• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nta kibazo ndumva Sendika zo mu Rwanda zateje mu gihugu-Min.Kabarebe

Nta kibazo ndumva Sendika zo mu Rwanda zateje mu gihugu-Min.Kabarebe

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Mu kiganiro yahaye abahagarariye amasendika mu Rwanda, minisitiri w’ingabo James Kabarebe yavuze ko ashimira abagize amasendika akorera mu Rwanda kuko nta kibazo arumva yateje mu gihugu, kabone n’ubwo ibibazo bitabura mu bantu ariko icy’ingenzi ni ugushaka inzira zo kubikemura.

Ibyo yabitangarije i Nyamata ku wa 7 Gicurasi 2017 ubwo abayobozi bagize sendika zibumbiye mu mpuzamasendika eshatu zikorera mu Rwanda (COTRAF, CESTRAR na COSIL) bari mu mwiherero w’iminsi 3 wateguwe na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo MIFOTRA kuva tariki 5 gicurasi, hagamijwe kubaka sendika ishingiye ku ndangagaciro nyarwanda.

Mu kiganiro kirekire minisitiri Kabarebe yabahaye, yagarutse cyane ku mateka y’uko umurimo watangiye, igihe cy’inkundura y’abacakara muri Afurika, uburyo abari abayobozi b’u Rwanda ( Abami) bahagaze ku banyarwanda bituma batajya mu bucakara nk’ibindi bihugu, avuga ku bakoroni n’uburyo nta terambere basigiye u Rwanda bituma abanyarwanda bakwirakwira mu bihugu bya Afurika bashaka abo bakorera kugira ngo babeho, bikaza kuba bibi cyane ubwo mu gihe cya Repubulika abayobozi bariho bimakaje umuco w’amacakubiri nyuma y’aho abanyarwanda bajyaga guca inshuro mu bindi bihugu hiyongeraho n’abahunze ubutegetsi (birukanywe n’ubutegetsi) ibyo bikaba byaratumye u Rwanda rudindira cyane mu imbere.

Yagarutse kandi ku mateka yo kubohora igihugu, cyane cyane ashingiye ku byaranze RPA muri urwo rugamba, aho avuga ko batangira intambara bari bazi neza ko ari urugamba rurerure kubera ko icyari kigambiriwe bitari uguhagarika jenoside gusa ahubwo byari no guhindura politiki yari ho icyo gihe.

Yavuze ko impamvu bashoboye gutsinda uru rugamba ari uko bari bazi neza icyo barwanira kandi barakoze inyigo, abari ku rugamba bakagira ishyaka ryo gukunda igihugu, kwitanga, kugira ikinyabupfura, kumenya guhitamo, ibitekerezo bizima, kwihangana, n’ibindi.

Nyuma yo gufata igihugu rero n’ubundi bagombaga gukomeza urugamba aribyo byajemo za politiki zo guhuza abanyarwanda, guhuza ingabo za RPA na Ex FAR (ibintu bitigeze bibaho mu mateka y’isi aho abari bahanganye bikomeye bivanga nyuma y’igihe kitageze ku mwaka bagafatanya kurwana urugamba), kubaka ibyasenywe, Gacaca, kwishakamo ibisubizo, kwigira, guhanga udushya n’ibindi.

Ibyo byose abiheraho asaba abagize amasendika kugira uruhari rugaragara mu guteza imbere umurimo nk’uko babyiyemeje ariko bakabikora bari mu murongo wo kubaka igihugu bafatanya n’inzego za Leta, kuko iyo uvuye mu murongo wa Leta ushobora kuyoba kandi umuntu akuyobeje ashobora koreka igihugu kandi ntugire icyo ubikoraho cyangwa ntugire igaruriro.

-6526.jpg

Minisitiri w’Ingabo Gen.James Kabarebe

Abandi batanze ibiganiro harimo umunyamabanga uhoraho muri Mifotra Bwana Musonera Gaspard wavuze ko abagize sendika zo mu Rwanda bakwiye kubaka sendika zishingiye ku ndangagaciro Nyarwanda, bakava muri za sendika nyamahanga. ati” politiki ya leta ntabwo ishingira ku nkunga, namwe mwigireho kuko ak’imuhana kaza imvura ihise”.

Ikindi yabasabye ni ukuva muri sendika nko hambere zari uguhangana hagati y’umukozi n’umukoresha ahubwo hubakwe sendika yo gufashanya no kuzuzanya.
Hatanzwe ikiganiro kandi na prof Shyaka Anastase umuyobozi wa RGB, aho yabwiye abagize amasendika ko icyo bakora cyose bazasigara ari abanyarwanda bari mu gihugu cy’u Rwanda bityo bakaba bakwiye kurenga byose bagaharanira inyungu z’igihugu.

Ababwira kandi ko nibihesha agaciro n’aho binjira bazakabaha kuko ngo ‘akeza karigura’ ibi yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cyamubajijwe ko hamwe na hamwe abakoresha banga kwakira abagize amasendika mu bigo byabo.

Muri uyu mwiherero kandi hagaragayemo amasomo yiganjemo imikoro ngiro, aho iyo mikoro ngiro yagiye igereranywa na za sendika herekanwa imitego amasendika ashobora guhura nayo bityo hagashakishwa inzira yo kuyirenga kandi abagize amasendika babonye ko bishoboka.

Umwiherero wasojwe na minisitiri wa MIFOTRA Uwizeye Judith, nawe wasabye abibumbiye mu masendika gufatanya na Leta, kandi abasaba ko inzira zo gukemura ibibazo zidakwiye kurangwa n’amakimbirane.

Twababwira ko mbere y’uko uyu mwiherero utegurwa, abagize amasendika bakunze kurangwa n’umwiryane hagati yabo, aho benshi bitana ba mwana bashinjanya ko bamwe biharira imitungo ishingiye ku mafranga ava mu nkunga zo hanze, bikaba byarateje ubwumvikane buke cyane mu banyamuryango ndetse bigatera icyuho cyatumye amasendika akora nabi.

Ariko nyuma y’uyu mwiherero abagize amasendika bavuyemo biyemeje kwimakaza ingangagaciro za kinyarwanda, bakagira umuco wo kwigira bashyigikira gahunda nziza ziriho, dore ko leta yanabemereye kuzabatera inkunga izabafasha kugera ku mihigo.

M Louise uwizeyimana

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda
Mu Mahanga

Rusizi: Abasirikare b’u Burundi barashe Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu
ITOHOZA

Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru