• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Ubwanditsi 15 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bisanzwe bifasha igihugu cya Uganda mu byerekeye impunzi zikibarizwamo byihuje hamwe mu itangazo rigaragaza ko bababajwe ndetse n’ibikorerwa impunzi ziri muri Uganda aho ibibagenerwa byitwarirwa na bamwe mu bayobozi ba Uganda ariko cyane cyane barajwe ishinga n’ikibazo cy’ihohotera rishingiyeku gitsina rikorerwa impunzi muricyo gihugu.

Ibihugu byashyize umukono kuriryo tangazo biciye muri ba Ambasaderi babyo ni Autria, Belgium, abahagarariye umuryango wubumwe bw’uburayi (EU), France, Germany, Iceland, Ireland, Italy, Japan,Netherlands, Norway, Repubulika ya Korea, England, USA,

Raporo yasohotse yagaragaje ko muri 2017 UNCHCR yakoresheje nabi amamiliyoni n’ama miliyoni yishyura baringa haba mu biryo bigenewe impunzi haba mu zindi services zikenerwa n’impunzi ariko hatangwa amasoko arangwamo ruswa agahabwa bamwe mu bayobozi ba Uganda bishakiraga indonke ariko impunzi zihababarira.

                 Itangazo ry’abaterankunga bagaragaza impungenge ku micungire y’impunzi muri Uganda

Igenzura ryakozwe na UN ryagaragaje ko amafaranga y’umurengera yagiye anyerezwa cyangwa agahabwa abantu biciye mu masoko arangwamo ruswa, ibi byose bifitwemo uruhare na bamwe mu bayobozi muri Uganda.

Amafaranga UNHCR yakoreshaga muri 2016 yarazamutse ava kuri miliyoni 125 z’amadolari agera kuri miliyoni 205 z’amadolari muri 2017; muriyo 80% akaba yaratanzwe muri 2017 n’ibihugu bine aribyo leta zunze ubumwe z’Amerika, Ubwongereza,Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi n’u Budage.

Ibibazo byatangiye kugaragara cyane muri Gashyantare 2018 ubwo hatangazwaga ko bamwe mu bayobozi ba Uganda bigwijeho ibitunga impunzi ndetse bakanongera imibare y’impunzi ngo bakunde bibe amafaranga azigenewe. Abaterankunga byageze aho bashyira igitutu kuri leta ya Uganda maze ihindura uwari ushinzwe iby’impunzi muri Uganda ndetse inemera gukora ibarura ry’impunzi bundi bushya.

Nyuma y’ibarura rusange ry’impunzi ziri muri Uganda, basanze abagera ku bihumbi Magana atatu (300,000) ari baringa, byatumye hakoreshwa agera kuri miliyoni 11 z’amadolari kugirango impunzi zongere zandikwe neza nta manyanga.

Muri Uganda Hatahuwe Impunzi 300 000 Za Baringa – https://rushyashya.net/2018/10/31/muri-uganda-hatahuwe-impunzi-300-000-za-baringa/

Igenzura kandi ryagaragaje amanyanga hagati ya UNHCR n’ibiro bya Ministiri w’intebe wa Uganda Dr Ruhakana Rugunda, aho byashigikiye imiryango itegamiye kuri leta 3 ihabwa amasoko kandi umwe muriyo yari yarambuye UNHCR.

Raporo y’ubugenzuzi igaragaza kandi ko UNHCR yishyuraga $2,000 buri kwezi bamwe mu bayobozi ba leta ya Uganda bayifashije mu kubona impapuro ndetse bakanahabwa imodoka n’amavuta yazo. UNHCR yanishyuye $283,000 y’abakozi ba baringa, batashoboye kwerekanwa muriryo genzura.

UNHCR yanishyuye ibiro bya Ministiri w’intebe $320,000 yo kugura ubutaka hafi y’ibyo biro ngo bizafashe mu gutanga services ku mpunzi,ariko ubugenzuzi bwagaragaje ko icyo kibanza cyishyuwe umurengera kuko kitari gifite ako gaciro.

Abakozi bane muri leta, barimo uwari ukuriye iby’impunzi mu biro bya Ministiri w’intebe Apollo Kazungu barahagaritswe kubera igitutu no gushaka kwiyerurutsa.

Abaterankunga basohoye tangazo bagaragaza ko batewe impungenge n’ibyagaragajwe mu igenzura ryakozwe bakavuga ko leta ya Uganda igomba gushyira mu bikorwa ibyemezo ndetse n’inama zatanzwe muri raporo y’igenzura kugirango ikibazo gikomeye cya ruswa n’ibirego bikomeye by’ihohotera rishingiye ku gitsina bishakirwe umuti vuba na bwangu.

2018-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 14 May 2019
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    December 15, 20184:52 pm -

    Ariko mujye mutugezaho
    Namakuru yibindi bihugu??
    Wowese ngo:

    BURUNDI. U GANDA
    PREZIDA. KAGAME

    Kuva taliki yambere kugeza
    Ya. 31 ntayindi nkuru???
    haribwo abasomyi bamwe
    Batirirwa bafungura. site yanyu
    Kuko baba bazi yuko ari:

    MUSEVENI. NKURUNZIZA
    NA. KAGAME nibo baba
    banditswemo. bonyone

    Subiza
  2. Amahe
    December 15, 20188:32 pm -

    kULI WOWE bITWENGE, AHARI AMAKURU MENSHI ABONEKA NYINE KWA M7 NO KWA NKURU MBI, MENYA KO BAVUGA BATI QUAND IL N’Y A PAS DE NOUVELLE, BONNE NOUVELLE. KWA KAGAME HABA BYINSHI BYIZA UGERERANYIJE NO KUBA TURA NYI NKURUMBI NA KA KAGUTA NAKO GATAMA , KUKI SE RUSHYSHYA ITAVUGA MAGUFURI , NUKO SE ZIFUNZE UGIRA NGO RUSHYASHYA YABUZE IMFUNGUZO ZIZO NGUFURI?
    NUKO NYINE RUSHYASHYA YISHAKIRA INSHYASHYA , NDAVUGA INKURU ZO , INVESTIGATION NDABEMERA ABANTU BATITIZA LISULU WA SA NTA MUSUSU, IBISUSU BYA AMBASSADEUR AKABISERUKANA S.A , ASIZE BYINSHI MU RDA ASANGA ISESEME NYAMWSA YO KASWA NIMINSI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe
Amakuru

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru