• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ubwanditsi 25 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije , DGPR risaba ko ibyaribayeho ubwo ryamamazaga umukandida wa ryo mu matora aheruka y’Umukuru w’igihugu bitakongera kuba mu gihe abazarihagararira mu Nteko Ishinga Amategeko bazaba bari mu bikorwa byo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iri shyaka, Dr Frank Habineza ubwo bari mu nama rusange y’abarwanashyaka aho mejwe rw’ abakandinda iyi kongere yanatoye abayobozi bashya b’ ishyaka kuko abasanzwe manda yabo yarangiye uyu mwaka bikaba bijyanye no kuvugurura ibikorwa bimwe na bimwe bikubiye muri politiki yaryo.

Muri iri huriro hanatowe komite nshya y’ishka irimo abarihagarariye mu Ntara zitandukanye n’abandi

Dr Habineza yagize ati “Turasaba umutekano kuko ubushize twagize ikibazo cy’umutekano cyane cyane nka za Nyagatare na za Nyabihu hari aho twageze tukabura aho twiyamamariza ndetse ahandi bagashaka kudukubita,  za Rusizi na za Nyamasheke tubura abaturage, ubu rero turasaba umutekano abakandida bacu bazabashe gutanga ibitekerezo byabo bisanzuye.”

Uretse ikibazo cy’umutekano kandi, Dr Frank Habineza avuga ko hari n’ikibazo cy’indorerezi z’ishyaka zabujijwe uburenganzira bwazo bwo gukurikirana ibikorwa by’amatora kuri site y’itora hose ibo na byo bikaba ari bimwe mu bishobora kubangamira abakandida ba ryo mu gihe bidakosowe.

Yagize ati “Ubushize twari dufite indorerezi nyinshi kuri site zitandukanye z’itora ariko twagize ikibazo ko indorerezi yacu kuri site runaka wasangaga ijya mu cyumba kimwe cy’itora ariko bakayangira ko ijya mu kindi bityo ntimenye ibiberamo.”

Dr HAbineza avuga ko nubwo indorerezi z’ishyaka rye zitavuze byinshi ku byavuye mu matora y’ubushize ariko ko hari byinshi zabonye bityo bikaba bigomba kuzakosorwa mu matora.

Avuga kandi ko atizeye neza niba azabona indorerezi ibihumbi 14 bingana n’ibyumba by’itora bizifashishwa mu matora y’Abadepite ariko ko bazagerageza kureba umubare munini ushoboka.

Ishyaka Green Party risabwa kimwe n’andi mashyaka gushaka byibuze abakandida 50 barimo abagore n’abagabo, Dr Habineza akaba avuga ko ishyaka rye ritazabura n’abantu 10 barihagararira mu Nteko.

Iri shyaka DGPR ryatangijwe muri 2013 nyuma y’ amatora y’ abadepite aheruka. Bivuze ko ari ku nshuro ya mbere iri shyaka rigiye kwiyamamaza rishaka imyanya mu nteko ishinga amategeko.

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]

Abanyarwanda 3 barimo umuvugabutumwa bapfiriye muri Mozambique[AMAFOTO]

Ubwanditsi 21 Oct 2018
‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
UBUKUNGU

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru