• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ni umukino ubanza mu itsinda rya 4, mu irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo mu mupira w’amaguru CHAN 2016, riri kubera mu Rwanda, wahuza Zimbabwe na Zambia.

-1862.jpg

Zambia FC ibifashijwemo n’umusore Isaac Chansa, yabashije kubona amanota 3 imbere y’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe bahangana bikomeye, iyitsinze igitego 1-0.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari 0-0 hagati y’imande zombi, yaba Zambia na Zimbabwe zagiye zibura amahirwe yo kuba zabona igitego, ariko ikipe ya Zimbabwe yigaragaje cyane kurusha Zambia.

umukinnyi Edmore Chirambadare yabonye uburyo 2 wenyine ku munota wa 12 n’umunota wa 40, bwo kuba yafungura izamu ryari ririnzwe na Jacob Banda, ariko ntiyabasha kububyaza umusaruro.

Buretse uyu musore kandi Edmore, na mugenzi we Ronald Chitiyo Dynamos yagoye bikomeye ikipe ya Chipolopolo mu kibuga hagati.

-1863.jpg

Iyi kipe ya Zambia yakinaga na Warriors za Zimbabwe, na yo yabonye uburyo 2 imbere y’izamu bwabonywe na Mwelwa Mwape ukinira Zesco United na kapiteni we Christopher Katongo wa Green Buffaloes ariko ntibwagira umusaruro butanga.
-1861.jpg

Igice cya 2 cyatangiye kihuta cyane ku makipe yombi, ariko Zimababwe yagakwiye kuba yahise ifungura amazamu ku munota wa 46, igitego cyahushije Ronald Chitiyo asigaranye n’umuzamu.

Zambia yabaye nk’ikanguka maze itangira gusatira bikomeye ariko inabona koruneli zikurikiranye.
Myugariro wa Zimbabwe Elisha Muroiwa ukinira Dynamos yagoganye n’umukinnyi wa Zambia biba ngombwa ko ajya kuvurirwa hanze.

Uyu mwanya myugariro wa Zimbabwe yarimo avugwa, ni bwo Zambia umusore Mwelwa Mwape yahinduye umupira usanga Isaac Chansa ahagaze wenyine, ahita afungura amazamu.

Ikipe ya Zimbabwe yasatiriye bikomeye ishaka uko yakwishyura igitego, ariko uko bageze imbere y’izamu amahirwe yabo bakayapfusha ubusa.
Zambia yakoze impinduka nayo itangira kwiharira umupira, ibuza ikipe ya Zimbabwe kuba yakomeza kuyotsa igitutu.

Zimbabwe uko iminota yakomezaga kwicuma ni ko yakomezaga kongera imbaraga, ariko kubona igitego birayangira.

Iminota 3 yinyongera yongeweho ntacyo yafashije Indwanyi za Zimbabwe, birangira Chipolopolo itwaye amanota 3.

Umukino uhuza Zambia na Zimbabwe uba urimo agapingane gakomeye, dore ko ibi bihugu bibanyi byo muri Africa y’Epfo, nta kipe n’imwe yemera ko irushwa n’indi.
Aya makipe ari kumwe mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Uganda ndetse na Malia.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga:

ZIMBABWE: 1. Donovan Bernard, 2.Muroiwa Elisha, (58’, Stephen Mukatuka) 3. Ocean Mushure, 4. Lawrence Mhlanga, 6. Hardlife Zvirekwi (C), 8. John Gerrard Takwara, (71’, 7. Rodreck Mutuma)9. Farai Edwin Madhanaga, 11. Ronald Chitiyo 21. Edmore Chirambadare (80’, 17 Tatenda Marchall Mudehwe) , 10. Knox Mutizwa, 18. Francisco Zekumbawira.

M.FILS

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 16 Oct 2025
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
POLITIKI

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato  bikomeje gukorerwa Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda
ITOHOZA

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru