• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ubwanditsi 03 Dec 2018 UBUKERARUGENDO

Kuva mu mezi make ashize abantu batandukanye by’umwihariko abakurikira imbuga nkoranyambaga zivuga cyane ku birebana n’ingendo, bakomeje kwibaza ku ndege yakozwe n’uruganda Embraer rwo muri Brazil.

Abatari bake bakomeje kwibaza ku byihariye kuri iyi ndege ya Embraer E190-E2, yasizwe irangi ku buryo uyibonye wagira ngo n’ifi nini ya ‘Shark’ izwiho kugira amenyo ateye ubwoba.

Iyi ndege yahawe akazina ka ‘Profit Hunter’ yitezweho guhigika indege nto za Airbus A220 zakozwe ku bufatanye na Bombardier.

Izi zombi zisa n’izihanganye ku isoko nyuma y’uko mu minsi ishize Sosiyete y’Abanyamerika itwara abantu n’ibintu mu ndege ya JetBlue Airways itumije indege 60 za A220, zizayigeraho mu 2020, zikazasimbura izo mu bwoko bwa E2 yari isanzwe ikoresha.

Embraer isanzwe ikora indege nto ariko ntiyacitse intege, kuko yiteze ko udushya dukoranye na E190-E2, turimo amadirishya manini tuzatuma yigarurira isoko ndetse igakundwa n’abagenzi.

Visi perezida w’Ishami rishinzwe imenyekanishabikorwa muri Embraer Commercial Aviation, Rodrigo Silva e Souza, yatangarije CNN Travel ko impamvu iyi ndege bayihaye amadirishya manini ari ukugira ngo urumuri rurusheho kwinjiramo imbere.

Umwanya ushyirwamo ibikapu by’abagenzi, hejuru y’aho baba bicaye wongerewe kugera kuri 40%, kandi abagenzi bicara bisanzuye ku buryo bagira ngo bari mu ndege nini.

Nubwo ariko ngo abari muri iyi ndege bashobora kumva ari nini bitewe n’uburyo yisanzuye, ngo iracyafite umwihariko w’indege zikorwa na Embraer, kuko nta mwanya wo hagati ifite bivuze ko uyirimo yicara yegereye idirishya cyangwa ku ruhande rw’inzira inyurwamo (aisle). Ifite imyanya 114.

Mu rwego rwo gufasha abagenzi kugenda bicaye neza ntawe ubangamira undi kandi ngo hari uburyo intebe z’iyi ndege zishobora gushyirwamo zisumbanye.

Uretse imiterere y’imbere, indege ya E190-E2, inakoresha amavuta make ndetse imbaraga nyinshi zashyizwe mu guharanira ko ikoresha uburyo butuma idahumanya ikirere.

Indege ya mbere ya E190-E2 ariko idafite ariya mabara ayiha ishusho ya ‘Shark’ yashyikirijwe sosiyete ya Widerøe ikorera muri Norvège aho kugeza ubu imaze kugira eshatu zitwara abantu muri iki gihugu.

Flight Global ivuga ko sosiyete zikomeye zo muri Amerika nka SkyWest, Alaska Airlines, Spirit na United ari zimwe mu zamaze kugaraza ko zifuza kugura indege za E2.

Sosiyete ya AerCap isanzwe igurisha indege ku nguzanyo ku masosiyete ari hirya no hino ku Isi nayo yamaze gutumiza indege za E2 zigera kuri 20 zirimo izo mu bwoko bwa E190-E2 na E195-E2 ijyamo abantu 146.

Mu kuyimenyekanisha bayisiza amarangi atuma igira ishusho nk’iya ‘Shark’

Utabanje kwitegereza neza wagira ngo n’ifi ya ‘Shark’

Iyi ndege yitezweho guhangana ku isoko na A220 ya Airbus

Banafite indi yasizwe amarangi asa n’ay’igisamagwe

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Ubwanditsi 22 Apr 2019

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ubwanditsi 29 May 2018
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda
Amakuru

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40
HIRYA NO HINO

Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru