• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Ubwanditsi 21 Oct 2018 POLITIKI

Kabila ari gukina ikarita ye ya nyuma mu gihe abatavuga rumwe nawe byabananiye gushyira hamwe no kumvikana.

Iyo witegereje neza politiki ya Congo mu bibazo irimo ubu, wakuramo ibi bikurikira: Uruhande rumwe ruyobowe na Perezida Kabila ufashe akaboko Shadari yatanzeho umukandida w’ ihuriro FCC, avuga ko ariwe abona wazamusimbura, mu gihe kuri urundi ruhande hari abatavuga rumwe na Kabila bananiwe kumvikana no kwishyira hamwe.

Tubanze twibukuranye ko amatora ari uguhatana kw’abakandida abaturage bihitiramo ukwiriye kubayobora bityo utsinze abandi akajya ku butegetsi bw’ igihugu. Niyo mpamvu muri DRC abakandida 21 bemejwe na komisiyo y’amatora muri iki gihugu (CENI) ubu bakaba baratangiye ibisa no kwiyamamaza kandi igihe kitaragera.

Biraboneka ko hari ibice bibiri umuntu yakwita ko bisa n’ ibihanganye buri ruhande rushaka uwavamo umukuru w’igihugu.

Muri iyo nkubiri ni uko bigaragara ko Kabila adafite inyungu mu gutuma amatora atungana mu gihugu cye kugira ngo atsimbarare ku ubutegetsi kuko n’ ubundi aburiho binyurabije n’itegeko kuko manda ye yarangiye mu ukuboza 2016.

Bigaragara ko guhitamo uwo yerekana ko azamusimbura byaba ari ukuyobya uburari mu rwego rwo kujijisha no kurangaza abaturage n’amahanga bamumereye nabi ngo amatora akorwe byanze bikunze mu kwa 12 uyu mwaka.

Aya matora ubutegetsi bukaba butarigeze buyifuza na mba kuko bwabuze uko buhindura itegeko nshinga kuko opoziyo yaho ikomeye cyane hakiyongeraho n’imibereho y’ abaturage itameze neza. Ntawabura gukeka ko amatora nkayo akozwe habamo uburiganya bwo kwiba amajwi.

Ikarita cyangwa umukino wa Kabila ni kugira ngo agere ku ntego ye yo gutegeka abaturage imashini itora, nayo itavugwaho rumwe kuko opoziyo n’abaturage muri rusange batayemera kuko bakeka ko ariyo kwiba amajwi ku nyungu za Kabila, bityo abaturage bakanga ibyavuye mu matora, hakaba imvururu n’ akavuyo biha amahirwe Kabila kugundira ubutegetsi.

Nk’ uko bishoboka ko Kabila yategereza ku munota wa nyuma agakuraho izo mashini zitora bityo bikaba bidashoboka gukora amatora hakoreshejwe uburyo bumenyerewe bw’ impapuro muri Afrika, amatora akaba yigijweyo ari nako aguma ku ubutegetsi. Birashoboka na none ko amatora yategurwa mu kavuyo maze urukiko rurinda itegeko nshinga rugatesha agaciro ibyayavuyemo ibi nabyo bigaha amahirwe Kabila kuguma ku ubutegetsi kuko itegeko ryaho riteganya ko umukuru w’igihugu avaho ari uko asimbuwe n’uwatowe n’abaturage byemewe n’ amategeko.

Iyi nzira ya nyuma niyo ishoboka cyane iyo witegereje igihe gisigaye n’aho ibintu biriho bigana kuko Shadari ari agakingirizo kagamijwe kurangaza abaturage n’amahanga. Abatavuga rumwe n’ ubutegetsi barimo ibice bibiri. – kimwe kigizwe n’abakandida bemewe na Komisiyo y’amatora, ikindi cy’ abangiwe niyo Komisiyo ari nacyo gikomeye cyo kitemera imashini ikoreshwa mu gutora.

Aba mbere bemera izo mashini ariko bakifuza ko zagenzurwa neza ntihabemo uburiganya n’ubujura bw’amajwi. Mu gihe igice cya kabiri cy’abakandida batemewe badashyigikiye ikoreshwa ryazo kugira ngo abatora bazange noneho habeho imvururu zibahesha amahirwe yo kugaruka mu matora ateguwe neza abemerera kuziyamamaza neza ubutaha.

Kuri uru rwego, abakandida batemewe bakaba bakwiye byihuse kwishyira hamwe no kwishakamo umukandida umwe bose bashyigikiye ngo ahangane na Kabila. Ibintu bisa n’ibyabananiye kuko barangara bakirirwa mu biganiro mpaka gusa aho buri wese akurura yishyira bavuga gusa ku ikoreshwa ry’ imashini itora kandi igenda yihuta ntibazabone igihe cyo kwiyamamaza n’amatora ubwayo yegereje.

Ibi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo barimo niwo mutego Kabila yabateze kandi bawuguyemo, amayeri yo mu rwego rwo hejuru ya Kabila na FCC!! Ntibyoroshye rero kwemeza ko amatora muri Congo azaba vuba kubera ubyo bibazo navuze hejuru byiyongera kukuba mu byukuri CENI ititeguye neza mu by’ amafranga, ibikoresho na tekiniki.

Hatirengagijwe n’umutekano muke mu gice kinini cy’iburasirazuba bw’icyo gihugu byazabangamira amatora. Hari n’ikindi kibazo cya ruswa ikoreshwa mu kugura abanyapolitiki ngo bashyigikire uruhande uru n’uru, ushobora kwibaza uti se bizagenda bite? Aho amatora agana ni muriyo nzira, ahasigaye reka dutegereze.

src: Bwiza,com

2018-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

Ubwanditsi 28 May 2025
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Mulind
    October 22, 20187:54 am -

    Maze gusoma iyi nkuru nasanze ubivuga adakurikira neza ibibera muri Repubulika iharanura Demokarasi ya Coingo.

    Guhera ejo kuwa 23 kugera kuwa 25 Ukwakira 2018, hari inama izabera muri Afurika y’Epfo izahuza abiyamamarije ubuperezida bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Hazaba harimo abemerewe na CENI kimwe n’abangiwe.

    Hagomba rero gutegerezwa ikizava muri iyo nama aho kwemeza ko opposition yananiwe kuvuga rumwe.

    Murakoze

    Mulind

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.
Amakuru

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi
Amakuru

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Ubwanditsi 20 Jul 2021
U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu
POLITIKI

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru