyane cyane OLUCOME, yaje ishimangira ko hari itegeko aho mu Burundi rivuga ko buri mutegetsi wese agomba kugaragaza isooko y’imitungo yabo ndetse abakekwaho kunyereza umutungo w’igihugu bagomba no gukurikiranwa n’amategeko mbere y’uko inshingano zabo zirangira iyo ikaba ari yo mpamvu bagomba kwerekana imitungo yabo bagitangira inshingano, bityo ko ibirimo gukorwa na leta ya Evariste binyuranye n’amategeko arimo na mpuzamahanga u Burundi nabwo bwemeje.

Mu kwiregura ku bivugwa na OLUCOME, ubutegetsi bw’u Burundi bwavuze ko ayo mategeko adasobanutse neza kandi ko ngo imihini mishya itera amabavu, gusa ngo uru ni urwitwazo kuko bamwe mu banyereza umutungo wa leta ari abakomeye mu butegetsi ndetse no mu ishyaka rifite ubutegetsi mu Burundi rya CNDD-FDD bishoboka ko baba barateye ubwoba uyu mugabo wasizwe yimitswe na Petero Nkurunziza ku gitutu cy’abajenerali. Ndayishimye yari yatangaje ko hari igihe byafata icyumweru ngo habarurwe imitungo y’umuntu umwe. Ukibaza aho yaba ivuye mugihe abari ku butegetsi mu Burundi bavuye mu ishyamba ejobundi nta nurwara rwo kwishima bagiraga. Ku isonga havugwa General Alain Guillaume Bunyoni uvugwa kwigwizaho imitungo kuburyo bw’umurengera.

Muri raporo iheruka ya Banki y’isi yavugaga ko hejuru ya 15% y’inkunga igenera icyo gihugu birangira yigiriye mu mifuka ya bamwe mu bakomeye mu Burundi; bikaba ari bimwe mu nenge zikomereye ubutegetsi bwa Ndayishimiye Evariste, Mu minsi ishize kandi bamwe mu baharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu bashinje ubutegetsi bwa Jenerali Neva gukomereza mu migambi mibisha yakorwaga nuwo yasimbuye yo gushimuta abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD ndetse icyanatangaje benshi ni uko muri leta ye ntamuntu numwe uva muyandi mashyaka atavuga rumwe na leta ye wagaragayemo bikagaragara ko politiki ye yakomereje mu murongo w’itonesha bizatuma hakomeza kuzamuka icyuka cy’akaduruvayo mu Burundi bumaze imyaka isaga itanu mu mutekano muke nyuma yuko Petero Nkurunziza yari afashe umwanzuro wo kwiyamamariza kuyobora u Burundi kuri manda ya gatatu.

2020-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Ubwanditsi 26 Jun 2022
Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ubwanditsi 26 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero
ITOHOZA

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere
Amakuru

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 05 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru