• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Ubwanditsi 14 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Tariki ya 19 Ukuboza 1986 nibwo habaye urubanza rw’ikinamico ku bantu bakekwagaho kwica Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, wari waritangiye kubungabunga no kwiga imibereho y’ingagi zo mu misozi.

Diana Fossey yishwe tariki ya 25 Ukuboza 1985 yicwa n’abambari b’akazu kubera impamvu ko Nyiramacibiri yari abangamiye ibikorwa byabo byo gushimuta inyamaswa z’ingagi cyane cyane ibyana byazo.

Abakozi bakoraga ku kibuga cy’indege I Kanombe mu myaka ya za 80 ntibazibagirwa uburyo ibyana by’ingagi bisaga 50 byasanzwe mu bikarito biri gusakuza kuko indege yari kubijyana yatinze hanyuma imiti yo kubisinziriza igashira.

Nyiramacibiri yiteguraga gukina muri Film yitwa “The Gorilla in the Mist” aho yari yiteguye kuvuga ibyakorwaga n’akazu mu gushimuta inyamaswa z’ingagi cyane cyane uwari Perefe wa Ruhengeli icyo gihe ariwe Protais Zigiranyirazo wari muramu wa Perezida Habyarimana. Iyi film yamamaye kw’isi ibona n’ibihembo mpuzamahanga bitandukanye.

Leta y’Amerika yashyize igitutu gikomeye kuri Leta ya Habyarimana maze bashaka guca urubanza rwo kwikiza; uwambere wabiguyemo ni umunyamerika wakoraga ubushakashatsi hamwe na Diana Fossey witwa Wayne Richard McGuire ariko Ambasade y’Amerika I Kigali ihita imucikisha kuko byagaragaraga ko ari ikinamico.

Emmanuel Rwemarika

Nyuma yuko McGuire ageze muri Amerika, u Rwanda rwafashe undi wari umukozi wa Diana Fossey w’umunyarwanda witwa Emmanuel Rwemarika bavuga ko yari inshuti magara wa Wayne Richard McGuire; uyu mukozi wari ushinzwe kwikorera imizigo ya Diana Fossey wakwibaza uburyo yari inshuti y’umunyamerika wavugaga icyongereza gusa.

Emmanuel Rwemarika yiciwe muri gereza ya Gikondo iminsi ibiri nyuma yo gufatwa bavuga ko yiyahuye ndetse n’umuryango we ntiwahabwa umurambo ngo ushyingurwe.

Babeshye bwa mbere ko ari ba Rushimusi bishe Dianna Fossey ariko nta mafaranga batwaye, kuko basanze mu cyumba amadorali 1,230 ndetse n’imbunda.

Mu gitondo cya tariki ya 26 Ukuboza 1982, inkuru y’urupfu rwa Dianna Fossey imaze kumenyekana, haje abajandarume benshi maze abakozi ba Dianna Fossey berekana ibirenge byaho abamwishe banyuze babitesha agaciro ntibabikurikirana.

Muri Film mbarankuru yitwa Secrets in the Midst: Murder on the Mountain igaruka kurupfu rwa Dianna Fossey aho abantu bakoranye nawe, abayobozi bakuru harimo n’Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda icyo gihe….bose bahurije ko umugambi wo kwica Dianna Fossey waturutse hejuru kandi ko wateguwe igihe kirekire kubera ibyo yari azi.

Yari agiye gushyira akazu ka Habyarimana hanze, mu bijyanye no gushimuta inyamaswa ndetse no gucuruza zahabu itemewe yavaga muri Zaire akaba ari Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yubu.

2022-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Ubwanditsi 12 Oct 2023
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021
Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Desalegn Bereket yegukanye agace ka Rubavu-Kinigi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo
IMIKINO

Desalegn Bereket yegukanye agace ka Rubavu-Kinigi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa
Amakuru

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

RUSHYASHYA 27 Nov 2025
Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane
Mu Mahanga

Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 06 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru