• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ni umukino ubanza mu itsinda rya 4, mu irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo mu mupira w’amaguru CHAN 2016, riri kubera mu Rwanda, wahuza Zimbabwe na Zambia.

-1862.jpg

Zambia FC ibifashijwemo n’umusore Isaac Chansa, yabashije kubona amanota 3 imbere y’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe bahangana bikomeye, iyitsinze igitego 1-0.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari 0-0 hagati y’imande zombi, yaba Zambia na Zimbabwe zagiye zibura amahirwe yo kuba zabona igitego, ariko ikipe ya Zimbabwe yigaragaje cyane kurusha Zambia.

umukinnyi Edmore Chirambadare yabonye uburyo 2 wenyine ku munota wa 12 n’umunota wa 40, bwo kuba yafungura izamu ryari ririnzwe na Jacob Banda, ariko ntiyabasha kububyaza umusaruro.

Buretse uyu musore kandi Edmore, na mugenzi we Ronald Chitiyo Dynamos yagoye bikomeye ikipe ya Chipolopolo mu kibuga hagati.

-1863.jpg

Iyi kipe ya Zambia yakinaga na Warriors za Zimbabwe, na yo yabonye uburyo 2 imbere y’izamu bwabonywe na Mwelwa Mwape ukinira Zesco United na kapiteni we Christopher Katongo wa Green Buffaloes ariko ntibwagira umusaruro butanga.
-1861.jpg

Igice cya 2 cyatangiye kihuta cyane ku makipe yombi, ariko Zimababwe yagakwiye kuba yahise ifungura amazamu ku munota wa 46, igitego cyahushije Ronald Chitiyo asigaranye n’umuzamu.

Zambia yabaye nk’ikanguka maze itangira gusatira bikomeye ariko inabona koruneli zikurikiranye.
Myugariro wa Zimbabwe Elisha Muroiwa ukinira Dynamos yagoganye n’umukinnyi wa Zambia biba ngombwa ko ajya kuvurirwa hanze.

Uyu mwanya myugariro wa Zimbabwe yarimo avugwa, ni bwo Zambia umusore Mwelwa Mwape yahinduye umupira usanga Isaac Chansa ahagaze wenyine, ahita afungura amazamu.

Ikipe ya Zimbabwe yasatiriye bikomeye ishaka uko yakwishyura igitego, ariko uko bageze imbere y’izamu amahirwe yabo bakayapfusha ubusa.
Zambia yakoze impinduka nayo itangira kwiharira umupira, ibuza ikipe ya Zimbabwe kuba yakomeza kuyotsa igitutu.

Zimbabwe uko iminota yakomezaga kwicuma ni ko yakomezaga kongera imbaraga, ariko kubona igitego birayangira.

Iminota 3 yinyongera yongeweho ntacyo yafashije Indwanyi za Zimbabwe, birangira Chipolopolo itwaye amanota 3.

Umukino uhuza Zambia na Zimbabwe uba urimo agapingane gakomeye, dore ko ibi bihugu bibanyi byo muri Africa y’Epfo, nta kipe n’imwe yemera ko irushwa n’indi.
Aya makipe ari kumwe mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Uganda ndetse na Malia.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga:

ZIMBABWE: 1. Donovan Bernard, 2.Muroiwa Elisha, (58’, Stephen Mukatuka) 3. Ocean Mushure, 4. Lawrence Mhlanga, 6. Hardlife Zvirekwi (C), 8. John Gerrard Takwara, (71’, 7. Rodreck Mutuma)9. Farai Edwin Madhanaga, 11. Ronald Chitiyo 21. Edmore Chirambadare (80’, 17 Tatenda Marchall Mudehwe) , 10. Knox Mutizwa, 18. Francisco Zekumbawira.

M.FILS

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Ubwanditsi 09 Mar 2019
Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Ubwanditsi 18 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye
SHOWBIZ

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase
Amakuru

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru