• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2017 Mu Mahanga

Muri iyi minsi ibikorwa by’iterabwoba n’ubushotoranyi hagati y’ibihugu by’ibihangange ku isi bimaze gufata indi ntera, bituma hari abagaragaza impungenge ko haba hatutumba umwuka w’Intambara ya Gatatu y’Isi.

-8003.jpg

Kuva mu 2011, amakimbirane yo muri Syria yafashe intera ikomeye ubwo Perezida Bashar al-Assad yavugaga ko yica abigaragambya bahirimbaniraga demokarasi, bikaza guteza umwiryane hagati y’ibihugu bikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Uruhererekane rwo kutumvikana hagati y’ibihugu rwageze kuri Koreya ya Ruguru, iheruka kugerageza misile mpuzamahanga yitwa ICBM (intercontinental ballistic missile) ishobora kurasa agace ako ari ko kose ku Isi. Iki gisasu cyarashwe ku butumburuke bwa kilometero 2,802, kiba icya mbere kigeze kure mu byo iki gihugu cyagerageje.

Ingabo z’u Buyapani zatangaje ko Koreya ya Ruguru ishobora kugerageza indi misile yagera mu bihugu birimo Amerika n’u Bwongereza.

Mu gihe ku isi hakomeza kugaragara amakimbirane hagati y’ibihugu, icurwa n’igeragezwa ry’ibisasu bya kirimbuzi, hari abemeza ko bishobora gusembura indi ntambara ifatwa nk’iherezo ry’isi.

Mu myaka yo hambere, Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II yateguye imbwirwaruhame ishobora kongera kuvugwa mu gihe ibi byaramuka bibayeho n’ubwo abakunda amahoro batifuza kuzayumva mu matwi yabo.

Iyi mbwirwaruhame yanditswe nyuma y’Intambara y’Ubutita mu 1983, yagarutsweho na BBC mu 2013 ndetse abasesenguzi bagaragaza ko bimwe mu bice byayo bigifite agaciro gakomeye.

Mu magambo ayirimo, Umwamikazi Elisabeth atangira agaragaza ko kuba amahano y’intambara atarabashije kubageraho afatanyije ibyishimo n’umuryango we n’abagize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Iyi baruwa igaragaza Umwamikazi Elisabeth w’imyaka 91 y’amavuko ko hari ibihe bikomeye yanyuzemo mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Igira iti “Iki cyago cy’intambara kiri gukwira ku isi yose gusa igihugu cyacu cy’igihangange cyiteguye neza kwikingira kikarokoka ako kaga. Sinzibagirwa agahinda nagize mu 1939 ubwo njye na murumuna wanjye twari kumwe hafi y’ishuri ry’incuke twumva amagambo nyuramatwi ya data, Umwami George VI umunsi intambara ya Kabiri y’Isi yatangiraga.”

Ikomeza igaragaza ko kuba barashoboye kwambuka ibihe byari bigoye by’umubabaro n’agahinda byaranze ikinyejana cya 20, bituma abantu bahagarara bwuma bakumva bashikamye.

Ati “Si rimwe cyangwa se kabiri natekereje ko uyu mubabaro n’aka gahinda umunsi umwe bizanyituraho ariko ibi biteye ubwoba byari bidutegereje twese. Kuba twarashoboye kugumana ubwisanzure bwacu mu bihe bibiri bibabaje bizongera bitubere imbaraga.”

Muri iyo baruwa ngo Umwamikazi Elisabeth mu gihe haba ikindi cyago cy’intambara, yagaragaza ko yatewe agahinda no kubura abakobwa, abahungu, abagabo n’abavandimwe bazize kwitangira igihugu cyabo.

Iyi mbwirwaruhame isoza igaragaza ko gufatanya mu kurwanya ikibi cyose, no gusengera igihugu n’abagabo bafite ugushaka kwiza aho baherereye hose ari byo bizubaka umusingi w’amahoro arambye.

-8004.jpg

Imbwirwaruhame y’Umwamikazi Elisabeth benshi ntibifuza kuyumva mu matwi yabo

-8005.jpg

Umwami George VI asuhuza abantu ubwo yari mu Mujyi wa Buckingham n’Ibikomangoma Elizabeth na Margaret ku munsi hibukwa igihe Intambara ya Kabiri y’Isi yarangiriyeho

-8006.jpg

Umwamikazi Elisabeth w’imyaka 91 yarokotse Intambara ya Kabiri y’Isi yose

-8007.jpg

Koreya ya Ruguru imaze iminsi igerageza intwaro za kirimbuzi

-8008.jpg

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-Un, akunda kwitabira uko missile zigeragezwa

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi
Amakuru

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45
IMIKINO

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Ubwanditsi 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru