• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)

Uko byari byifashe mu ifatwa ry’amashusho ya ‘Rwanda: The Royal Tour’ (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 26 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

Peter Greenberg, umunyamakuru uzwi cyane kubera gukora inkuru zishamikiye ku gucukumbura imibereho y’abakomeye binyuze mu bukerarugendo, yasohoye ikindi gice cy’amashusho cyiganjemo ubuhamya bw’abamufashije mu ikorwa rya ‘Rwanda: The Royal Tour’ .

‘Rwanda: The Royal Tour’ ni filime mbarankuru igaruka ku byiza nyaburanga by’u Rwanda, ifatiye ku mashusho yafashwe mu biganiro n’ingendo zitandukanye Greenberg yagiranye na Perezida Paul Kagame muri Nzeri 2017.

Abari mu ikipe ya Peter Greenberg bose bagiye bagaruka ku buryo banyuzwe n’imigendekere y’imikorere yabaranze hagati yabo muri uyu mushinga, by’umwihariko bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda n’ubwiza babonye mu bice bitandukanye by’igihugu bukongerera agaciro amashusho bafataga.

Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Belise Kariza, yavuze ko ikipe ya Peter yakoze akazi kayo neza ndetse agaragaza ko ari iby’agaciro kuba Perezida Kagame yarabimburiye abandi gukorana urugendo nk’uru na The Royal Tour.

Peter Greenberg ubwe yavuze ko rwari urugendo rutoroshye kuzenguruka ibice biri ahirengeye mu Rwanda rwamenyekanye nk’igihugu cy’imisozi igihumbi by’umwihariko kugera aho ingagi ziboneka muri Pariki y’Ibirunga.

Yagize ati “Ubusanzwe nsinzira amasaha ane nkabasha gukora imirimo isanzwe ariko ntiwakurira umusozi wasinziriye amasaha ane. Nafataga akaruhuko nka buri uko hashize iminota ibiri kuko twazamutse urugendo rurerure nk’urw’ibilometero bikabakaba ibihumbi bitatu. Ntibyari bisanzwe, gusa ndi hano.”

John Feist wanditse akanayobora imigendekere y’amashusho bahuriza ku “gutungurwa n’uburebure bw’imisozi kandi idatengeneje” biboneye mu Rwanda.

Amashusho y’uko byari byifashe mu ikorwa rya ‘Rwanda: The Royal Tour’ agaragaza inseko n’akanyamuneza kuri bose mu ikipe yari kumwe na Perezida Kagame na Peter Greenberg muri urwo rugendo nubwo rutari rworoshye kuko rwasabaga kugera mu bice bihishe bibitse ubwiza nyaburanga bw’igihugu.

Mu bagaragajwe bafatanyije na Peter Greenberg gukora ‘Rwanda: The Loyal Tour,’ filime mbarankuru igaragaramo Perezida Kagame atembera ibice nyaburanga bitandukanye mu gihugu harimo abo baturukanye muri Amerika n’abo bakoranye mu Rwanda.

Raymond Kalisa wo mu Rwanda wafashije ikipe ya Peter Greenberg yavuze ko ikorwa ry’iyi filime mbarankuru ryarangiye baramaze kuba nk’umuryango ku buryo yumvaga bakomeza gukorana n’indi mishinga.

Ati “Narabikunze cyane, twarishimye, byari umwimerere, buri wese yabyiyumvagamo, nta wabonaga umuntu umwe nk’uri hariya cyangwa hano, twese twaryaga amafunguro amwe, tugakora bimwe, tukagenda mu modoka zimwe. Byari byiza cyane.”

Abandi bagize uruhare mu ikorwa ry’aya mashusho harimo Seth Goldman, bafatanyije kuyobora umushinga wayo; Brandon Frazier, wari umuhuzabikorwa; Kallen Barad, wafashe amafoto amwe n’amwe; John Feist, umwanditsi akaba n’umuyobozi w’amashusho; ndetse na Cico Silver wafataga amashusho akoresheje Drone.

Cico Silver yavuze ko imiterere y’u Rwanda yongereye ubwiza amashusho yo mu kirere yafataga.

‘Rwanda: The Royal Tour’ yabanje kwerekanwa mu Mujyi wa Chicago ku wa Mbere, hakurikiraho i New York ndetse iratambuka kuri televiziyo ya PBS/WTTW yo muri Chicago.

Iyi filime izatambuka kuri Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu, taliki 27 Mata saa moya z’umugoroba. Nubwo iri mu Cyongereza, mu kuyereka Abanyarwanda izaba iherekejwe n’amagambo yanditse mu Kinyarwanda.

Undi muhango ukomeye uzerekanirwamo iyi filime mbarankuru utegerejwe muri Kigali Conference & Exhibition Village ku wa Gatandatu, tariki 28 Mata 2018.

Peter usanzwe ari n’Umwanditsi w’Amakuru ajyanye n’Ubukerarugendo, yakoze ibindi byegeranyo ku Rwanda ndetse ku rubuga rwe rwa internet hagaragaraho ikivuga ku rwagwa rw’ibitoki. Iyo nkuru yo mu 2015 igaragaza ko abasura u Rwanda bishimira ingagi zo mu birunga n’ibiribwa bya gakondo bihagaragara bikaba akarusho iyo bigeze ku binyobwa.

Uyu munyamakuru w’inzobere mu by’ubukerarugendo unafite igihembo cya Emmy Award mu mwuga we, ni n’umwe mu bitabiriye ibirori byatangiwemo ibihembo byitwa Los Angeles Travel & Adventure Show, byabaye ku itariki ya 24 na 25 Gashyantare uyu mwaka, aho u Rwanda rwegukanyemo igihembo cya ’Best African Exhibitor Award’.

Icyo gihe mu ijambo yatanze ku bitabiriye ibyo birori, yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bine biri imbere y’ibindi muri Afurika byo gusura mu 2018.

 

Mu nzira bava muri Pariki y’Ibirunga…

 

Perezida Kagame na Greenberg bafashe ifoto y’urwibutso hamwe n’abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo muri Pariki y’Ibirunga

 

Perezida Kagame yajyanye na Peter Greenberg mu Birunga gusura ingagi

 

Ingagi zo mu Birunga zifite akamaro kanini mu bukerarugendo bw’u Rwanda nka kimwe mu byinjiza amadevise menshi mu gihugu

 

Perezida Kagame na Greenberg bavuye muri Pariki y’Ibirunga berekwa imbyino nyarwanda

 

Aha Perezida Kagame yari atwaye Peter Greenberg muri Pariki ya Akagera

 

 

Mu mashusho yafatiwe i Rubavu, Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare

 

Aha Perezida Kagame yerekwaga uko amashusho yari amaze gufatwa ameze

 

Perezida Kagame atwaye ‘Jet Ski’ mu Kivu

 

Perezida Kagame yatemberanye na Peter Greenberg ahantu hatandukanye kugeza no mu Kivu

 

 

Perezida Kagame na Peter Greenberg bakoze urugendo muri Nyungwe ahari ‘Canopy Walkway’

 

 

Muri iyi filime mbarankuru, Perezida Kagame agaragaramo akina tennis, umwe mu mikino akunda cyane

 

Perezida Kagame kandi agaragara ashushanya

 

Nyuma y’urugendo mu bice nyaburanga, Umukuru w’Igihugu na Peter Greenberg bagiranye ikiganiro

 

Muri iyi filimi hazagaragaramo kandi aho Perezida Kagame aba yasuye abana biga mu mashuri abanza

Amafoto: Village Urugwiro

2018-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020
South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 24 Oct 2016
Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame
Amakuru

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru