• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Ubwanditsi 14 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rev. Pasitoro Singirankabo Jean de Dieu, wari umuvugabutumwa mu itorero ADEPR/PCIU, (Ishami ry’itorero ADEPR muri Uganda), yagiye muri Uganda muri 2006 agiye kwiga no gukomereza umurimo w’ivugabutumwa muri ADEPR.

Ni umwe mu Banyarwanda 20 bagejejwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 12 Kamena 2019, nyuma y’igihe kirekire bafungiye muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda.

Bose uko ari 20, ubarebye mu maso bafite integer nke z’umubiri, ndetse iyo bahagaze bamwe muri bo baba bahondobera.

Mu kiganiro kirambuye Singirankabo yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kuva yagera mu gihugu cya Uganda nta kibazo yigeze ahura nacyo ku giti cye, cyangwa se itorero ADEPR yakoreragamo ubutumwa muri Uganda.

Iryo torero ryari rimaze kwaguka muri icyo gihugu, kuburyo ubu ryari rimaze gufungura amashami mu turere 48, rihafite ibiro, abakozi, ndetse n’imitungo.

Ibibazo byo gufungwa ku Banyarwanda baba muri Uganda muri rusange byatangiye mu mwaka wa 2017, ariko ku bayoboke cyangwa abayobozi mu itorero rya ADEPR/Uganda, byatangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2019.

Agira ati “Kuva mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka hatangiye kuba ibibazo byinshi, bagafata abanyarwanda bakabafunga, ariko byagera ku itorero ukabona byafashe indi sura. Mu kwezi kwa Werurwe abashumba benshi batangiye kugaruka mu Rwanda, abandi barahunga”.

Pasitoro Singirankabo avuga ko icyo gihe babwirwaga ko abayoboke, abakozi ndetse n’abashumba bo mu itorero rya ADEPR/Uganda, ari intasi za Leta y’u Rwanda biyitirira itorero bakajya kuneka igihugu cya Uganda.

Ati “Baratubwiye ngo iri torero niryo intasi za Kagame zinyuramo zije gutata Uganda. Tubabwira ko twe turi abapasitoro ntaho duhuriye na politiki, ariko bo bakavuga ko nta makuru dufite, ko ikigamijwe ari ugusenya ADEPR bagahiga umunyarwanda wese”.

Ku giti cye, Pasitiro Singirankabo yafashwe tariki ya 21 Gicurasi 2019, hamwe n’abandi bavugabutumwa batatu.

Kuva ubwo bafungiwe muri gereza z’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza muri Uganda (CMI), ahitwa Mbuya, na Kireka.

Iminsi yose bamaze bafunzwe bakorewe iyicarubozo ku buryo butandukanye harimo gukubitwa, kwicishwa inzara, n’ibindi.

Ni nako kandi bakomezaga kubazwa n’urwego rwa CMI, bahatirwa kwemera ko ari abasirikare cyangwa se abapolisi b’u Rwanda.

Singirankabo n’ikiniga ati “Jye baramvunaguye, barankubise umubiri wose mfite inkoni, mu mugongo, ku kibuno ndetse no hejuru y’ubugabo,…Gusa ubu twageze mu Rwanda turi guhabwa imiti nta kibazo”.

Uwitwa Hategekimana Silas nawe uri mu banyarwanda bari bafungiye muri Uganda, avuga ko bishimiye ko bageze mu Rwanda, kandi ko ubu umutekano wabo wongeye kuba mwiza.

Hategekimana ariko avuga ko bahangayikishijwe n’imiryango yabo yasigaye muri Uganda ishobora gufungwa ishinjwa kuba maneko, nyamara ari abaturage bagiye gushaka ubuzima.

Hategekimana Silas nawe amaze igihe afungiye muri Uganda
Hategekimana Silas nawe amaze igihe afungiye muri Uganda

Ati “Dufite akababaro n’intimba ku miryango yacu iri hariya, iri guhigwa kandi itazi icyo izira. Abenshi bagiye bagiye kwishakira imibereho”.

Aba banyarwanda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu, bavuga ko abafatwa bagafungwa ari abanga kwifatanya n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyo mitwe ifite abayoboke bayo muri Uganda barimo n’Abanyarwanda.

Abanyarwanda 20 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu
Abanyarwanda 20 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda kuwa gatatu

Ubwo bagezwaga mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa gatatu, tariki 12 Kamena 2019, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ufite mu nshingano ze, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yihanganishije abo Banyarwanda n’imiryango yabo kubera akaga bahuriye na ko muri Uganda.

Yagize ati “Uko gufungwa mu buryo budakurikije amategeko, uko gufatwa nabi ndetse no kwirukanwa, ni zo mpamvu Guverinoma y’u Rwanda ishingiraho igira abaturage bacu inama yo kwirinda kujya muri Uganda.”

Ambasaderi Nduhungirehe yasabye Igihugu cya Uganda guhagarika imikoranire yacyo n’imitwe y’iterabwoba irimo na RNC, igira uruhare mu gufunga mu buryo butemewe Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo.

Src : KT

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Ubwanditsi 06 Jan 2025
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo
Mu Rwanda

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina
Amakuru

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru