• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 10 Jan 2017 Mu Mahanga

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari, mu karere ka Rwamagana, ku wa mbere tariki ya 9 Mutarama 2017, hatangijwe amahugurwa y’ibanze ku gukumira no kurwanya inkongi z’imiriro; akaba yitabiriwe n’abantu baturuka mu nzego zitandukanye.

Aya mahugurwa yateguwe na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) agabanyijemo ibyiciro bibiri, abazahugurwa muri ibi byiciro byombi bakaba ari 100, icya mbere cyatangijwe uyu munsi kizamara amezi abiri, kikaba kirimo abantu 50, muri bo 35 bakaba baturutse muri Polisi y’u Rwanda, 10 baturuka mu rwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa (RCS), naho abandi batanu bakaba baturuka muri Kompanyi zigenga zishinzwe umutekano.

Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yavuze ko amahugurwa nk’aya ari mu murongo w’amasezerano y’ubufatanye Polisi y’u Rwanda yasinyanye n’Ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).

Yagize ati,”Ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), twemeranyijwe ko kizajya kidufasha mu guhugura no kongerera ubushobozi abapolisi b’u Rwanda na Kompanyi zigenga zishinzwe umutekano ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro, dore ko impanuka ziterwa n’umuriro zigira ingaruka ku buzima bw’abantu zikanangiza ibyabo.”

IGP Gasana yasabye abayitabiriye kuyakurikira neza agira ati,”Aya mahirwe mubonye yo kubona aya mahugurwa muyabyaze umusaruro, mwigane umwete, ababahugura mubakureho ubumenyi, ku buryo ubutaha ari mwe muzajya mutanga amahugurwa nk’aya tutagombye kwitabaza inzobere ziturutse ahandi, kuko namwe muzaba mwarabonye ubumenyi buhagije, dore ko abazitwara neza muri mwe na bo bazahabwa amahugurwa yo guhugura abandi.”

Yasoje ashimira ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’Ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), Gasana Jerome yavuze ko ikigo ayoboye kizagumya gutera inkunga amahugurwa nk’aya; aha akaba yaragize ati,”Amahugurwa nk’aya azahoraho ku buryo azajya aba ateguwe igihe runaka kizwi; kandi tuzagumya kuyatera inkunga kuko atuma abantu bagira ubumenyi bufasha abayahabwa kuba bakwiteza imbere.”

Yakomeje agira ati,”Uko igihugu gitera imbere, ni ko n’abaturage baba bagomba kugira ubumenyi mu kuzimya inkongi z’umuriro, kuko usanga hagaragara impanuka zitewe n’umuriro.”

Abahugurwa bakaba bazahabwa amasomo arimo; Imyubakire igezweho mu kwirinda inkongi, uko watabara byihuta ahabaye inkongi, ubutabazi bw’ibanze buhabwa uwagezweho n’inkongi, kugenza icyaha ahabaye inkongi, n’andi masomo atandukanye.

Aya mahugurwa ari gutangwa n’inzobere mu guhangana n’inkongi z’umuriro zo mu kigo cyitwa Mugold International Ltd.

-5314.jpg

Mu mwaka ushize, mu Rwanda hagaragaye inkongi z’umuriro 211 nk’uko bitangazwa n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi no gutabara abari mu kaga.

RNP

2017-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure
INKURU NYAMUKURU

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Ubwanditsi 09 Dec 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe
INKURU NYAMUKURU

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Amavubi yatsinze Congo Kinshasa
IMIKINO

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru