• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Ubwanditsi 02 Feb 2016 IMIKINO

Kuri uyu wambere tariki ya 02/02/2016 – Mu bujurire bwa Robert Ndatimana bwakiriwe n’Urukiko rukuru ku Kimihurura rutegetse kuri iki gicamunsi ko Robert Ndatimana atsinze urubanza yaregwagamo gutera inda umukobwa utarageza ku myaka y’ubukure kuko Urukiko rabonye ibimenyetso bishya ko uyu mukobwa ari mukuru.

-1980.jpg

Ndatimana ubwo aheruka imbere y’ubutabera kuwa 30 Ukuboza 2015

Robert Ndatimana yari afunze kuva tariki 18/12/2015 aho yari yashinjwe n’umwe mu babyeyi (se umubyayra) b’umukobwa witwa Keza Hornella ko yafashe ku ngufu uyu mwana akamutera inda atarageza imyaka y’ubukure.

Mu iburanisha ryabanje, Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mukobwa afite gusa imyaka 16, bityo Ndatimana umukinnyi w’ikipe ya Police FC akaba yarafashe ku ngufu uyu mwana. Ibirego Ndatimana yakomeje guhakana ariko akatirwa kuba afunze iminsi 30 y’agateganyo.

Asoma imyanzuro mu bujurire, umucamanza yavuze ko hakurikikwe ingingo ya 106 igika cya kabiri ivuga ko iyo hari ibimenyetso bishya bigaragarijwe Urukiko mu iburanisha bishobora gutushingirwaho hakatwa urubanza.

Bityo ngo ibimenyetso bishya bagaragarijwe byerekana ko Keza Hornella afite imyaka y’ubukure bityo uregwa atafashe ku ngufu umwana ahubwo yaryamanye n’umuntu mukuru.

Ibi bimenyetso ngo ‘attestation de naissance’ yo kwa muganga y’uyu mukobwa utwite, igaragaza ko yavutse mu 1997, aho kuba mu 1999 nk’uko bayshinjwe Ndatimana.

Umucamanza yavuze koi bi bicuze ko kuba Ndatimana na Keza bemeza ko baryamanye mu kwezi kwa munani 2015 akamutera inda, iki gihe yari afite imyaka y’ubukure,18, aho kuba 16 nk’uko Ndatimana yabiregwaga.

Urukiko rwahise rwanzura ko uregwa ahita arekurwa.

Umushinjacyaha nyuma yo kubona ibyo bimenyetso bishya byatanzwe n’umubyeyi wundi (nyina) w’umwana no kuvma icyemezo cy’Urukiko yahise yemera ko atagomba gukoeza gukurikirana uwaregwaga.

Umukobwa utwite na nyina nibo bazanye ibimenyetso bishya, aba bombi bakaba batari bashyigikiye ikirego cyatanzwe na se w’umukobwa Keza Hornella, wari umaze igihe yitwa umwana.

Robert Ndatimana yaburanaga avuga ko ko atafashe ku ngufu uyu mukobwa, yemera umwana atwite kandi yemera no kumurera.

Ndatimana yari yaje gushyigikirwa na bamwe mu bakinnyi bakinanye mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’isi muri Mexique(2011) nka Emery Bayisenge na Michel Rusheshangoga n’izindi nshuti.

Ubwo umucamanza yasomaga umwanzuro ko Ndatimana atsinze kandi ahita arekurwa, mu cyumba cy’iburanisha humvikanye urusaku rw’ibyishimo.

Ubwanditsi

2016-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Nguwo Seyoboka  utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera
ITOHOZA

Nguwo Seyoboka utegerejwe i Kigali ngo abo yiciye bose bahabwe ubutabera

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4
Amakuru

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru