• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Ubwanditsi 21 Oct 2018 POLITIKI

Kabila ari gukina ikarita ye ya nyuma mu gihe abatavuga rumwe nawe byabananiye gushyira hamwe no kumvikana.

Iyo witegereje neza politiki ya Congo mu bibazo irimo ubu, wakuramo ibi bikurikira: Uruhande rumwe ruyobowe na Perezida Kabila ufashe akaboko Shadari yatanzeho umukandida w’ ihuriro FCC, avuga ko ariwe abona wazamusimbura, mu gihe kuri urundi ruhande hari abatavuga rumwe na Kabila bananiwe kumvikana no kwishyira hamwe.

Tubanze twibukuranye ko amatora ari uguhatana kw’abakandida abaturage bihitiramo ukwiriye kubayobora bityo utsinze abandi akajya ku butegetsi bw’ igihugu. Niyo mpamvu muri DRC abakandida 21 bemejwe na komisiyo y’amatora muri iki gihugu (CENI) ubu bakaba baratangiye ibisa no kwiyamamaza kandi igihe kitaragera.

Biraboneka ko hari ibice bibiri umuntu yakwita ko bisa n’ ibihanganye buri ruhande rushaka uwavamo umukuru w’igihugu.

Muri iyo nkubiri ni uko bigaragara ko Kabila adafite inyungu mu gutuma amatora atungana mu gihugu cye kugira ngo atsimbarare ku ubutegetsi kuko n’ ubundi aburiho binyurabije n’itegeko kuko manda ye yarangiye mu ukuboza 2016.

Bigaragara ko guhitamo uwo yerekana ko azamusimbura byaba ari ukuyobya uburari mu rwego rwo kujijisha no kurangaza abaturage n’amahanga bamumereye nabi ngo amatora akorwe byanze bikunze mu kwa 12 uyu mwaka.

Aya matora ubutegetsi bukaba butarigeze buyifuza na mba kuko bwabuze uko buhindura itegeko nshinga kuko opoziyo yaho ikomeye cyane hakiyongeraho n’imibereho y’ abaturage itameze neza. Ntawabura gukeka ko amatora nkayo akozwe habamo uburiganya bwo kwiba amajwi.

Ikarita cyangwa umukino wa Kabila ni kugira ngo agere ku ntego ye yo gutegeka abaturage imashini itora, nayo itavugwaho rumwe kuko opoziyo n’abaturage muri rusange batayemera kuko bakeka ko ariyo kwiba amajwi ku nyungu za Kabila, bityo abaturage bakanga ibyavuye mu matora, hakaba imvururu n’ akavuyo biha amahirwe Kabila kugundira ubutegetsi.

Nk’ uko bishoboka ko Kabila yategereza ku munota wa nyuma agakuraho izo mashini zitora bityo bikaba bidashoboka gukora amatora hakoreshejwe uburyo bumenyerewe bw’ impapuro muri Afrika, amatora akaba yigijweyo ari nako aguma ku ubutegetsi. Birashoboka na none ko amatora yategurwa mu kavuyo maze urukiko rurinda itegeko nshinga rugatesha agaciro ibyayavuyemo ibi nabyo bigaha amahirwe Kabila kuguma ku ubutegetsi kuko itegeko ryaho riteganya ko umukuru w’igihugu avaho ari uko asimbuwe n’uwatowe n’abaturage byemewe n’ amategeko.

Iyi nzira ya nyuma niyo ishoboka cyane iyo witegereje igihe gisigaye n’aho ibintu biriho bigana kuko Shadari ari agakingirizo kagamijwe kurangaza abaturage n’amahanga. Abatavuga rumwe n’ ubutegetsi barimo ibice bibiri. – kimwe kigizwe n’abakandida bemewe na Komisiyo y’amatora, ikindi cy’ abangiwe niyo Komisiyo ari nacyo gikomeye cyo kitemera imashini ikoreshwa mu gutora.

Aba mbere bemera izo mashini ariko bakifuza ko zagenzurwa neza ntihabemo uburiganya n’ubujura bw’amajwi. Mu gihe igice cya kabiri cy’abakandida batemewe badashyigikiye ikoreshwa ryazo kugira ngo abatora bazange noneho habeho imvururu zibahesha amahirwe yo kugaruka mu matora ateguwe neza abemerera kuziyamamaza neza ubutaha.

Kuri uru rwego, abakandida batemewe bakaba bakwiye byihuse kwishyira hamwe no kwishakamo umukandida umwe bose bashyigikiye ngo ahangane na Kabila. Ibintu bisa n’ibyabananiye kuko barangara bakirirwa mu biganiro mpaka gusa aho buri wese akurura yishyira bavuga gusa ku ikoreshwa ry’ imashini itora kandi igenda yihuta ntibazabone igihe cyo kwiyamamaza n’amatora ubwayo yegereje.

Ibi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo barimo niwo mutego Kabila yabateze kandi bawuguyemo, amayeri yo mu rwego rwo hejuru ya Kabila na FCC!! Ntibyoroshye rero kwemeza ko amatora muri Congo azaba vuba kubera ubyo bibazo navuze hejuru byiyongera kukuba mu byukuri CENI ititeguye neza mu by’ amafranga, ibikoresho na tekiniki.

Hatirengagijwe n’umutekano muke mu gice kinini cy’iburasirazuba bw’icyo gihugu byazabangamira amatora. Hari n’ikindi kibazo cya ruswa ikoreshwa mu kugura abanyapolitiki ngo bashyigikire uruhande uru n’uru, ushobora kwibaza uti se bizagenda bite? Aho amatora agana ni muriyo nzira, ahasigaye reka dutegereze.

src: Bwiza,com

2018-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Ubwanditsi 15 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Mulind
    October 22, 20187:54 am -

    Maze gusoma iyi nkuru nasanze ubivuga adakurikira neza ibibera muri Repubulika iharanura Demokarasi ya Coingo.

    Guhera ejo kuwa 23 kugera kuwa 25 Ukwakira 2018, hari inama izabera muri Afurika y’Epfo izahuza abiyamamarije ubuperezida bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Hazaba harimo abemerewe na CENI kimwe n’abangiwe.

    Hagomba rero gutegerezwa ikizava muri iyo nama aho kwemeza ko opposition yananiwe kuvuga rumwe.

    Murakoze

    Mulind

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi  yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko
Amakuru

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru