• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ni umukino ubanza mu itsinda rya 4, mu irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo mu mupira w’amaguru CHAN 2016, riri kubera mu Rwanda, wahuza Zimbabwe na Zambia.

-1862.jpg

Zambia FC ibifashijwemo n’umusore Isaac Chansa, yabashije kubona amanota 3 imbere y’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe bahangana bikomeye, iyitsinze igitego 1-0.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari 0-0 hagati y’imande zombi, yaba Zambia na Zimbabwe zagiye zibura amahirwe yo kuba zabona igitego, ariko ikipe ya Zimbabwe yigaragaje cyane kurusha Zambia.

umukinnyi Edmore Chirambadare yabonye uburyo 2 wenyine ku munota wa 12 n’umunota wa 40, bwo kuba yafungura izamu ryari ririnzwe na Jacob Banda, ariko ntiyabasha kububyaza umusaruro.

Buretse uyu musore kandi Edmore, na mugenzi we Ronald Chitiyo Dynamos yagoye bikomeye ikipe ya Chipolopolo mu kibuga hagati.

-1863.jpg

Iyi kipe ya Zambia yakinaga na Warriors za Zimbabwe, na yo yabonye uburyo 2 imbere y’izamu bwabonywe na Mwelwa Mwape ukinira Zesco United na kapiteni we Christopher Katongo wa Green Buffaloes ariko ntibwagira umusaruro butanga.
-1861.jpg

Igice cya 2 cyatangiye kihuta cyane ku makipe yombi, ariko Zimababwe yagakwiye kuba yahise ifungura amazamu ku munota wa 46, igitego cyahushije Ronald Chitiyo asigaranye n’umuzamu.

Zambia yabaye nk’ikanguka maze itangira gusatira bikomeye ariko inabona koruneli zikurikiranye.
Myugariro wa Zimbabwe Elisha Muroiwa ukinira Dynamos yagoganye n’umukinnyi wa Zambia biba ngombwa ko ajya kuvurirwa hanze.

Uyu mwanya myugariro wa Zimbabwe yarimo avugwa, ni bwo Zambia umusore Mwelwa Mwape yahinduye umupira usanga Isaac Chansa ahagaze wenyine, ahita afungura amazamu.

Ikipe ya Zimbabwe yasatiriye bikomeye ishaka uko yakwishyura igitego, ariko uko bageze imbere y’izamu amahirwe yabo bakayapfusha ubusa.
Zambia yakoze impinduka nayo itangira kwiharira umupira, ibuza ikipe ya Zimbabwe kuba yakomeza kuyotsa igitutu.

Zimbabwe uko iminota yakomezaga kwicuma ni ko yakomezaga kongera imbaraga, ariko kubona igitego birayangira.

Iminota 3 yinyongera yongeweho ntacyo yafashije Indwanyi za Zimbabwe, birangira Chipolopolo itwaye amanota 3.

Umukino uhuza Zambia na Zimbabwe uba urimo agapingane gakomeye, dore ko ibi bihugu bibanyi byo muri Africa y’Epfo, nta kipe n’imwe yemera ko irushwa n’indi.
Aya makipe ari kumwe mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Uganda ndetse na Malia.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga:

ZIMBABWE: 1. Donovan Bernard, 2.Muroiwa Elisha, (58’, Stephen Mukatuka) 3. Ocean Mushure, 4. Lawrence Mhlanga, 6. Hardlife Zvirekwi (C), 8. John Gerrard Takwara, (71’, 7. Rodreck Mutuma)9. Farai Edwin Madhanaga, 11. Ronald Chitiyo 21. Edmore Chirambadare (80’, 17 Tatenda Marchall Mudehwe) , 10. Knox Mutizwa, 18. Francisco Zekumbawira.

M.FILS

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019
AS Kigali yagumye ku mwanya wa mbere, APR FC yujuje imikino 13 idatsindwa – Ibyaranze umunsi wa 16 wa PNL

AS Kigali yagumye ku mwanya wa mbere, APR FC yujuje imikino 13 idatsindwa – Ibyaranze umunsi wa 16 wa PNL

Ubwanditsi 23 Jan 2023
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali
Mu Rwanda

Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC
Mu Mahanga

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016
Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi
ITOHOZA

Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru