• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Ubwanditsi 15 Feb 2018 IMIKINO

Mu mukino waguyemo imvura nyinshi, Rayon Sports yatsinze Musanze FC ibitego bitatu kuri bibiri kuri Stade ya Kigali, ihita ica kuri APR FC ku rutonde rusange ifata umwanya wa kabiri.

Iyi kipe yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka ushize itsinzwe umukino umwe gusa, ntabwo yorohewe n’uyu mukino wari ikirarane cy’umunsi wa munani wa shampiyona kuko Musanze FC yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa gatanu gitsinzwe na Kamana Bokota Labama.

Umutoza Olivier Karekezi uri ku gitutu kubera umusaruro muke ari gutanga muri iyi minsi, yasabye abakinnyi be kongera imbaraga mu gusatira, birabahira nyuma y’iminota ine bahita bacyishyura binyuze kuri Manishimwe Djabel ku mupira wari uvuye kuri Ismaila Diarra.

Musanze FC na yo ntiyacitse intege yakomeje gukina neza by’umwihariko Peter Otema na Bokota bazonze ubwugarizi bwa Rayon Sports, ibona na coup franc ebyiri ntizagira icyo zibyara, ubundi buryo bumwe Rayon Sports yabonye ku munota wa 22 Kwizera Pierrot ahita abubyaza umusaruro atsinda igitego cya kabiri.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego 2-1, mu cya kabiri Rayon Sports yakinaga umukino wa nyuma mbere yo kwerekeza i Burundi aho ifite akazi gakomeye ko gutsinda Lydia Ludic muri CAF Champions League.

Yagerageje uburyo butandukanye harimo n’ubwo Ismaila Diarra uri mu bihe bibi yasigaranye n’umunyezamu Mazimpaka André ananirwa gutsinda.

Musanze FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota icyenda gusa mu mikino umunani yari imaze gukina, yaje kubona igitego cyo kunganya ku munota wa 58 gitsinzwe na Barirengako Frank wari winjiye asimbuye Ramadhan.

Iki gitego cyakurikiwe n’imvura nyinshi yaguye kuri Stade ya Kigali, abafana bose bajya kugama ariko abakinnyi bo bakomeza guhangana buri kipe ishaka igitego cya gatatu ari na ko abatoza ku mpande zombi bakora impinduka zitandukanye.

Umusifuzi amaze kwerekana iminota ine y’inyongera, Rayon Sports yarushwaga bigaragara ndetse yanahushijwe igitego ku mupira Nyandwi Saddam yateye nabi usanga Barirengako Frank atera ishoti rya kure uragenda ukubita umutambiko ujya hanze.

Rutahizamu Diarra yahererekanyije umupira na Kwizera Pierrot wahise areba uko ba myugariro ba Musanze FC bahagaze awutera mu izamu Mazimpaka ntiyabasha kuwukurikira.

Umukino warangiye ari ibitego 3-2 ariko mu buryo bugoranye ndetse bamwe mu bakunzi ba rayon Sports bataha bivovota ko mu bigaragara ikipe yabo yasubiye inyuma cyane bagereranyije n’iyo bari bafite umwaka ushize nubwo bashoye akayabo bagura abakinnyi.

Iyi kipe yahise ifata umwanya wa gatatu ku rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo iwukuyeho APR FC ikaba irushwa amanota abiri na Kiyovu Sports iyoboye ikanganya na AS Kigali amanota 18 naho Musanze FC ikomeje kujya habi kuko ari iya 14 n’amanota 9 irusha rimwe gusa, Miroplast FC na Espoir FC ziri mu murongo utukura.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Mar 2021
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina
Amakuru

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru