• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Ubwanditsi 10 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Birasa n’aho amasaha ya Michaëlle Jean nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF ari kugana ku musozo, kuko amahirwe yo kongera gutorerwa indi manda ari kuyoyoka isegonda ku rindi.

Canada n’Intara ya Québec zaraye zimuteye umugongo, zitangaza ko zitazashyigikira kandidatire ye muri aya matora ahubwo ko ziri inyuma y’umukandida w’ibihugu byinshi, Louise Mushikiwabo.

Guterwa umugongo na Canada ni ikintu gikomeye kuko ni kimwe mu bihugu bitera ingabo mu bitugu uyu muryango kuko buri mwaka gitangamo miliyoni 40 z’amadolari yifashishwa mu miyoborere yawo.

Mbere gato y’uko Canada itangaza aho ihagaze kuri iyi kandidatire, abantu bo hafi ya Jean bamufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, bari batangaje ko hari ibitagenda neza.

Umwe muri bo utarashatse ko amazina ye atangazwa, kuri uyu wa Kabiri yabwiye ikinyamakuru National Post cyo muri Canada mu Mujyi wa Toronto ati “turabibona ko ibintu bitari kugenda neza”.

Impuguke yo muri Québec akaba n’Umwanditsi w’ibitabo, Jocelyn Coulon, yatangaje ko urugendo rwa Jean muri OIF rwahinduye icyerekezo ubwo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yatangazaga ko ashyigikiye Mushikiwabo.

Ati “Igihe Perezida w’u Bufaransa yakuragamo akarenge hanyuma akavuga ati ‘Nshigikiye umukandida w’u Rwanda’, ibintu byarahindutse’”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko u Bufaransa bufite gahunda yo kugaragara cyane muri Afurika kuko buri kotswa igitutu n’u Bushinwa n’ibindi bihugu bikomeye.

Yakomeje avuga kandi ko Canada nayo yatangiye gutekereza mu buryo bw’igihe kirekire ku mibanire yayo na Afurika. Ibi yabivugaga mbere y’uko iki gihugu gifata umwanzuro wo gushyigikira umukandida w’uyu mugabane.

Ati “Ubwo abakuru b’ibihugu bose bazaba bicaye ku meza, Canada izabona ko umubare munini, uzaba uvuga mu ijwi ry’u Rwanda hanyuma ubwiganze bugaragare. Canada izabona ko nta wundi wo gushyigikira, hanyuma izashyigikira amahitamo rusange.”

Alupa Clarke, Umudepite wo mu Ntara ya Quebec we yatangaje ko bishoboka ko Abadipolomate ba Canada baba bari gusaba Michaëlle Jean gukuramo kandidatire ye.

Ibi yabishingiraga ku kuba uyu mugore yaranenzwe bikomeye ku mikoreshereze y’umutungo w’uyu muryango.

Ati “Icyiza ni ukumusaba gukuramo kandidatire ye ku bw’ineza y’umuryango n’ikibazo ubwacyo.”

Amakuru atangwa n’abantu bo hafi ya Jean bari kumufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, ni uko abayobozi bamwe bamusabye gukuramo kandidatire ye mbere y’iyi nama izatangira ku wa Kane.

Ngo benshi barashaka ko ikibazo cye gikemuka mbere gusa “byose biri mu maboko ye”.

Uwatanze amakuru yagize ati “Tuzareba aho byerekeza ndetse na kure ashaka kugera. Birasa naho yiteguye gukomeza kugeza umwanzuro ufashwe n’abayobozi.”

Jean yakunze kunengwa uburyo akoresha amafaranga nk’Umuyobozi wa OIF. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ikinyamakuru cyitwa Quebecor cyanditse inkuru zivuga ko hafi igice cya miliyoni y’amadolari yagendeye mu kuvugurura inzu uyu mugore yari atuyemo i Paris.

Yavuzwe ho kandi gukoresha ibihumbi 20 by’amadolari mu kugura ‘Piano’.

Jean mu kwiregura kwe yavuze ko ayo makuru ari ibihimbano. Gusa umwe mu badepite ba Canada yavuze ko ibi ari igisebo ku gihugu.

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017
Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 10, 20181:49 pm -

    Urwanda rutsinze na Canada??? Kagame oyeee, birasekeje ukuntu politiki ikinwa..nta Ambassade y Abafransa iba iKigali, ariko Macron Kagame yamwemeje ko agomba kwemera candidature ya Mushikiwabo.

    Nyuma yaho uRwanda rwirukaniye Ambassadeur w uBufransa bukamuha amasaha mu Gushyingo 2006, nyuma bagafunga Ecole Francaise, bagaca igifransa nk ururimi, bagasenya Centre Culturel Franco-rwandais amanywa ava n umujinya mwinshi. Nyuma yo kwifatira ku gahanga Abafransa bakabatuka,bakabasebya no kubashinja gukora Jenoside……..Byahinduye isura bemeza Macron, n Afrika yose n Ubulayi none na Canada Kagame arayemeje.

    Ariko icyantangaje ni ukubona Urwanda rwogeza Ubufransa mu gikombe cy isi nagizengo ndi mu nzozi n ubu ndacyarota! Nagize isoni. Ni koko Nta Mwanzi uhoraho muri politiki , nta n umukunzi uhoraho.
    Politiki wee , Ura…ga ..Puuuuuuuuuuu

    Nari nibagiwe kubacira uyu mugani mu gifransa uvuga ngo: ”ON RECULE POUR MIEU SAUTER”.
    Rwanda oyeee, Ruyoboye n isi yose.

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 11, 20189:48 am -

    Dukomeze kubyina intsinzi kuko igihugu cyacu cyinjije igitego. Gusa tunatekereze ibindi byiyongera kubyo dufite. Kuki tudahabwa kuyobora ONU? Nibashaka umudamu wa mbere uyobora uriya umulyanga, turabafite babishoboye rwose. Mperutse gushimishwa no kubona Ange Kagame yicaye mu mwanya w’abahagarariye Urwanda muri LONI maze nibaza impamvu tutayiyobora. aaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaambona dushatse Commonwealth bayiduha ku mbehe ariko kubera umukandida wacu w’indashyikirwa, dukwiye kureba kure. Muri make, reka twige ukuntu twanategeka LONI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2018
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Ifoto y’umunsi
Mu Mahanga

Ifoto y’umunsi

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru