• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Ubwanditsi 10 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Birasa n’aho amasaha ya Michaëlle Jean nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF ari kugana ku musozo, kuko amahirwe yo kongera gutorerwa indi manda ari kuyoyoka isegonda ku rindi.

Canada n’Intara ya Québec zaraye zimuteye umugongo, zitangaza ko zitazashyigikira kandidatire ye muri aya matora ahubwo ko ziri inyuma y’umukandida w’ibihugu byinshi, Louise Mushikiwabo.

Guterwa umugongo na Canada ni ikintu gikomeye kuko ni kimwe mu bihugu bitera ingabo mu bitugu uyu muryango kuko buri mwaka gitangamo miliyoni 40 z’amadolari yifashishwa mu miyoborere yawo.

Mbere gato y’uko Canada itangaza aho ihagaze kuri iyi kandidatire, abantu bo hafi ya Jean bamufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, bari batangaje ko hari ibitagenda neza.

Umwe muri bo utarashatse ko amazina ye atangazwa, kuri uyu wa Kabiri yabwiye ikinyamakuru National Post cyo muri Canada mu Mujyi wa Toronto ati “turabibona ko ibintu bitari kugenda neza”.

Impuguke yo muri Québec akaba n’Umwanditsi w’ibitabo, Jocelyn Coulon, yatangaje ko urugendo rwa Jean muri OIF rwahinduye icyerekezo ubwo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yatangazaga ko ashyigikiye Mushikiwabo.

Ati “Igihe Perezida w’u Bufaransa yakuragamo akarenge hanyuma akavuga ati ‘Nshigikiye umukandida w’u Rwanda’, ibintu byarahindutse’”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko u Bufaransa bufite gahunda yo kugaragara cyane muri Afurika kuko buri kotswa igitutu n’u Bushinwa n’ibindi bihugu bikomeye.

Yakomeje avuga kandi ko Canada nayo yatangiye gutekereza mu buryo bw’igihe kirekire ku mibanire yayo na Afurika. Ibi yabivugaga mbere y’uko iki gihugu gifata umwanzuro wo gushyigikira umukandida w’uyu mugabane.

Ati “Ubwo abakuru b’ibihugu bose bazaba bicaye ku meza, Canada izabona ko umubare munini, uzaba uvuga mu ijwi ry’u Rwanda hanyuma ubwiganze bugaragare. Canada izabona ko nta wundi wo gushyigikira, hanyuma izashyigikira amahitamo rusange.”

Alupa Clarke, Umudepite wo mu Ntara ya Quebec we yatangaje ko bishoboka ko Abadipolomate ba Canada baba bari gusaba Michaëlle Jean gukuramo kandidatire ye.

Ibi yabishingiraga ku kuba uyu mugore yaranenzwe bikomeye ku mikoreshereze y’umutungo w’uyu muryango.

Ati “Icyiza ni ukumusaba gukuramo kandidatire ye ku bw’ineza y’umuryango n’ikibazo ubwacyo.”

Amakuru atangwa n’abantu bo hafi ya Jean bari kumufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, ni uko abayobozi bamwe bamusabye gukuramo kandidatire ye mbere y’iyi nama izatangira ku wa Kane.

Ngo benshi barashaka ko ikibazo cye gikemuka mbere gusa “byose biri mu maboko ye”.

Uwatanze amakuru yagize ati “Tuzareba aho byerekeza ndetse na kure ashaka kugera. Birasa naho yiteguye gukomeza kugeza umwanzuro ufashwe n’abayobozi.”

Jean yakunze kunengwa uburyo akoresha amafaranga nk’Umuyobozi wa OIF. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ikinyamakuru cyitwa Quebecor cyanditse inkuru zivuga ko hafi igice cya miliyoni y’amadolari yagendeye mu kuvugurura inzu uyu mugore yari atuyemo i Paris.

Yavuzwe ho kandi gukoresha ibihumbi 20 by’amadolari mu kugura ‘Piano’.

Jean mu kwiregura kwe yavuze ko ayo makuru ari ibihimbano. Gusa umwe mu badepite ba Canada yavuze ko ibi ari igisebo ku gihugu.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13

Benshi barakajwe n’uburyo itangazamakuru ryahangayikiye Oprah Winfrey mu mpanuka y’ibyondo yahitanye 13

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka  zikomeye  zibategereje

Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka zikomeye zibategereje

Ubwanditsi 08 Jun 2017
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 10, 20181:49 pm -

    Urwanda rutsinze na Canada??? Kagame oyeee, birasekeje ukuntu politiki ikinwa..nta Ambassade y Abafransa iba iKigali, ariko Macron Kagame yamwemeje ko agomba kwemera candidature ya Mushikiwabo.

    Nyuma yaho uRwanda rwirukaniye Ambassadeur w uBufransa bukamuha amasaha mu Gushyingo 2006, nyuma bagafunga Ecole Francaise, bagaca igifransa nk ururimi, bagasenya Centre Culturel Franco-rwandais amanywa ava n umujinya mwinshi. Nyuma yo kwifatira ku gahanga Abafransa bakabatuka,bakabasebya no kubashinja gukora Jenoside……..Byahinduye isura bemeza Macron, n Afrika yose n Ubulayi none na Canada Kagame arayemeje.

    Ariko icyantangaje ni ukubona Urwanda rwogeza Ubufransa mu gikombe cy isi nagizengo ndi mu nzozi n ubu ndacyarota! Nagize isoni. Ni koko Nta Mwanzi uhoraho muri politiki , nta n umukunzi uhoraho.
    Politiki wee , Ura…ga ..Puuuuuuuuuuu

    Nari nibagiwe kubacira uyu mugani mu gifransa uvuga ngo: ”ON RECULE POUR MIEU SAUTER”.
    Rwanda oyeee, Ruyoboye n isi yose.

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 11, 20189:48 am -

    Dukomeze kubyina intsinzi kuko igihugu cyacu cyinjije igitego. Gusa tunatekereze ibindi byiyongera kubyo dufite. Kuki tudahabwa kuyobora ONU? Nibashaka umudamu wa mbere uyobora uriya umulyanga, turabafite babishoboye rwose. Mperutse gushimishwa no kubona Ange Kagame yicaye mu mwanya w’abahagarariye Urwanda muri LONI maze nibaza impamvu tutayiyobora. aaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaambona dushatse Commonwealth bayiduha ku mbehe ariko kubera umukandida wacu w’indashyikirwa, dukwiye kureba kure. Muri make, reka twige ukuntu twanategeka LONI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza
INKURU NYAMUKURU

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi
ITOHOZA

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel
Mu Rwanda

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel

Ubwanditsi 11 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru