• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ubwanditsi 14 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe yagiriye mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2018.

Perezida Bongo yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege i Kanombe mu gitondo, yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana.

Abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro muri Village Urugwiro, byibanda ku buhahirane hagati y’ibihugu n’umutekano mu karere nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yabwiye RBA ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Yagize ati “Babanje kuganira ku mubano w’ibihugu byacu byombi, umubano mwiza cyane, dusubiramo ibyo tumaze iminsi dukorana mu byerekeye n’ubutwererane no gukorana, twemeranya ko ari ibikorwa bya politiki, ari ibikorwa by’ubucuruzi, ari ibikorwa by’ishoramari dukwiye gushyiramo ingufu. Ikindi abakuru b’ibihugu baganiriye ni ibijyanye n’umutekano mu Karere ka Afurika yo Hagati.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEAC), uri mu gihe cyo kwivugurura, Perezida Kagame na mugenzi we wa Gabon babiganiriyeho cyane kugira ngo aka karere karusheho kwihuta mu iterambere.

U Rwanda rwongeye kwinjira muri CEAC mu 2015 nyuma y’aho rwari rwarawikuyemo mu 2008. Amasezerano yo kongera kurwakira yasinyiwe i Ndjamena ku wa 25 Gicurasi 2015, ashyirwaho umukono na Perezida Idriss Deby wa Tchad wari uyoboye inama.

CEAC igizwe n’ibihugu 11 birimo, u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroun, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Guinée Equatoriale, Tchad na Sao Tomé-et-Principe.

Uretse ibirebana n’Akarere ka CEAC, u Rwanda na Gabon bifitanye ubuhahirane bumeze neza by’umwihariko RwandAir ikorera ingendo i Libreville mu murwa mukuru w’iki gihugu.

Muri Kamena 2016, u Rwanda na Gabon byakuyeho amafaranga yacibwaga umuntu ukoresheje umurongo wa telefone mu guhamagara hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Ali Bongo wagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda, yahaherukaga mu irahira rya Perezida Kagame ku wa 18 Kanama 2017. Kuri uyu wa Kabiri yavuye i Kigali ku mugoroba.

 

Perezida Kagame ubwo yakiraga Ondimba muri Village Urugwiro ku manywa yo kuri uyu wa Kabiri

 

 

Perezida Kagame yahuye na Ondimba mu gihe ariwe uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

 

 

Perezida Kagame na Ondimba basanzwe bafitanye umubano wihariye

Amafoto: Village Urugwiro


2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo
POLITIKI

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)
SHOWBIZ

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 02 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru