• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Ubwanditsi 19 Aug 2016 Mu Rwanda

Kidumu ni umuhanzi w’umurundi unakunzwe hano mu Rwanda no mu karere akaba na mbere yuko u Burundi bujya mu bibazo umwaka ushize yiberaga mu gihugu cya Kenya.

Ubusanzwe yitwa Nimbona Jean Pierre ariko aho amariye kwiyumvamo igihangange mu kuririmba yiyita Kidum Kibido Kibuganizo.

Mu kwezi gutaha ambasade ya Kenya mu Burundi izaba ifite iminsi mikuru ikaba yaranatumiye Kidum Kibuganizo nk’umwe mu bazaba basusurutsa abazaba bari aho.

Hari ababuriye Kidum yuko aramutse aje mu Burundi azicwa ariko uwo mugabo ibyo yabiteye utwatsi avuga yuko adashobora kwicwa kuko we atari umunyapolitike, ngo atunzwe na muzika. Ngo kandi niba mu Burundi bica abitungiwe na muzika ari tayari gupfa ngo kandi azaba yishimiye kugwa mu gihugu cya se na sekuru.

-3705.jpg

Kidumu ashobora kuba imibare ayikora neza. Ubutegetsi bwa Nkurunziza akarere n’amahanga arabukurikiranye cyane muri buri bugome bukorera abaturage babwo n’ikindi kiremwamuntu kibarizwa ku butaka bw’u Burundi. Ubwo butegetsi buramutse bwishe Kidumu watumiwe na ambasade ya Kenya bwaba bwongeye ibibazo bwari busanzwe bufitanye n’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) kandi bwakabaye bwifuza yuko uyu muryango utabukuraho amaboko !

Ariko Kidum agomba kuba ateta mu bikomeye. Niyo yapfa induru zikavuga ntabwo izo nduru zishobora kumuzura ! Yapfa Nkurunziza akikomereza gahunda ze nk’uko byagenze kuri Afsa Mossi, wari Depite w’u Burundi muri EALA, Jaques Bihozagara n’abandi.

-3703.jpg

Afsa Mossi ( RIP )

-3704.jpg

Nyakwigendera Bihozagara Jacques

Nubwo Kidumu avuga yuko atari umunyapolitike, bizwi neza yuko abanyapolitike ataribo bonyine bicwa mu Burundi kuko n’abaturage basanzwe bicwa. Kidum we afite umwihariko wo kuba yakwicwa kurusha n’abandi nka Mossi na Bikomagu. Kidumu koko ashobora kuba atari umunyapolitike kuko ubutegetsi bwa Nkurunziza bwaramuhaye ikiraka cyo guhanga no kuririmba indirimbo y’amatora y’ubushije akabyanga kandi yari gukuramo amafaranga.

-3706.jpg

Kidumu yaraburiwe aranga

Ayo matora Kidumu yanze kwamamaza n’amashyaka yo muri opozisiyo yanze kuyitabira nawe Bujumbura imufata nk’umuntu wa opozisiyo kandi icyo kikaba ari icyaha ubutegetsi bwa Nkurunziza bumaze kuziza benshi. Nta gitangaza rero na Kidum Kibido Kibuganizo akizize aramutse ahisemo kujya mu Burundi muri icyo gitaramo cy’abanyakenya. Na Afisa Mossi yishwe atangiye urugendo rwo kujya muri ambasade ya Tanzania aho yari yasezeranyijwe ubuhungiro !

Kayumba Casmiry

2016-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyanza: Abakaraningufu  bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!
Amakuru

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ubwanditsi 01 Jul 2021
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru