• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Ubwanditsi 15 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bisanzwe bifasha igihugu cya Uganda mu byerekeye impunzi zikibarizwamo byihuje hamwe mu itangazo rigaragaza ko bababajwe ndetse n’ibikorerwa impunzi ziri muri Uganda aho ibibagenerwa byitwarirwa na bamwe mu bayobozi ba Uganda ariko cyane cyane barajwe ishinga n’ikibazo cy’ihohotera rishingiyeku gitsina rikorerwa impunzi muricyo gihugu.

Ibihugu byashyize umukono kuriryo tangazo biciye muri ba Ambasaderi babyo ni Autria, Belgium, abahagarariye umuryango wubumwe bw’uburayi (EU), France, Germany, Iceland, Ireland, Italy, Japan,Netherlands, Norway, Repubulika ya Korea, England, USA,

Raporo yasohotse yagaragaje ko muri 2017 UNCHCR yakoresheje nabi amamiliyoni n’ama miliyoni yishyura baringa haba mu biryo bigenewe impunzi haba mu zindi services zikenerwa n’impunzi ariko hatangwa amasoko arangwamo ruswa agahabwa bamwe mu bayobozi ba Uganda bishakiraga indonke ariko impunzi zihababarira.

                 Itangazo ry’abaterankunga bagaragaza impungenge ku micungire y’impunzi muri Uganda

Igenzura ryakozwe na UN ryagaragaje ko amafaranga y’umurengera yagiye anyerezwa cyangwa agahabwa abantu biciye mu masoko arangwamo ruswa, ibi byose bifitwemo uruhare na bamwe mu bayobozi muri Uganda.

Amafaranga UNHCR yakoreshaga muri 2016 yarazamutse ava kuri miliyoni 125 z’amadolari agera kuri miliyoni 205 z’amadolari muri 2017; muriyo 80% akaba yaratanzwe muri 2017 n’ibihugu bine aribyo leta zunze ubumwe z’Amerika, Ubwongereza,Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi n’u Budage.

Ibibazo byatangiye kugaragara cyane muri Gashyantare 2018 ubwo hatangazwaga ko bamwe mu bayobozi ba Uganda bigwijeho ibitunga impunzi ndetse bakanongera imibare y’impunzi ngo bakunde bibe amafaranga azigenewe. Abaterankunga byageze aho bashyira igitutu kuri leta ya Uganda maze ihindura uwari ushinzwe iby’impunzi muri Uganda ndetse inemera gukora ibarura ry’impunzi bundi bushya.

Nyuma y’ibarura rusange ry’impunzi ziri muri Uganda, basanze abagera ku bihumbi Magana atatu (300,000) ari baringa, byatumye hakoreshwa agera kuri miliyoni 11 z’amadolari kugirango impunzi zongere zandikwe neza nta manyanga.

Muri Uganda Hatahuwe Impunzi 300 000 Za Baringa – https://rushyashya.net/2018/10/31/muri-uganda-hatahuwe-impunzi-300-000-za-baringa/

Igenzura kandi ryagaragaje amanyanga hagati ya UNHCR n’ibiro bya Ministiri w’intebe wa Uganda Dr Ruhakana Rugunda, aho byashigikiye imiryango itegamiye kuri leta 3 ihabwa amasoko kandi umwe muriyo yari yarambuye UNHCR.

Raporo y’ubugenzuzi igaragaza kandi ko UNHCR yishyuraga $2,000 buri kwezi bamwe mu bayobozi ba leta ya Uganda bayifashije mu kubona impapuro ndetse bakanahabwa imodoka n’amavuta yazo. UNHCR yanishyuye $283,000 y’abakozi ba baringa, batashoboye kwerekanwa muriryo genzura.

UNHCR yanishyuye ibiro bya Ministiri w’intebe $320,000 yo kugura ubutaka hafi y’ibyo biro ngo bizafashe mu gutanga services ku mpunzi,ariko ubugenzuzi bwagaragaje ko icyo kibanza cyishyuwe umurengera kuko kitari gifite ako gaciro.

Abakozi bane muri leta, barimo uwari ukuriye iby’impunzi mu biro bya Ministiri w’intebe Apollo Kazungu barahagaritswe kubera igitutu no gushaka kwiyerurutsa.

Abaterankunga basohoye tangazo bagaragaza ko batewe impungenge n’ibyagaragajwe mu igenzura ryakozwe bakavuga ko leta ya Uganda igomba gushyira mu bikorwa ibyemezo ndetse n’inama zatanzwe muri raporo y’igenzura kugirango ikibazo gikomeye cya ruswa n’ibirego bikomeye by’ihohotera rishingiye ku gitsina bishakirwe umuti vuba na bwangu.

2018-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ubwanditsi 12 Jan 2020
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025
Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Ubwanditsi 26 Dec 2017
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    December 15, 20184:52 pm -

    Ariko mujye mutugezaho
    Namakuru yibindi bihugu??
    Wowese ngo:

    BURUNDI. U GANDA
    PREZIDA. KAGAME

    Kuva taliki yambere kugeza
    Ya. 31 ntayindi nkuru???
    haribwo abasomyi bamwe
    Batirirwa bafungura. site yanyu
    Kuko baba bazi yuko ari:

    MUSEVENI. NKURUNZIZA
    NA. KAGAME nibo baba
    banditswemo. bonyone

    Subiza
  2. Amahe
    December 15, 20188:32 pm -

    kULI WOWE bITWENGE, AHARI AMAKURU MENSHI ABONEKA NYINE KWA M7 NO KWA NKURU MBI, MENYA KO BAVUGA BATI QUAND IL N’Y A PAS DE NOUVELLE, BONNE NOUVELLE. KWA KAGAME HABA BYINSHI BYIZA UGERERANYIJE NO KUBA TURA NYI NKURUMBI NA KA KAGUTA NAKO GATAMA , KUKI SE RUSHYSHYA ITAVUGA MAGUFURI , NUKO SE ZIFUNZE UGIRA NGO RUSHYASHYA YABUZE IMFUNGUZO ZIZO NGUFURI?
    NUKO NYINE RUSHYASHYA YISHAKIRA INSHYASHYA , NDAVUGA INKURU ZO , INVESTIGATION NDABEMERA ABANTU BATITIZA LISULU WA SA NTA MUSUSU, IBISUSU BYA AMBASSADEUR AKABISERUKANA S.A , ASIZE BYINSHI MU RDA ASANGA ISESEME NYAMWSA YO KASWA NIMINSI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame
INKURU NYAMUKURU

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 15 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru